15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Uko kuza kwe kandi kwanavuzwe n’umuhanuzi Malaki ati: “Dore nzatuma integuza<br />

yanjye, izambanziriza, intunganyirize inzira; Umwami mushaka azaduka mu rusengero rwe,<br />

kandi intumwa y’isezerano mwishimira dore iraje.” Ni ko Uwiteka nyiringabo avuga.” 574<br />

Kuza k’Umukiza mu rusengero rwe kwarihuse kandi ntikwari kwitezwe n’ubwoko bwe.<br />

Ntabwo ubwoko bwe bwari bwiteze kumubona aho. Ahubwo bibwiraga kumubona aje ku isi<br />

aje “hagati y’umuriro waka, ngo ahore inzigo abatamenye Imana n’abatumvira ubutumwa<br />

bwiza bw’Umwami wacu Yesu.” 575<br />

Nyamara ntabwo abantu bari biteguye gusanganira Umukiza wabo. Hari hakiriho<br />

umurimo wo kwitegura wagombaga kubakorerwa. Hagombaga gutangwa umucyo wo<br />

kwerekeza intekerezo zabo ku ngoro y’Imana mu ijuru; kandi kubwo kwizera uko<br />

bashoboraga gukurikira Umutambyi wabo Mukuru mu mirimo yahakoreraga, bari<br />

guhishurirwa inshingano nshya bagomba kuzuza. Hari ubundi butumwa bw’imbuzi<br />

bwagombaga kubwirwa itorero.<br />

Umuhanuzi aravuga ati: “Ni nde uzabasha kwihangana ku munsi wo kuza kwe? Kandi ni<br />

nde uzahagarara, ubwo azaboneka? Kuko ameze nk’umurimo w’umucuzi, n’isabune<br />

y’abameshi. Kandi azicara nk’ucura ifeza akayitunganya akayimaramo inkamba;<br />

azatunganya abahungu ba Lewi, abacenshure nk’uko bacenshura izahabu n’ifeza, maze<br />

bazature Uwiteka amaturo bakiranutse.” 576 Abazaba bakiri ku isi ubwo Kristo azahagarika<br />

kuvuganira abanyabyaha mu buturo bwera bwo mu ijuru, bazaba bagomba guhagarara imbere<br />

y’Imana yera badafite ubahuza nayo. Amakanzu yabo agomba kuba azira kubaho ikizinga,<br />

imico yabo igomba kuba yejejweho icyaha n’amaraso y’Umukiza yasheshwe. Kubw’ubuntu<br />

bw’Imana no kubw’umuhati wabo udacogora, bagomba kuba abaneshi mu ntambara barwana<br />

n’ikibi. Mu gihe urubanza rugenzura rugikomeza gukorwa mu ijuru, kandi ibyaha<br />

by’abanyabyaha bihana bikaba biri gukurwa mu buturo bwera, hagomba gukorwa umurimo<br />

udasanzwe wo kwezwa no kuzinukwa icyaha mu bana b’Imana bakiri ku isi. Uyu murimo<br />

uvugwa mu buryo busobanutse mu butumwa bwo Byahishuwe 14.<br />

Igihe uwo murimo uzaba urangiye, abayoboke ba Kristo bazaba biteguye kuza kwe.<br />

“Maze amaturo y’i Buyuda n’i Yerusalemu azanezeze Uwiteka, nk’uko yamunezezaga mu<br />

minsi ya kera, no mu myaka yashize.” 577 Bityo rero itorero Umukiza wacu azakira ubwo<br />

azaba agarutse rizaba, “rifite ubwiza, ridafite ikizinga cyangwa umunkanyari cyangwa ikindi<br />

kintu gisa gityo.” 578 Maze iryo torero rizaba “ari ryiza nk’ukwezi, rirabagirana<br />

nk’ikizubazuba, riteye ubwoba nk’igitero cy’ingabo zigendana ibendera.” 579<br />

Uretse ukuza k’Umukiza aje mu ngoro ye, umuhanuzi Malaki yanavuze ibyo kugaruka<br />

kwe, ubwo azaba aje kurangiza urubanza ati: “Kandi nzabegera nce urubanza; nzabanguka<br />

gushinja abarozi n’abasambanyi n’abarahira ibinyoma, n’abima abakozi ibihembo byabo,<br />

bakarenganya abapfakazi n’imfubyi, bakagirira nabi umunyamahanga, kandi ntibanyubahe.<br />

Niko Uwiteka Nyiringabo avuga.” 580 Yuda nawe yabivuzeho agira ati: “Dore, Uwiteka<br />

yazanye n’inzovu nyinshi z’abera, kugira ngo agirire bose ibihura n’amateka baciriweho, no<br />

311

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!