15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

gitambo maze akaminjagira ayo maraso ku ntebe y’ihongerero yabaga hejuru y’amategeko<br />

kugira ngo yuzuze ibyo ayo mategeko asaba. Hanyuma, nk’umuhuza umutambyi,<br />

yishyiragaho ibyaha maze akabikura mu buturo bwera. Yashyiraga ibiganza bye ku mutwe<br />

w’isekurume y’ihene yo koherwa maze akayitondaguriraho ibyaha byose byakozwe, bityo<br />

muri ubwo buryo bw’igishushanyo akaba abyikuyeho abishyize kuri iyo hene. Bityo, iyo hene<br />

yajyanaga ibyo byaha mu butayu maze bigafatwa ko bitandukanyijwe n’ubwoko<br />

bw’Abisiryeli by’iteka ryose.<br />

Uwo ni wo murimo wakorwaga “nk’ishusho n’igicucu cy’ibyo mu ijuru.” Bityo rero,<br />

ibyakorwaga mu buryo bw’igishushanyo mu buturo bwera bwo ku isi, mu by’ukuri ni byo<br />

bikorerwa mu buturo bwo mu ijuru. Umukiza amaze kuzamuka mu ijuru yatangiye umurimo<br />

we nk’umutambyi wacu mukuru. Pawulo abivuga agira ati: “Kuko Kristo atinjiye ahera<br />

haremwe n’intoki, hasuraga ha handi h’ukuri, ahubwo yinjiye mu ijuru ubwaho, kugira ngo<br />

none ahagarare imbere y’Imana ku bwacu.” 570<br />

Umurimo umutambyi yakoreraga mu cyumba cya mbere cy’ubuturo bwera mu mwaka<br />

wose, “inyuma y’umwenda” wari ukinze urwinjiriro kandi watandukanyaga ahera no hanze<br />

mu rugo, uwo murimo ushushanya umurimo wa Kristo yatangiye akimara kuzamuka mu<br />

ijuru. Mu byo yakoraga buri munsi, umutambyi yari afite umurimo wo kujyana imbere<br />

y’Imana amaraso y’igitambo cy’ibyaha n’umubavu uhumura neza w’ubutungane bwe<br />

n’amasengesho y’abizeraga bihannye. Uwo ni wo wari umurimo wakorerwaga mu cyumba<br />

cya mbere cy’ubuturo bwo mu ijuru.<br />

Aho ni ho abigishwa ba Kristo berekeje ukwizera kwabo bamukurikije amaso ubwo<br />

yazamurwaga mu ijuru atandukanye na bo. Aho ni ho ibyiringiro byabo byari bishingiye, ari<br />

byo Pawulo yavuze ati: “Ibyo byiringiro tubifite nk’igitsika umutima, gikomeye kandi<br />

gishikamye, cyinjira hirya y’umwenda ukingiriza Ahera cyane, aho Yesu yatwinjiriye<br />

atubanjirije, amaze guhinduka Umutambyi mukuru iteka ryose mu buryo bwa Melikisedeki.”<br />

“Kandi ntiyinjijwe Ahera cyane n’amaraso y’ihene cyangwa n’ay’ibimasa, ahubwo<br />

yahinjijwe rimwe n’amaraso ye amaze kutubonera gucungurwa kw’iteka.” 571<br />

Uwo murimo w’ubutambyi wakomeje gukorerwa mu cyumba cya mbere cy’ubuturo<br />

bwera bwo mu ijuru mu gihe cy’ibinyejana cumi n’umunani. Amaraso ya Kristo wasabiraga<br />

abanyabyaha bihana, yabahesheje imbabazi no kwemerwa n’Imana, nyamara ibyaha byabo<br />

byakomeje kwandikwa mu gitabo cy’urwibutso. Nk’uko mu muhango wo mu buturo bwo ku<br />

isi habagaho umuhango wo guhongerera ku iherezo ry’umwaka, ni ko na none mbere y’uko<br />

umurimo wa Kristo kubwo gucungura abantu urangira, hariho umurimo wo guhongerera<br />

kugira ngo ukure icyaha mu buturo bwera. Uyu ni wo murimo watangiye igihe iminsi 2300<br />

yarangiraga. Icyo gihe, nk’uko byari byaravuzwe n’umuhanuzi Daniyeli, Umutambyi wacu<br />

mukuru yinjiye ahera cyane kugira ngo akore umugabane uheruka w’umurimo we ukomeye<br />

- ari wo wo kweza ubuturo bwera.<br />

308

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!