15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

ijuru, ukorera Ahera ho mu ihema ry’ukuri, iryo abantu batabambye ahubwo ryabambwe<br />

n’Umwami Imana.” 548<br />

Muri iyi mirongo haragara ubuturo bwera bw’isezerano rishya. Ubuturo bwera<br />

bw’isezerano rya mbere bwubatswe n’umuntu, bwubatswe na Mose; ariko ubu bwo<br />

bwubatswe n’Uwiteka ubwe ntabwo ari umuntu. Muri ubwo buturo bwera, ni ho abatambyi<br />

bo ku isi bakoreraga umurimo wabo; ariko muri ubu bwo, Kristo ubwe, we Mutambyi wacu<br />

Mukuru uruta bose, ni we ukorera iburyo bw’Imana. Ubuturo bwera bumwe bwari buri ku isi<br />

, ariko ubundi buri mu ijuru.<br />

Ikindi kandi, ihema ry’ibonaniro ryubatswe na Mose ryari ryakozwe hakurikijwe<br />

icyitegererezo cyatanzwe. Uwiteka yahaye Mose amabwiriza ati: “Muzabureme buse n’ibyo<br />

ngiye kukwereka byose, icyitegererezo cy’ubuturo n’icy’ibintu byabwo byose.” Hongeye<br />

gutangwa itegeko ngo: “Ugire umwete wo kubirema, ukurikize icyitegererezo cyabyo<br />

werekewe kuri uyu musozi.” 849 Kandi Pawulo avuga ko ihema ry’ibonaniro rya mbere<br />

“ryashushanyaga iby’icyo gihe, ahatangirwaga amaturo hagatambirwa n’ibitambo;” kandi ko<br />

ahera haryo, “hashushanyaga ibintu byo mu ijuru;” ko abatambyi batangaga amaturo<br />

bakurikije amategeko yatanzwe, bakoraga uwo murimo ari “igishushanyo n’igicucu cy’ibyo<br />

mu ijuru,” kandi ko “Kristo atinjiye ahera haremwe n’intoki, hasuraga ha handi h’ukuri,<br />

ahubwo yinjiye mu ijuru ubwaho, kugira ngo none ahagarare imbere y’Imana ku bwacu.” 550<br />

Ubuturo bwera bwo mu ijuru, aho Kristo akorera ku bwacu, ni bwo mwimerere w’ubuturo<br />

bwera bwubatswe na Mose bwari ishusho y’ubw’umwimerere. Imana yashyize Mwuka wayo<br />

ku bubatse ubuturo bwera bwo ku isi. Ubuhanga bwagaragajwe mu kubaka ubwo buturo<br />

bwari ukwigaragaza k’ubwenge bw’Imana. Inkuta zabwo zariho izahabu nyinshi, impande<br />

zose zarabagiranaga umucyo waturukaga kuri ya matabaza arindwi yo ku gitereko<br />

cy’amatabaza gikozwe mu izahabu. Ameza y’imitsima yo kumurikwa n’igicaniro cy’imibavu<br />

byarabagiranaga nk’izahabu yatunganijwe. Umwenda ukomeye mwiza cyane wari ukoze<br />

igisenge, wari urimo amashusho y’abakerubi aboshywe mu budodo bw’umukara unoze<br />

n’ubw’umuhengeri n’ubw’umuhemba; byongereraga ubwiza aho hantu. Hirya y’umwenda<br />

ugabanya ahera n’ahera cyane hari Shekina yera, yari ukwigaragaza k’ubwiza bw’Imana,<br />

kandi imbere ya Shekina nta muntu wundi washoboraga kuhinjira ngo abeho uretse<br />

umutambyi mukuru wenyine.<br />

Ubwiza butagereranywa bw’ihema ry’ibonaniro ryo ku isi bwerekaga umuntu ubwiza<br />

butangaje bw’ubuturo bwera bwo mu ijuru aho Kristo, Umutambyi wacu mukuru adusabira<br />

imbere y’intebe y’ubwami y’Imana. Aho Umwami w’abami atuye, aho abantu uduhumbagiza<br />

bamukorera kandi abantu inzovu incuro inzovu bamuhagaze imbere.” 551 Ubwo buturo<br />

bwuzuwemo ubwiza bw’intebe y’ubwami bw’iteka ryose, aho abaserafi ari bo barinzi bayo<br />

barabagirana kandi bipfuka mu maso baramya. Aho hantu ntihajyaga kubona ikihagaragaza<br />

uretse ishusho nto yerekana ubunini bwaho n’ubwiza bwaho muri ya nyubako nziza yubatswe<br />

n’amaboko y’abantu. Nyamara ukuri kw’ingenzi kwerekeye ubuturo bwera bwo mu ijuru<br />

303

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!