15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

kwemeza abatubaha Imana bose ukuri kw’imirimo yose yo kutubaha Imana bakoze batubaha<br />

Imana, n’amagambo yose akomeye abanyabyaha batubaha Imana bayitutse.” 581 Uko kuza<br />

no kuza k’Umukiza aje mu rusengero rwe, ni ibintu bibiri bitandukanye.<br />

Kuza kwa Kristo nk’Umutambyi wacu Mukuru aje ahera cyane agiye kweza ubuturo<br />

bwera, kwavuzwe muri Daniyeli 8:14; kuza k’Umwana w’umuntu aje umujyo umwe asanga<br />

wa Mukuru nyir’ibihe byose kuvugwa muri Daniyeli 7:13; ndetse no kwinjira kw’Umukiza<br />

mu rusengero rwe nk’uko byavuzwe na Malaki: ibyo byose ni ibivuga ikintu kimwe; kandi<br />

ibi na none bishushanywa no kuza k’umukwe aje mu birori by’ubukwe kwavuzwe na Kristo<br />

mu mugani w’abakobwa uri muri Matayo 25.<br />

Mu gihe cy’impeshyi n’icy’umuhindo by’umwaka wa 1844, hatanzwe ubutumwa ngo:<br />

“Umukwe araje, nimusohoke mumusanganire!” Amatsinda abiri y’abantu agereranywa<br />

n’abakobwa b’abanyabwenge n’abakobwa b’abapfu yaragaragaye. Itsinda rimwe ryari<br />

ritegerezanyije ibyishimo kugaruka k’Umukiza, kandi abo bari bariteguye kujya<br />

kumusanganira badakebakeba. Irindi tsinda ry’abantu bari barakoreshejwe n’ubwoba no<br />

kwitabira batabanje gutekereza, bari baranyuzwe n’ukuri ko mu magambo gusa nyamara nta<br />

buntu bw’Imana bafite. Mu mugani ubwo umukwe yazaga, “abari biteguye binjiranye na we<br />

mu bukwe, urugi rurakingwa.” Ukuza k’umukwe kuvugwa hano, kubaho mbere y’ubukwe<br />

nyirizina. Ubukwe bushushanya Kristo ahabwa ubwami bwe. Umurwa Wera, Yerusalemu<br />

Nshya, ari yo murwa mukuru w’ubwami, yitwa “umugeni, umugore w’Umwana w’Intama.”<br />

Marayika yabwiye Yohana ati: “Ngwino, nkwereke umugeni, umugore w’Umwana<br />

w’Intama.” Umuhanuzi aravuga ati: “Anjyana ku musozi munini kandi muremure ndi mu<br />

Mwuka, anyereka ururembo rwera Yerusalemu, rumanuka ruva mu ijuru ku Mana.” 582 Mu<br />

buryo bugaragara, umugeni ashushanya Umurwa Wera kandi abakobwa bagiye gusanganira<br />

umukwe bashushanya itorero. Mu Byahishuwe ubwoko bw’Imana buvugwa ko bwatorewe<br />

ubukwe bw’Umwana w’Intama. 583 Niba ari abatorewe ubukwe na none ntibashobora<br />

gushushanya umugeni. Nk’uko byavuzwe n’umuhanuzi Daniyeli, Kristo azahabwa “ubutware<br />

n’icyubahiro n’ubwami,” n’Umukuru nyir’ibihe byose. Azahabwa Yerusalemu nshya,<br />

umurwa mukuru w’ubwami bwe, “yatunganyijwe nk’uko umugeni arimbishirizwa umugabo<br />

we.” 584 Ubwo azaba amaze guhabwa ubwami, azagaruka mu ikuzo rye, ari Umwami<br />

w’abami, Umutware utwara abatware, aje gucungura abe “bazicarana na Aburahamu na Isaka<br />

na Yakobo,” 585 ku meza ye mu bwami bwe (Matayo 8:11; Luka 22:30), kugira ngo<br />

basangirire mu bukwe bw’Umwana w’Intama.<br />

Mu mpeshyi y’umwaka wa 1844 itangazo ngo: “Dore Umukwe araje,” ryateye abantu<br />

ibihumbi byinshi kwitega ko Umukiza agiye guhita aza. Igihe cyavuzwe kigeze, Umukwe<br />

yaraje, nyamara ntiyaje ku isi nk’uko abantu bari babyiteze, ahubwo yasanze Umukuru<br />

nyir’ibihe byose mu ijuru, ajya mu bukwe, kugira ngo ashyikirizwe ubwami bwe. “Nuko abari<br />

biteguye binjirana nawe mu bukwe, maze urugi rurakingwa.” Ntabwo abantu ubwabo<br />

bagombaga kuba mu bukwe, kuko ubwo bukwe bwabereye mu ijuru, kandi bo bakaba bari<br />

bakiri ku isi. Abayoboke ba Kristo bagomba “gutegereza shebuja, aho agarukira ava mu<br />

312

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!