15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 24 – Ahera Cyane<br />

Ingingo ivuga iby’ubuturo bwera ni yo yabaye urufuguzo rw’ubwiru bwo gucika intege<br />

gukomeye kwabayeho mu mwaka wa 1844. Iyo ngingo yashyize ahagaragara ukuri kuzuye<br />

gufitanye isano kandi kutanyuranya kwerekanaga ko ukuboko kw’Imana kwari kwarayoboye<br />

itsinda rikomeye ryigishaga ubutumwa bwo kugaruka kwa Kristo. Iyo ngingo kandi<br />

yahishuye inshingano y’umurimo wagombaga gukorwa kubera ko yagaragazaga uko ubwoko<br />

bw’Imana bumeze muri icyo gihe ndetse n’umurimo wabwo. Nk’uko nyuma ya rya joro ribi<br />

ry’umubabaro no kwiheba abigishwa ba Yesu bari “basabwe n’ibyishimo ubwo babonaga<br />

Umukiza,” ni ko abari bategereje kugaruka kwa Kristo buzuye kwizera bari bishimye. Bari<br />

bariringiye kuzamubona aje mu ikuzo aje kugororera abagaragu be. Ubwo ibyiringiro byabo<br />

byabaga ubusa, ntibari bakibona Yesu maze igihe bari bahagaze ku gituro cye, bafatanya na<br />

Mariya kurira bati: “Bakuyemo Umwami wanjye, sinzi aho bamushyize.” Nuko bongeye<br />

kumwitegereza ari ahera cyane, we Mutambyi wabo mukuru wuzuye impuhwe wagombaga<br />

kuza bidatinze nk’umwami wabo n’umucunguzi. Umucyo waturukaga mu buturo bwera<br />

warabamurikiye basobanukirwa ibihe byashize, ibiriho n’ibizaza. Bari bazi ko Imana<br />

yabayoboje uburinzi bwayo budakebakeba. Nk’uko byagendekeye abigishwa ba mbere,<br />

nubwo bo ubwabo batasobanukiwe neza n’ubutumwa bavugaga, ariko bwari ukuri mu ngingo<br />

zose. Ubwo babwamamazaga, basohoje umugambi w’Imana, kandi umurimo wabo ntiwabaye<br />

imfabusa ku Mwami. “Bavutse bushya bagira ibyiringiro bizima,” kandi bishimye “ibyishimo<br />

bitavugwa ndetse buzura ikuzo.”<br />

Ubuhanuzi bwa Daniyeli 8:14, buvuga ngo: “Bizageza iminsi ibihumbi bibiri na magana<br />

atatu uko bukeye bukira, nyuma ubuturo bwera buzabone kwezwa,” n’ubutumwa bwa<br />

marayika wa mbere buvuga ngo: “Nimwubahe Imana muyihimbaze, kuko igihe cyo gucira<br />

abantu urubanza gisohoye,” bwombi bwerekezaga ku murimo Kristo akorera ahera cyane, ku<br />

rubanza rw’igenzura, ntabwo bwerekezaga ku kugaruka kwa Kristo aje gucungura ubwoko<br />

bwe no kurimbura abanyabyaha. Ntabwo ikosa ryari ryarabaye mu buryo basobanuraga ibihe<br />

by’ubuhanuzi, ahubwo ryari ku cyagombaga kubaho ku iherezo ry’iminsi 2300. Bitewe n’iryo<br />

kosa, abizera bari barahuye no gucika intege, nyamara ibyari byaravuzwe n’ubuhanuzi byose<br />

ndetse n’ibindi byose byari byaravuzwe n’Ibyanditswe, byari byarasohoye. Igihe barizwaga<br />

n’uko ibyiringiro byabo bitasohoye, nibwo habayeho icyari cyaravuzwe n’ubutumwa bari<br />

barizeye kandi kigomba kubaho mbere y’uko Umukiza aza kugororera abagaragu be.<br />

Kristo yari yaraje, ariko ntiyaje ku isi nk’uko bari babyiteze, ahubwo nk’uko byajyaga<br />

bigaragazwa mu buryo bw’ibishushanyo, Kristo yagiye ahera cyane h’ingoro y’Imana mu<br />

ijuru. Daniyeli amwerekana nk’uwaje icyo gihe agasanga Umukuru nyir’ibihe byose agira ati:<br />

“Hanyuma nkitegereza ibyo neretswe nijoro, mbona haje usa n’umwana w’umuntu, aziye mu<br />

bicu byo mu ijuru, aza umujyo umwe, ntiyaje ku isi ahubwo “yasanze wa Mukuru nyir’ibihe<br />

byose, bamumugeza imbere.” 573<br />

310

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!