15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

iratinze, kandi iyerekwa ryose rirahebwe? Noneho ubabwire uti, ‘Uku ni ko Umwami<br />

Uwiteka avuga ngo. . . ‘Iminsi igeze hafi, n’iyerekwa ryose rigiye gusohozwa. Nta yerekwa<br />

ry’ibinyoma cyangwa ubupfapfa bwo kwihakirizwa, bizongera kuba mu nzu ya Isirayeli.<br />

Kuko ndi Uwiteka nzavuga, kandi ijambo nzavuga rizasohora. Ntabwo rizongera kurazikwa,<br />

kuko mu minsi yanyu mwa ab’inzu y’ubugome mwe, nzavuga kandi nzasohoza icyo navuze.”<br />

“Ab’inzu ya Isirayeli baravuga bati: ‘Iyerekwa yabonye rizasohora bishyize kera, kandi<br />

ahanura ibihe bikiri kure cyane. Nuko rero ubabwire uti, ‘Uku niko Umwami Uwiteka avuga<br />

ngo: “Amagambo yanjye yose nta na rimwe rizongera kurazikwa, ahubwo ijambo nzavuga<br />

rizasohora.” 524<br />

Abo bari bategereje barishimaga, kuko bari bizeye ko wa wundi umenyera iherezo mu<br />

itangiriro yari yaritegereje mu myaka myinshi, abona ugucika intege kwabo mbere y’igihe.<br />

Yari yarabahaye amagambo atera ubutwari n’ibyiringiro. Iyo hatabaho uwo mugabane<br />

w’Ibyanditswe Byera wabasabaga gutegereza bihanganye no gushingira ibyiringiro byabo mu<br />

ijambo ry’Imana, ukwizera kwabo kwajyaga kudohoka muri icyo gihe cy’ikigeragezo.<br />

Umugani w’abakobwa cumi uvugwa muri Matayo 25 na wo werekana ibyabaye ku<br />

Badiventisiti. Muri Matayo 24, ubwo Kristo yasubizaga ikibazo cy’abigishwa be bamubazaga<br />

ibyerekeye ikimenyetso cyo kugaruka kwe n’icy’imperuka y’isi, yababwiye bimwe mu<br />

bizabaho by’ingenzi mu mateka y’isi no mu mateka y’itorero uhereye igice cyo kuza kwe kwa<br />

mbere ukageza igihe cyo kugaruka kwe. Ibimenyetso ni byo ibi: gusenyuka kwa Yerusalemu,<br />

igihe cy’umubabaro ukomeye w’itorero utewe no gutotezwa n’abapagani ndetse n’ubupapa,<br />

ukwijima kw’izuba n’ukwezi ndetse no kugwa kw’inyenyeli. Nyuma y’ibyo, yavuze ibyo<br />

kuza k’ubwami bwe kandi aca umugani w’amatsinda abiri atandukanye y’abagaragu<br />

bategereje kuza kwe. Igice cya 25 cy’ubutumwa bwa Matayo gitangiraza aya magambo: “Icyo<br />

gihe ubwami bwo mu ijuru buzagereranywa n’abakobwa cumi.” Muri aya magambo<br />

hagaragazwa itorero ryo mu minsi y’imperuka, rya rindi ryavuzwe mu iherezo ry’igice cya<br />

24. Muri uyu mugani ibizaba ku b’itorero ryo mu minsi iheruka byerekanwe hifashishijwe<br />

imfashanyigisho y’ibyabaga mu bukwe bwo mu burasirazuba.<br />

“Icyo gihe ubwami bwo mu ijuru buzagereranywa n’abakobwa cumi, bajyanye amatabaza<br />

yabo bajya gusanganira umukwe. Ariko muri abo cumi, abatanu bari abapfu, abandi batanu<br />

bari abanyabwenge. Abapfu bajyanye amatabaza yabo, ntibajyana n’amavuta: ariko<br />

abanyabwenge bo bajyana amavuta mu mperezo zabo hamwe n’amatabaza yabo. Umukwe<br />

atinze bose barahunikira, barasinzira. Ariko nijoro mu gicuku habaho urusaku ngo ‘Umukwe<br />

araje! nimusohoke mumusanganire.”<br />

Ukugaruka kwa Kristo, nk’uko kwavuzwe n’ubutumwa bwa marayika wa mbere,<br />

kwagereranyijwe no kuza k’Umukwe. Umurimo mugari w’ivugurura wabayeho bitewe no<br />

kwamamaza ubutumwa bwo kugaruka kwa Kristo kwegereje ugereranywa no kwitabira<br />

ubukwe kw’abakobwa cumi. Amatsinda abiri y’abantu agaragara muri uwo mugani, nk’uko<br />

agaragara muri Matayo 24. Bose bari bafashe amatara yabo, (Bibiliya) kandi bari bayobowe<br />

286

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!