15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Amenshi mu matorero y’Abaporotesitanti akurikiza urugero rwa Roma rwo kugirana<br />

umubano ushingiye ku kugomera Imana igirana n’“abami b’isi,” amadini ya Leta, n’isano<br />

bagirana n’ubuyobozi bwa za Leta z’isi; ndetse n’andi madini bagamije kurebwa neza n’isi.<br />

Bityo rero, ijambo “Babuloni” (urudubi) rishobora gukoreshwa neza kuri ayo matorero yose<br />

avuga ko inyigisho zabo zikomoka muri Bibiliya, nyamara akaba arimo amatsinda atabarika<br />

afite imyizerere n’inyigisho bihabanye. Uretse kunga ubumwe n’isi mu cyaha, amatorero<br />

yitandukanyije na Roma aracyafite ibindi bintu biranga Roma.<br />

Igitabo kimwe cy’itorero Gatolika ry’i Roma kiravuga kiti: “Niba itorero ry’i Roma rifite<br />

icyaha cyo gusenga ibigirwamana mu byerekeye kuramya abatagatifu, umukobwa waryo ari<br />

we torero ry’Ubwongereza (Abangilikani) na ryo rihamwa n’icyo cyaha kuko rifite insengero<br />

cumi zeguriwe Mariya mu gihe rumwe gusa ari rwo rweguriwe Kristo.” 510<br />

Na Dogiteri Hopkins mu gitabo yanditse aravuga ati: “Nta mpamvu iriho yo<br />

gushingirwaho ngo hafatwe ko mwuka wa antikristo ndetse n’imikorere ye bibarwa gusa ku<br />

cyo abantu bita itorero ry’i Roma. Amatorero y’Abaporotesitanti afite umwuka ukabije muri<br />

yo wo kurwanya Kristo, kandi yageze kure cyane ku buryo atavugururwa rwose ngo ave mu<br />

gusayisha n’ubugome.” 511<br />

Ku byerekeye ugutandukana kw’itorero ry’Abaperesebuteriyani n’itorero ry’i Roma,<br />

Dogiteri Guthrie yaranditse ati: “Hashize imyaka magana atatu itorero ryacu rifashe ibendera<br />

rishushanyijweho Bibiliya irambuye kandi rifashe igitambaro cyanditswemo iyi ntero ngo,<br />

‘Mucukumbure mu Byanditswe’ maze risohoka mu marembo y’i Roma.” Abaza ikibazo<br />

cyumvikana ati: “Mbese basohotse muri Babuloni batunganye?” 512<br />

Uwitwa Spurgeon nawe aravuga ati: “Itorero ry’Abangilikani risa n’iryamizwe na<br />

gahunda z’amasakaramento, ariko kandi ibyo byabaye nk’ibiha urwaho kutizera gushingiye<br />

ku bucurabwenge. Abo twari dutegerejeho ibintu byiza kuruta abandi bagenda basubira<br />

inyuma bakurikiranye. Ntekereza ko umutima w’Ubwongereza wamunzwe no kutizera<br />

guciriweho iteka guhangara no kujya ku ruhimbi kukiyita ubukristo.”<br />

Mbese inkomoko y’ubuhakanyi bukomeye yabaye iyihe? Ni mu buhe buryo itorero<br />

ryitandukanyije bwa mbere no gucisha bugufi kuvugwa mu butumwa bwiza? Byaturutse ku<br />

gukurikiza imikorere y’ubupagani kugira ngo itorero ryorohereze abapagani kwemera<br />

Ubukristo. No mu gihe cye, intumwa Pawulo yaravuze ati: “Amayobera y’ubugome atangiye<br />

gukora.” 513 Mu gihe intumwa zari zikiriho, ugereranyije wasanga itorero ryari ritunganye.<br />

“Ariko bigeze ahagana mu iherezo ry’ikinyejana cya kabiri, amatorero menshi yarahindutse<br />

afata indi sura; kwa kwicisha bugufi kwa mbere kwarayoyotse, kandi uko abigishwa ba kera<br />

bagendaga bapfa, abana babo hamwe n’abantu bashya bihanaga barabasimburaga maze<br />

ubutumwa babuha ishusho nshya.” 514 Kugira ngo babone umubare utubutse w’abihana,<br />

urugero ngenderwaho rw’ukwizera kwa Gikristo rwacishijwe bugufi, maze ingaruka iba<br />

iy’uko “umwuzure w’imico ya gipagani wisuka mu itorero, uzana n’imigenzo, imikorere<br />

ndetse n’ibigirwamana biwurangwamo.” 515 Uko itorero rya gikristo ryemeraga gufashwa<br />

279

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!