15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

mu isi no kwibagirwa Imana n’ijambo ryayo, imyumvire yabo yari yaracuze umwijima,<br />

imitima yabo itwarwa n’iby’isi n’irari. Bityo bari bibereye mu bujiji bwo kutamenya ibyo<br />

kuza kwa Mesiya, kandi kubw’ubwibone bwabo no kutizera banze Umucunguzi wabo.<br />

Nyamara ntabwo Imana yigeze igomwa ishyanga ry’Abayahudi uburyo bwo kumenya<br />

cyangwa kugira uruhare ku migisha y’agakiza. Ariko abantu banze kwakira ukuri batakaje<br />

ubushake bwose bwo kwakira impano y’Imana. Bahinduye “umucyo bawugira umwijima,<br />

n’ibyari umwijima babigira umucyo,” kugeza ubwo umucyo wari muri bo wahindutse<br />

umwijima. Mbega ukuntu uwo mwijima wari mwinshi!<br />

Gutsimbarara ku mihango y’idini gusa, nyamara abantu bakiberaho nta mwuka wo kubaha<br />

Imana ubarangwamo. Banezeza Satani. Ubwo Abayahudi bari bamaze kwanga ubutumwa<br />

bwiza, bakomeje gutsimbarara ku mihango yabo ya kera babishishikaye, bakomeza kugundira<br />

imyumvire ko ari ishyanga ryihariye, nyamara bo ubwabo baragombaga kumenya ko Imana<br />

itakiri hagati muri bo bakabyemera. Ubuhanuzi bwa Daniyeli bwerekanaga ku buryo<br />

bugaragara igihe cyo kuza kwa Mesiya, kandi bwavuze iby’urupfu rwe mbere y’igihe mu<br />

buryo butaziguye ku buryo Abayahudi bagwabije gahunda yo kubwiga, kandi amaherezo<br />

abigisha bakuru bavuga ko umuvumo uzagera ku bantu bose bazagerageza gukora imibare<br />

ngo bamenye iby’icyo gihe. Mu binyejana byakurikiyeho Abisirayeli bagumye mu buhumyi<br />

no kwinangira, ntibita ku kurarikirwa kwakira agakiza, ntibazirikana imigisha y’ubutumwa<br />

bwiza ndetse n’umuburo ukomeye kandi uteye ubwoba waberekaga akaga barimo kubwo<br />

kwanga umucyo mvajuru.<br />

Ahantu hose haboneka impamvu nk’izo, hazanaboneka ingaruka nk’izo zabayeho.<br />

Umuntu wese wiyemeza ku bushake bwe kwanga ibyo umutima umwemeza akwiriye gukora<br />

bitewe n’uko bibangamira ibyo ararikiye, amaherezo azabura ubushobozi bwo gutandukanya<br />

ukuri n’ibinyoma. Ubwenge bucura umwijima, umutimanama ukagwa ikinya, umutima<br />

ukinangira maze ubugingo bwe bugatandukana n’Imana. Aho ubutumwa buvuga iby’ukuri<br />

mvajuru busuzuguwe cyangwa bugapfobywa, itorero rizabundikirwa n’umwijima; kwizera<br />

n’urukundo bizakonja kandi kudahuza n’amacakubiri bizaryinjiramo. Abagize itorero<br />

berekeza inyungu n’imbaraga zabo mu gushaka iby’isi kandi abanyabyaha bakarushaho<br />

kwinangira ntibihane.<br />

Ubutumwa bwa marayika wa mbere bwo mu Byahishuwe 14, buvuga iby’igihe cy’Imana<br />

cyo guca urubanza kandi bukaba burarikira abantu gutinya Imana no kuyiha ikuzo,<br />

bwatangiwe kugira ngo butandukanye abavuga ko ari ubwoko bw’Imana n’ibyangiza by’isi<br />

ndetse no kubakangura ngo babone imiterere yabo nyakuri yo gutwarwa n’iby’isi no gusubira<br />

inyuma. Imana yoherereje itorero ubutumwa bw’imbuzi ibunyujije muri ubu butumwa kandi<br />

iyo bwemerwa bwajyaga gukosora ibibi byatumaga abagize itorero batandukana na Yo. Iyo<br />

bakira ubutumwa mvajuru, bagacisha bugufi imitima yabo imbere y’Uwiteka kandi<br />

bagashaka kwitegura kuzagaragara imbere y’Umukiza babikuye ku mutima, imbaraga<br />

y’Imana na Mwuka wayo biba byaragaragariye muri bo. Itorero riba ryarageze kuri wa<br />

mugisha w’ubumwe bushyitse, ukwizera n’urukundo byariho mu gihe cy’intumwa, igihe<br />

275

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!