15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

bubone kwezwa.” Ibyari byaravuzwe n’ubuhanuzi byose byabanje byagiye bisohora rwose<br />

ku gihe byari byaravuzwe ko bizaberaho.<br />

Ufatiye kuri iyo mibare imaze gutangwa, byose byagaragaraga neza kandi bitabusanya,<br />

uretse ko nta na kintu na kimwe cyabayeho mu mwaka wa 1844 cyasubizaga ikibazo<br />

cyerekeye kwezwa k’ubuturo bwera. Guhakana ko iyo minsi yarangiye icyo gihe byari<br />

gutuma ibyerekeye iyo ngingo byose bishyirwa mu rujijo, kandi bikaba guhakana imyizerere<br />

yose ishingiye ku gusohozwa k’ubuhanuzi.<br />

Ariko Imana yari yarayoboye ubwoko bwayo mu itsinda rikomeye ryavugaga ubutumwa<br />

bwo kugaruka kwa Kristo. Ubushobozi bwayo n’ikuzo ryabyo byari byariyerekanye muri uwo<br />

murimo, kandi ntiyari kwemera ko urangirira mu mwijima no gucika intege, kandi ngo<br />

unengwe kuba umurimo ushingiye ku kinyoma ndetse no gutwarwa n’ubwaka. Imana ntiyari<br />

kureka ngo ijambo ryayo rishidikanyweho.<br />

Nubwo abantu benshi bahakanye imisobanurire yabo ya mbere y’ibihe by’ubuhanuzi<br />

kandi bagahakana ukuri kw’itsinda rishingiye kuri ubwo busobanuro, abandi bo ntibifuzaga<br />

kureka ingingo zo kwizera ndetse n’ibyabayeho byari bishyigikiwe n’Ibyanditswe Byera<br />

n’ubuhamya bwa Mwuka w’Imana. Bizeraga ko bari barakurikije amahame atunganye<br />

yerekeye imisobanurire mu buryo bigaga ubuhanuzi, kandi bumvaga ko kugundira ukuri bari<br />

baramaze kwakira ndetse no gukomeza inzira biyemeje yo gucukumbura muri Bibiliya ari<br />

byo nshingano yabo. Basenganaga umwete, bakongera gusuzuma imyizerere yabo kandi<br />

bakiga Ibyanditswe kugira ngo bamenye aho ikosa ryabo riri. Bamaze kubona ko nta kosa<br />

bafite mu buryo basesenguraga ibihe by’ubuhanuzi, byabateye kurushaho kwigana<br />

ubushishozi ingingo y’ubuturo bwera.<br />

Mu bushakashatsi bwabo, bamenye ko nta gihamya na kimwe kiboneka mu Byanditswe<br />

Byera gishyigikira igitekerezo cyabaye gikwira kivuga ko isi ari ubuturo bwera. Ahubwo muri<br />

Bibiliya bahasanzemo ubusobanuro bwuzuye bw’ingingo yerekeye ubuturo bwera, imiterere<br />

yabwo, aho buri, ndetse n’imirimo ibukorerwamo. Bityo ibihamya by’abanditsi bera bibaha<br />

ubusobanuro bwumvikana neza kandi bufatika bituma ibyibazwaga byose bishira. Mu<br />

Rwandiko yandikiye Abaheburayo intumwa Pawulo aravuga ati: “Isezerano rya mbere ryo<br />

ryari rifite imihango y’ubutambyi, rifite n’Ahera h’iyi si; kuko hariho ihema ribanzirizwamo,<br />

ryarimo igitereko cy’amatabaza, n’ameza, n’imitsima iyateretseho imbere y’Imana; rikitwa<br />

Ahera. Kandi hirya y’inyegamo y’umwenda wa kabiri ukinze, hariho ihema, hitwa Ahera<br />

cyane. Aho harimo icyotero cyacuzwe mu izahabu, n’isanduku y’isezerano yayagirijweho<br />

izahabu impande zose, irimo urwabya rw’izahabu rurimo manu, irimo na ya nkoni ya Aroni<br />

yapfunditse uburabyo na bya bisate by’amabuye byanditsweho isezerano. Hejuru yayo hariho<br />

Abakerubi b’icyubahiro bateye igicucu intebe y’imbabazi.” 546<br />

Ubuturo bwera Pawulo avuga muri iyi mirongo ni ihema ry’ibonaniro ryubatswe na Mose<br />

abitegetswe n’Imana ngo ribe ubuturo bw’Isumbabyose ku isi. “Kandi bandemere ubuturo<br />

bwera, nture hagati muri bo.” 547 Ayo ni yo mabwiriza yari yahawe Mose igihe yari ku<br />

301

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!