15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

n’umucyo wayo maze bajya gusanganira Umukwe. Ariko mu gihe “abakobwa b’abapfu<br />

bafataga amatara yabo, ntibajyanye n’amavuta ku ruhande,” “abakobwa b’abanyabwenge bo<br />

bajyana andi mavuta ku ruhande n’amatara yabo.” Aba bakobwa b’abanyabwenge bari<br />

barakiriye ubuntu bw’Imana, imbaraga ya Mwuka Muziranenge yabagiraga bashya kandi<br />

ikabamurikira ni yo yatumaga ijambo ry’Imana riba itara rimurikira ibirenge byabo n’umucyo<br />

umurika mu nzira bacamo. Kugira ngo basobanukirwe n’ukuri, bari barize Ibyanditswe Byera<br />

bafite gutinya (kubaha) Imana, kandi bashakashakanye umwete ubutungane bw’umutima<br />

n’ubugingo. Bari bafite ibyababayeho buri muntu ku giti cye byihariye. Bari bizeye Imana<br />

n’ijambo ryayo bitashoboraga gusenywa n’uko batabonye icyo bari biteze ndetse no gutinda<br />

kwacyo. Abandi, “bafashe amatara yabo, ntibajyana amavuta ku ruhande.” Bari bagiye<br />

batabanje gutekereza. Ubutumwa bukomeye bumvise bwari bwarakanguye ubwoba bwabo,<br />

ariko bari barishingikirije ku kwizera kwa bagenzi babo, banyurwa gusa n’umucyo udafite<br />

ishingiro waturukaga ku marangamutima meza yari abarimo badasobanukiwe ukuri neza<br />

cyangwa ngo bamenye iby’umurimo nyakuri w’ubuntu ukorerwa mu mitima. Abo bari<br />

baragiye gusanganira Umukiza bafite ibyiringiro byo kubona ingororano uwo mwanya,<br />

nyamara ntibari biteguye kwihanganira gutinda cyangwa kutabona ibyo biteze. Nuko igihe<br />

ibigeragezo byazaga, ukwizera kwabo kwaracogoye kandi umucyo wari ubarimo urakendera.<br />

“Umukwe atinze bose barahunikira, barasinzira.” Uko gutinda k’Umukwe kugereranya<br />

kurangira kw’igihe Umukiza yari ategerejwemo, gucika intege, ndetse n’ibyo bisa no gutinda.<br />

Muri icyo gihe cy’amajune, ugukanguka kw’abafite ukwizera kw’amajyejuru kandi<br />

badashikamye kwatangiye kuyoyoka, kandi umuhati wabo utangira kudohoka. Nyamara abari<br />

bafite ukwizera gushingiye ku kuba bari bazi Bibiliya buri wese ku giti cye, bari bafite urutare<br />

bahagazeho rutashoboraga guhirikwa n’imiraba yo kutabona ibyo bari biteze. “Bose<br />

barahunikira, barasinzira.” Itsinda rimwe ntacyo ryari ryitayeho kandi ryari ryaretse ukwizera<br />

kwaryo. Irindi tsinda ryari ritegereje ryihanganye kugeza igihe umucyo uruseho wagombaga<br />

gutangirwa. Nyamara mu ijoro ry’ibigeragezo, aba bari bategereje bihanganye basaga<br />

n’abatakaje umwete wabo no kwitanga kwabo ku rugero runaka. Abari bafite kwizera<br />

kudashikamye kandi bafite umutima ufata impu zombi, ntibashoboraga kwishingikiriza ku<br />

kwizera kwa bagenzi babo. Buri wese yagombaga guhagarara agashikama ku giti cye<br />

cyangwa akagwa ku giti cye.<br />

Muri icyo gihe, gukabya mu kwizera kwatangiye kugaragara. Abantu bamwe bari<br />

baragaragaweho kuba abizera b’abanyabwuzu mu kwakira ubutumwa, batangiye kureka<br />

ijambo ry’Imana kandi ari ryo muyobozi utibeshya. Bavugaga ko bayobowe na Mwuka, maze<br />

birundurira mu kuyoborwa n’amarangamutima yabo n’ibitekerezo byabo. Hari bamwe<br />

bagaragazaga umwete ushingiye ku buhumyi no gukabya mu kwizera, bakamagana abantu<br />

bose batemeraga amatwara yabo. Ibitekerezo byabo n’imikorere yabo by’ubwaka ntabwo<br />

byakunzwe n’umugabane munini w’Abadiventisiti; nyamara bakomezaga gukora baharabika<br />

umurimo w’ukuri.<br />

287

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!