15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Ubutumwa bwa marayika wa mbere n’ubw’uwa kabiri bwavuzwe mu gihe gikwiye kandi<br />

bwakoze umurimo Imana yari yaragenye ko buzakora.<br />

Abatuye isi bose bari bahanze amaso Abadiventisiti, biteze ko gahunda n’imikorere yabo<br />

yose bizarekwa ubwo igihe cyari kurangira maze Kristo ntiyigere aza. Ariko mu gihe hari<br />

abantu benshi baretse ukwizera kwabo, bitewe n’ikigeragezo gikomeye banyuzemo,<br />

habayeho n’abandi bahagaraye bashikamye. Imbuto z’itsinda ryavugaga ubutumwa bwo<br />

kugaruka kwa Kristo, umwuka wo kwicisha bugufi no kwihana mu mutima, umwuka wo<br />

kwitandukanya n’iby’isi no kuvugurura imibereho waranze umurimo, wahamije ko uwo<br />

murimo wari uw’Imana. Ntabwo bahangaye guhakana ko imbaraga ya Mwuka Muziranenge<br />

yaherekeje ibwirizwa ry’ubutumwa bwo kugaruka kwa Kristo, kandi nta kosa babonaga mu<br />

buryo bumvaga ibihe by’ubuhanuzi. Ababarwanyaga b’abanyambaraga ntibari barageze ku<br />

ntego yabo yo gusenya uburyo basobanuraga ubuhanuzi. Ntibashoboraga kwemera kureka<br />

ibyo bizeraga babaga baragezeho binyuze mu kwiga Ibyanditswe babishishikariye kandi<br />

basenga, batabonye igihamya cya Bibiliya gitanzwe n’abantu bamurikiwe na Mwuka<br />

w’Imana kandi bafite imitima igurumanishwa n’imbaraga nzima ya Mwuka. Ibyo bizeraga<br />

byabaga byarashoboye gutsinda ijorwa rikomeye ndetse no kurwanywa bikabije n’abigisha<br />

b’ibimenyabose mu by’idini ndetse n’abanyabwenge mu by’isi. Byabaga kandi byaratsinze<br />

imbaraga zishyize hamwe z’ubuhanga n’ubutyoza ndetse no gukerenswa no gusuzugurwa<br />

n’abanyacyubahiro kimwe n’aboroheje.<br />

Ni iby’ukuri ko hari harabayeho gutsindwa ku byerekeye ibyari byitezwe ko byagombaga<br />

kubaho, nyamara n’ibyo ntibyashoboraga guhungabanya kwizera ijambo ry’Imana kwabo.<br />

Ubwo Yona yatangazaga ubutumwa mu nzira z’umujyi wa Niniwe ko mu minsi mirongo ine<br />

uwo mujyi uzasenywa, Uhoraho yemeye kwicisha bugufi kw’Abanyaniniwe maze abongerera<br />

igihe cy’imbabazi. Nyamara ubutumwa Yona yari yigishije bwari bwaturutse ku Mana, kandi<br />

Niniwe yagenzuwe mu buryo buhuye rwose n’ubushake bw’Imana. Abadiventisiti bizeye mu<br />

buryo nk’ubwo ko Imana yari yabahamagariye kuvuga ubutumwa bw’imbuzi bwerekeye<br />

urubanza. Baravuze bati: “Uwo muburo wagenzuye imitima y’abantu bose bawumvise kandi<br />

ukangurira abantu gukunda ukuza k’Umukiza naho ku rundi ruhande uwo muburo ubyutsa<br />

urwango rutagaragara neza rwo kwanga kugaruka k’Umukiza, nyamara urwo rwango ruzwi<br />

n’Imana. Uwo muburo waciye umurongo, . . kugira ngo abari gusuzuma imitima yabo<br />

babashe kumenya uruhande bari guhereramo iyo Umukiza Yesu ajya kuba yaraje igihe yari<br />

yitezwe. Uwo murongo waberetse niba barajyaga kuvuga n’ijwi rirenga bati: “Dore! Iyi ni yo<br />

Mana yacu twategereje, ni yo izadukiza;” cyangwa niba bari gutakira ibitare n’imisozi ngo<br />

bibagwire kugira ngo bibahishe amaso y’Iyicaye ku ntebe ndetse n’umujinya w’Umwana<br />

w’Intama. Nk’uko tubyizera, Imana yagerageje abana bayo muri ubwo buryo. Yagerageje<br />

ukwizera kwabo, irabagenzura kugira ngo irebe ko mu gihe cy’ibigeragezo bashobora<br />

gusubira inyuma bakava mu mwanya yashoboraga kubona ko yabashyiramo cyangwa niba<br />

bari kuzibukira iyi si kandi bagashingira ibyiringiro byabo mu ijambo ry’Imana.” 540<br />

297

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!