15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

cyarahise, Umukiza ntiyari yaraje nk’uko bari bamwiteze, kandi isi yashoboraga kuguma uko<br />

yari iri mu gihe cy’imyaka ibihumbi byinshi.<br />

Abizera bamaramaje kandi b’indahemuka bari barahaze byose kubwa Kristo kandi bari<br />

barishimiye kubana nawe kuruta mbere. Nk’uko babyizeraga, bari baraburiye isi ubuheruka;<br />

kandi kubwo kwiringira ko bidatinze bagiye kwakirwa mu muryango w’Umutware wabo wo<br />

mu ijuru n’abamarayika bo mu ijuru, ku rwego rukomeye, bari baritandukanyije na rubanda<br />

rwose rutakiriye ubwo butumwa. Bari baragiye basengana umwete bagira bati: “Ngwino,<br />

Mwami Yesu! Ngwino vuba.” Nyamara ntiyaje. Noneho rero kongera kwikorera umutwaro<br />

uremereye w’ibirushya byo mu buzima n’ibitera kugira umutima uhagaze, ndetse no<br />

kwihanganira gukozwa isoni no gukwenwa n’ab’isi; ibyo byari ikigeragezo gikomeye cyo<br />

kwizera kwabo no kwihangana.<br />

Nyamara uko gukorwa n’isoni ntikwari gukomeye nk’uko abigishwa bagize igihe cyo<br />

kuza bwa Kristo bwa mbere. Ubwo Yesu yinjiraga muri Yerusalemu nk’umuneshi,<br />

abayoboke be bibwiye ko agiye kwima ingoma y’ubwami bwa Dawidi maze agakiza<br />

Abisirayeli ababakandamizaga. Kubera ibyiringiro bari bafite n’ibyo bari barangamiye<br />

binejeje, bakoranaga ishyaka baharanira guhesha ikuzo Umwami wabo. Benshi baramburaga<br />

imyambaro yabo mu nzira yanyuragamo, cyangwa bagasasa amashami y’imikindo afite<br />

ibibabi byinshi. Muri ibyo byishimo byinshi bari bafite, bafatanyirije hamwe bavuga bati:<br />

“Hoziyana mwene Dawidi!” Ubwo Abafarisayo bari babujijwe amahwemo kandi barakajwe<br />

n’urwo rusaku rw’ibyishimo, basabye Yesu gucecekesha abigishwa be maze arabasubiza ati:<br />

“Ndababwira yuko aba bahoze, amabuye yarangurura.” 537 Ubuhanuzi bwagombaga<br />

gusohora. Abigishwa basohozaga ubushake bw’Imana; nyamara bari bategereje kugerwaho<br />

no gucika intege gukomeye. Ariko hashize iminsi mike gusa, biboneye urupfu ruteye<br />

agahinda rw’Umukiza kandi bamubona ahambwa mu mva. Icyo bari bategereje<br />

nticyagezweho kandi ibyiringiro byabo nabyo byapfanye na Kristo. Igihe Umwami Yesu<br />

yavaga mu mva anesheje urupfu, ni bwo bashoboye gusobanukirwa ko byose byari<br />

byaravuzwe n’ubuhanuzi, kandi ko “Kristo akwiriye kubabazwa no kuzuka mu bapfuye.” 538<br />

Mu myaka magana atanu yari ishize, Umukiza yari yaravugiye mu kanwa kw’umuhanuzi<br />

Zekariya ati: “Nezerwa cyane wa mukobwa w’i Siyoni we! Rangurura wa mukobwa w’i<br />

Yerusalemu we, dore umwami wawe aje aho uri; ni we mukiranutsi, kandi azanye agakiza;<br />

yicishije bugufi agendera ku ndogobe, ndetse no ku cyana cyayo.” 539 Iyo abigishwa<br />

bamenya ko Kristo yari agiye gucirwa urubanza ndetse agapfa, ntibaba barasohoje ubu<br />

buhanuzi.<br />

Mu buryo nk’ubwo, Miller na bagenzi be basohoje ubuhanuzi maze bamamaza ubutumwa<br />

Imana yari yaravuze ko buzabwirwa abatuye isi, ariko ntibaba barabwamamaje iyo baza kuba<br />

barasobanukiwe neza n’ubuhanuzi bwerekanaga gucika intege kwabo, kandi bukagaragaza<br />

ubundi butumwa bugomba kubwirizwa amahanga yose mbere yo kugaruka k’Umukiza.<br />

296

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!