15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

bikorwa byo gushakishiriza ku mahirwe ndetse no korohereza intekerezo zabo batekereza ko<br />

amafaranga agomba gutangirwa umugambi mwiza, nta gitangaje ko urubyiruko rwo mu<br />

gihugu akenshi rwiroha mu ngeso iterwa no gutwarwa n’imikino ya tombora.”<br />

<strong>Umwuka</strong> wo kwihwanya n’ab’isi uragenda wigarurira amatorero menshi aharagwa<br />

ubukristo hose. Uwitwa Robert Atkins, mu kibwirizwa yabwiririje mu murwa mukuru<br />

w’Ubwongereza (London), yerekanye ishusho yijimye y’uburyo gusubira inyuma mu<br />

by’umwuka biganje mu Bwongereza agira ati: “Abantu b’intungane nyakuri bagabanyutse ku<br />

isi, kandi ubona nta muntu ubyitayeho. Muri buri torero, abantu bavuga ko ari abanyadini<br />

muri ibi bihe byacu, usanga ari abantu bakunda n’iby’isi, bigana iby’ab’isi bakora, bakunda<br />

ibyiza byayo kandi baharanira icyubahiro. Bahamagariwe kubabarana na Kristo, ariko iyo<br />

bahuye n’akaga basubira inyuma. . . Ubuhakanyi, ubuhakanyi, ubuhakanyi ngibyo ibigaragara<br />

ku miryango y’amatorero yose; nyamara iyo bajya kubimenya, iyo bajya kubyumva, bajyaga<br />

kugira ibyiringiro se! Ahubwo barivugira bati: “Turakize, dufite umutungo mwinshi, kandi<br />

ntacyo dukennye rwose.’” 519<br />

Icyaha gikomeye Babuloni iregwa ni uko “yateretse amahanga yose inzoga ari zo ruba<br />

ry’ubusambanyi bwayo.” Iki gikombe gisindisha iha abatuye isi cyerekena inyigisho<br />

z’ibinyoma Babuloni yemeye zikomoka ku kwifatanya n’abakomeye bo ku isi mu buryo<br />

butemewe n’amategeko.<br />

Kugirana ubucuti n’ab’isi kwangiza ukwizera kw’itorero rishushanywa na Babuloni maze<br />

ku ruhande rwaryo na ryo rikayobya abatuye isi rikoresheje inyigisho zaryo zihabanye n’ukuri<br />

kumvikana neza kandi gushyitse kw’Ibyanditswe Byera.<br />

Roma yakuye Bibiliya mu bantu kandi isaba abantu bose kwemera inyigisho zayo mu<br />

mwanya wa Bibiliya. Umurimo w’Ubugorozi wari ugendereye kugarura ijambo ry’Imana mu<br />

bantu; ariko se mbese si ukuri ko mu matorero yo mu gihe cyacu abantu bigishwa gushingira<br />

kwizera kwabo ku mategeko n’inyigisho by’itorero ryabo mu mwanya wo gushingira ku<br />

Byanditswe Byera? Ubwo Charles Beecher yavugaga ku matorero y’Abaporotesitanti,<br />

yaravuze ati: “Bababazwa n’ijambo ryose rivuzwe rirwanya imyemerere yayo nk’uko<br />

abapadiri bashoboraga kubabazwa n’ijambo ribi ribuzanya kubaha abatagatifu n’abapfuye<br />

bahowe kwizera kwabo. . . . Amatorero y’ibwirizabutumwa y’Abaporotesitanti yafatanye mu<br />

biganza cyane ku buryo muri yo yose nta muntu ushobora kuba umubwirizabutumwa aho ari<br />

ho hose atabanje kwemera igitabo kindi kibangikanywa na Bibiliya. . . Ntabwo byaba ari<br />

ugukekeranya umuntu aramutse avuze ko ubushobozi bw’indongozi z’amatorero ubu<br />

bwatangiye kubuzanya Bibiliya mu by’ukuri nk’uko Roma yabikoze, nubwo babikora mu<br />

buryo butagaragara neza.” 520<br />

Igihe abigisha b’indahemuka bamamazaga ijambo ry’Imana, habonetse abantu b’intiti<br />

ndetse n’ababwiriza bavuga ko basobanukiwe n’Ibyanditswe, maze barwanya inyigisho<br />

nzima bavuga ko ari ubuhakanyi, bityo bayobya abashakaga kumenya ukuri. Iyo abatuye isi<br />

bataza gusindishwa n’inzoga bateretswe na Babuloni ku rwego ruhanitse, abantu benshi<br />

282

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!