15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

ndetse n’umurimo ukomeye uhakorerwa kubwo gucungurwa k’umuntu, byigishwaga<br />

n’ubuturo bwera bwo ku isi n’imirimo yabukorerwagamo.<br />

Ahera h’ubuturo bwera bwo mu ijuru hahagarariwe n’ibyumba bibiri byabaga mu buturo<br />

bwera bwo ku isi. Ubwo yari mu iyerekwa, intumwa Yohana yahawe kwitegereza ingoro<br />

y’Imana mu ijuru, yahabonye “amatabaza arindwi yaka umuriro yamurikiraga imbere y’iyo<br />

ntebe.” 552 Yabonye umumarayika “afite icyotero cyacuzwe mu izahabu, ahabwa imibavu<br />

myinshi, ngo ayongere ku masengesho y’abera bose, ayishyire ku gicaniro cy’izahabu kiri<br />

imbere ya ya ntebe.” 553 Muri iri yerekwa, umuhanuzi yemerewe kwitegereza icyumba cya<br />

mbere cy’ubuturo bwera bwo mu ijuru; maze abonayo “amatabaza arindwi yaka” n’“igicaniro<br />

cy’izahabu,” byashushanywaga n’igitereko cy’amatabaza gicuzwe mu izahabu n’igicaniro<br />

cy’imibavu byo mu buturo bwera bwo ku isi. Na none, “urusengero rw’Imana mu ijuru<br />

rwarakinguwe,” (Ibyahishuwe 11:19), maze Yohana abona hirya y’umwenda<br />

watandukanyaga ibyumba bibiri by’ihema ry’ibonaniro bityo areba ahera cyane. Aho hantu<br />

yahabonye “isanduku y’isezerano ry’Imana,” yashushanywaga n’isanduku yera yakozwe na<br />

Mose kugira ngo ibikwemo amategeko y’Imana.<br />

Bityo, abigaga iyo ngingo babonye igihamya kidashidikanywaho cy’uko mu ijuru hari<br />

ubuturo bwera. Mose yubatse ubuturo bwo ku isi akurikije icyitegererezo yeretswe. Pawulo<br />

yigisha ko icyo cyitegererezo cyari cyo buturo nyakuri buri mu ijuru.<br />

Mu buturo bwo mu ijuru, aho Imana iganje, ingoma yayo ishingiye ku butungane<br />

n’urubanza. Ahera cyane ni ho hari amategeko yayo, ari yo agaragaza ibitunganye kandi<br />

abantu bose bagomba gusuzumishwa. Isanduku ibitswemo ibisate bibiri byanditsweho<br />

amategeko ipfundikijwe intebe y’imbabazi (intebe y’ubuntu), imbere yayo ni ho Kristo<br />

asabira umunyabyaha kubw’amaraso Ye. Ni muri ubwo buryo hariho ishusho y’ubumwe<br />

hagati y’ubutabera n’imbabazi mu nama yo gucungura umuntu. Ubwo bumwe bwashoboraga<br />

gutegurwa n’ubwenge bw’Imana yonyine kandi ubushobozi bwa Yo bwonyine ni bwo<br />

bwashoboraga kubusohoza. Ni ubumwe bwuzuza ijuru ryose gutangara no kuramya.<br />

Abakerubi bo mu buturo bwera ku isi, bari berekeje amaso ku ntebe y’ihongerero bubashye,<br />

bashushanyaga uko ingabo zo mu ijuru zitaye ku kwitegereza umurimo wo gucungura<br />

umuntu. Aha niho hagaragarira ubwiru bw’imbabazi. Abamarayika bifuza kwitegereza uko<br />

Imana ikiranuka mu kugira intungane umunyabyaha wihanye kandi ikavugurura umubano<br />

wayo n’inyokomuntu yacumuye; kandi ko Kristo yashoboraga guca bugufi kugira ngo<br />

azahure abantu benshi batabarika abakure mu rwobo rw’irimbukiro maze abambike<br />

imyambaro izira ikizinga y’ubutungane bwe kugira ngo abinjize mu muryango<br />

w’abamarayika batigeze bacumura, kandi ngo bazabe imbere y’Imana ubuziraherezo.<br />

Umurimo wa Kristo nk’usabira umuntu ku Mana ugaragarira muri bwa buhanuzi bwiza<br />

bwa Zekariya bwerekeje kuri wa wundi “witwa Shami.” Umuhanuzi Zekariya aravuga ati:<br />

“Azubaka urusengero rw’Uwiteka , azagira icyubahiro, azicara ku ntebe y’ubwami ategeke;<br />

kandi azaba umutambyi ku ntebe ye; bombi bazahuza inama zizana amahoro.” 554<br />

304

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!