15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

bukwe.” 586 Ariko bagomba gusobanukirwa n’umurimo we, kandi bakamukurikira kubwo<br />

kwizera mu gihe yinjira akajya imbere y’Imana. Ni muri ubwo buryo bivugwa ko binjiranye<br />

nawe mu bukwe.<br />

Mu mugani, abakobwa bari bafite amavuta mu macupa yabo ndetse n’amatara yabo, ni bo<br />

binjiye mu bukwe. Abari bazi ukuri bakuye mu Byanditswe kandi bakaba bari bafite na<br />

Mwuka ndetse n’ubuntu bw’Imana, kandi bari barategereje bihanganye, biga Bibiliya kugira<br />

ngo babone umucyo uruseho muri rya joro ryo kugeragezwa kwabo gukomeye, abo ni bo<br />

babonye ukuri kwerekeye ubuturo bwera bwo mu ijuru kandi bamenya uko Umukiza<br />

yahinduye umurimo we. Bityo kubwo kwizera bakurikiraga Umukiza mu murimo yakoreraga<br />

mu buturo bwera bwo mu ijuru. Kandi rero abantu bose bemera uko kuri binyuze mu buhamya<br />

bw’Ibyanditswe Byera, kubwo kwizera bagakurikira Kristo aho yinjira imbere y’Imana<br />

kugira ngo akore umurimo uheruka w’ubuhuza, kandi ku iherezo ryawo agahabwa ubwami<br />

bwe - abo bose bagaragazwa nk’abinjira mu bukwe.<br />

Mu mugani wanditswe muri Matayo 22, iyo shusho y’ubukwe yarakoreshejwe kandi<br />

urubanza rw’igenzura rugaragazwa neza ko rubaho mbere y’ubukwe. Mbere y’uko ubukwe<br />

butangira, Umwami yinjiye kureba abatumirwa, 587 kugira ngo arebe ko bose bambaye<br />

umwambaro w’ubukwe, umwambaro uraga imico idafite ikizinga “yameshwe kandi<br />

yejeshejwe amaraso y’Umwana w’Intama.” 588 Uwasanzwe atambaye umwambaro<br />

w’ubukwe, yajugunwe hanze; ariko abantu bose basanzwe bambaye umwambaro w’ubukwe,<br />

bemewe n’Imana kandi baboneka ko bakwiye kugira umugabane mu bwami bwayo no<br />

kwicarana nayo ku ntebe yayo y’ubwami. Uwo murimo wo kugenzura imico, wo kwemeza<br />

abiteguye ubwami bw’Imana, ni umurimo w’urubanza rw’igenzura, ari wo murimo uruheruka<br />

mu buturo bwera bwo mu ijuru.<br />

Igihe umurimo w’igenzura uzaba urangiye, ubwo imanza z’abantu bo mu bihe byose<br />

bavuze ko ari abayoboke ba Kristo zizaba zimaze gusuzumwa no gufatirwa umwanzuro, icyo<br />

gihe ni bwo igihe cy’imbabazi kizaba kirangiye, kandi urugi rw’imbabazi ruzakingwa. Bityo<br />

iyi nteruro ngufi ngo, “abari biteguye binjirana na we mu bukwe, maze urugi rurakingwa,”<br />

itwerekeza ku mu murimo uheruka w’Umukiza, ku gihe umurimo ukomeye ugendereye<br />

agakiza k’umuntu uzaba urangiye.<br />

Mu murimo wakorerwaga mu buturo bwera bwo ku isi, nk’uko twabibonye, wari ishusho<br />

y’umurimo ukorerwa mu buturo bwo mu ijuru. Igihe umutambyi mukuru yinjiraga ahera<br />

cyane ku munsi w’impongano, umurimo wakorerwaga mu cyumba cya mbere (ahera) wabaga<br />

uhagaze. Imana yari yarategetse iti: “Ntihakagire umuntu uba mu ihema ry’ibonaniro, Aroni<br />

agiye kwinjira Ahera kuhahongerera ibyaha, kugeza aho asohokeye, amaze kwihongerera<br />

n’inzu ye n’iteraniro ry’Abisirayeli ryose.” 589 Bityo, igihe Kristo yinjiraga ahera cyane<br />

agiye gukora umurimo uheruka wo guhongerera, yahagaritse icyo yakoreraga mu cyumba cya<br />

mbere. Ariko ubwo umurimo wakorerwaga mu cyumba cya mbere wahagararaga, umurimo<br />

wo mu cyumba cya kabiri waratangiye. Mu muhango wari igishushanyo, igihe ku munsi<br />

313

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!