15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 21 – Umuburo Wirengagijwe<br />

Ubwo William Miller na bagenzi be bamamazaga inyigisho yo kugaruka kwa Kristo,<br />

bakoraga bafite umugambi umwe rukumbi wo gukangurira abantu kwitegura urubanza.<br />

Bashakaga uko bakangura abiyita abanyadini ngo bamenye ibyiringiro nyakuri by’itorero, no<br />

kubumvisha ko bakeneye imibereho ya Gikristo ihamye. Na none kandi bakoraga bakangura<br />

abatarahindutse kugira ngo bamenye inshingano yabo yihutirwa yo kwihana no guhindukirira<br />

Imana. “Ntibigeze bagerageza guhindurira abantu kuyoboka igice runaka cyangwa itsinda mu<br />

by’idini. Ni yo mpamvu bakoranye neza n’amatsinda ndetse n’amadini yose batabangamiye<br />

imikorere na gahunda byayo.”<br />

Miller yaravuze ati: “Mu mirimo yanjye yose, sinigeze ngira icyifuzo cyangwa igitekerezo<br />

cyo gushinga itorero ngo nditandukanye n’ayariho, cyangwa ngo ngirire neza rimwe maze<br />

irindi ribangamirwe. Natekerezaga kuyungura yose. Kubera gutekereza ko Abakristo bose<br />

bari kunezezwa cyane no gutegereza kugaruka kwa Kristo, kandi ko abatazashobora<br />

kubyumva nka njye nibamara kwigishwa iryo hame nabo batazabura kubikunda, ntabwo<br />

nigeze ntekereza ko bizaba ngombwa kugira amateraniro yihariye. Umugambi wanjye<br />

rukumbi wari uwo guhindurira abantu kuyoboka Imana, kuburira isi ko igihe cy’urubanza<br />

cyegereje no gutera bene wacu kugira kwitegura mu mitima bizababashisha gusanganira<br />

Imana yabo mu mahoro. Benshi mu bantu bashoboye kwihana kubw’umurimo nakoze binjiye<br />

mu matorero yariho.” 498<br />

Kubera ko umurimo we werekezaga ku kubaka no gukomeza amatorero, yakiriwe neza<br />

mu gihe runaka. Ariko igihe ababwirizabutumwa n’abayobozi b’amatorero bafataga<br />

umwanzuro wo kurwanya inyigisho ivuga ibyo kugaruka kwa Kristo kandi bagashaka<br />

guhagarika ikangarana ritejwe na zo, ntibarwanirije izo nyigisho ku ruhimbi gusa, ahubwo<br />

banabujije abayoboke babo kujya mu materaniro avuga ibyo kugaruka kwa Kristo ndetse no<br />

kuvugana iby’ibyiringiro byabo mu materaniro y’ubusabane mu matorero. Bityo abizera<br />

bisanze bari mu kigeragezo gikomeye cyane kandi bagira imitima ihagaze. Bakundaga<br />

amatorero yabo kandi byari bibagoye kwitandukanya nayo; ariko ubwo babonaga ubuhamya<br />

bw’Ijambo ry’Imana busiribangwa kandi uburenganzira bwabo bwo gusoma ubuhanuzi<br />

bubangamiwe, bumvise ko kuba indahemuka ku Mana bibabuza kumvira abayobozi babo.<br />

Ntabwo abantu birengagizaga ubuhamya bw’ijambo ry’Imana bashoboraga kubafata ko<br />

bagize itorero rya Kristo, ryo “nkingi n’ishingiro ry’ukuri.” Kuva ubwo, bumvise ko nta kibi<br />

baba bakoze mu gihe bitandukanyije n’amatorero bari basanzwemo. Mu mpeshyi yo mu<br />

mwaka wa 1844, hafi abantu bagera ku bihumbi mirongo itanu bitandukanyije n’amatorero<br />

yabo.<br />

Bijya gushyira icyo gihe, habonekaga impinduka igaragara mu matorero menshi yo muri<br />

Leta zunze Ubumwe za Amerika. Kuva mu myaka myinshi hari haragiye habaho ukwigana<br />

imigenzereze n’imigenzo by’ab’isi kwiyongeraga buhoro buhoro ariko mu buryo buhamye,<br />

ndetse ibyo bikajyana n’ubuhenebere mu by’umwuka. Ariko muri uwo mwaka, habonetse<br />

273

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!