15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 23 – Ubuturo Bwera ni Iki?<br />

Isomo ryo muri Bibiliya ryarushije ayandi yose kuba urufatiro n’inkingi byo kwizera<br />

kw’abategereje kugaruka kwa Kristo ni iri rivuga ngo: “Bizageza iminsi ibihumbi bibiri na<br />

magana atatu uko bukeye bukira: nyuma ubuturo bwera buzabone kwezwa.” 544 Aya<br />

magambo yagiye amenywa cyane n’abizera bose ko kuza k’Umwami kwegereje. Abantu<br />

ibihumbi byinshi bagiye basubiramo aya magambo y’ubuhanuzi nk’ishingiro ryo kwizera<br />

kwabo. Bose bumvaga ko ibyo bategereje bihebuje ndetse n’ibyiringiro byabo byavuzwe muri<br />

iri somo byagombaga kubaho. Iyo minsi y’ubuhanuzi yari yagaragajwe ko izarangira mu<br />

muhindo w’umwaka wa 1844. Icyo gihe Abadiventisiti kimwe n’abandi Bakristo bo ku isi,<br />

bizeraga ko isi cyangwa se igice cyayo runaka ari ubuturo bwera. Bumvaga ko kwezwa<br />

k’ubuturo bwera ari ugutunganywa kw’isi itunganyijwe n’umuriro wo ku munsi ukomeye<br />

uheruka, kandi ko ibi byagombaga kubaho Kristo agarutse. Aho ni ho bakuye umwanzuro<br />

uvuga ko Kristo yagombaga kugaruka ku isi mu mwaka wa 1844.<br />

Nyamara igihe cyari cyavuzwe cyarageze ariko Kristo ntiyaza. Abizera bari bazi yuko<br />

ijambo ry’Imana ritabasha guhera ridasohoye. Uko basobanuraga ubuhanuzi kwabayemo<br />

kwibeshya; ariko se ikosa ryabo ryari riri he? Benshi bihutiye guhakana ko iminsi 2300<br />

yarangiye mu mwaka wa 1844. Nta mpamvu n’imwe yajyaga gutangwa uretse iyo kuba Kristo<br />

ataraje igihe yari ategerejweho. Bajyaga impaka bavuga ko niba iyo minsi y’ubuhanuzi<br />

yararangiye mu 1844, Kristo yagombye kuba yaraje kweza ubuturo bwera akoresheje<br />

kwejesha isi umuriro; kandi ko kuva ataraje, ubwo rero iyo minsi ntiyashoboraga kuba<br />

yararangiye.<br />

Kwemera uwo mwanzuro kwari uguhakana ibyari byarasesenguwe mbere byerekeye ibihe<br />

by’ubuhanuzi. Bari barabonye ko iminsi 2300 yatangiriraga igihe itegeko ryo gusana no<br />

kubaka Yerusalemu ryashyirwagaho na Artaxerxes (Aritazerusi) rigashyirwa mu bikorwa mu<br />

muhindo w’umwaka wa 457 mbere ya Kristo. Hafashwe ko iki ari cyo gihe cy’itangiriro, nta<br />

kwihenda kwaba kwarabaye ku byavuzwe byagaragajwe mu busobanuro bw’icyo gihe<br />

kivugwa muri Daniyeli 9:25-27. Ibyumweru mirongo itandatu n’icyenda, ari yo myaka 483<br />

ibanza yo mu myaka 2300, ni byo byagombaga kugera kuri Mesiya, Uwasizwe; kandi<br />

umubatizo wa Kristo ndetse no gusigwa na Mwuka Wera, mu mwaka wa 27 N.K 545,<br />

byasohoje rwose ibyari byaravuzwe. Hagati mu cyumweru cya mirongo irindwi, Mesiya<br />

yagombaga gukurwaho. Nyuma y’imyaka itatu n’igice amaze kubatizwa, Kristo yarabambwe,<br />

hari mu gihe cy’urugaryi rw’umwaka wa 31 N.K. Igihe cyose cy’ibyumweru mirongo irindwi<br />

cyangwa imyaka 490 cyari kigenewe Abayuda by’umwihariko. Mu iherezo ry’icyo gihe,<br />

ishyanga ry’Abayuda ryahamije ko ryanze Kristo binyuze mu gutoteza abigishwa be, maze<br />

mu mwaka wa 34 N.K intumwa zerekeza mu banyamahanga. Bityo imyaka 490 ibanza mu<br />

myaka 2300 iba irarangiye, hasigara imyaka 1810. Uhereye mu mwaka wa 34, usanga ya<br />

myaka 1810 igenda ikagera mu mwaka wa 1844. Marayika yaravuze ati: “Ubuturo bwera<br />

300

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!