15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

uburinzi bw’Imana bibakurwaho, maze Satani yemererwa kubategeka uko ashaka. Ubwicanyi<br />

buteye ubwoba bwakozwe mu gihe cy’isenywa rya Yerusalemu ni igihamya cyerekana<br />

ubugome Satani ategekesha abirunduriye mu buyobozi bwe.<br />

Ntidushobora kumenya icyo twakwitura Kristo kubera amahoro n’uburinzi tumukesha.<br />

Ububasha bw’Imana bukumira ibibi ni bwo burinda abantu kurundukira mu butegetsi bwa<br />

Satani. Abantu batumvira ndetse n’indashima bafite impamvu ikomeye yabatera gushimira<br />

Imana imbabazi no kwihangana ibagaragariza mu gukumira imbaraga kirimbuzi z’umwanzi<br />

kandi zirimo ubugome. Ariko iyo abantu barenze aho kwihangana kw’Imana kugarukira, iyo<br />

mbaraga ikumira ikibi ibakurwaho.<br />

Ntabwo Imana yitwara ku munyabyaha nk’imucira urubanza rw’igicumuro cye; ahubwo<br />

abanze kwemera ubuntu bwayo irabareka bakagerwaho n’ingaruka z’ibyo bakoze. Umucyo<br />

wose umuntu yanze kwemera, umuburo wose asuzuguye, icyifuzo cyose yirundumuriyemo,<br />

no kugomera amategeko y’Imana kose, biba ari urubuto rubibwe kandi rutabura gutanga<br />

umusaruro. Iyo umunyabyaha arwanyije Mwuka w’Imana byimazeyo, amaherezo Mwuka<br />

akurwa kuri uwo munyabyaha, maze agasigara atagishoboye gutegeka ibyifuzo bibi bya<br />

kamere kandi adafite umurinda ubugome n’urwango bya Satani.<br />

Gusenywa kwa Yerusalemu ni umuburo ukomeye kandi wo kwitonderwa ugenewe abantu<br />

bose bakerensa impano z’ubuntu bw’Imana kandi banga kwemera kwingingana imbabazi<br />

kwayo. Nta gihe higeze hatangwa igihamya kiruta icyo cyerekana urwango Imana yanga<br />

icyaha kandi cyerekana igihano umunyabyaha azahabwa nta kabuza.<br />

Ubuhanuzi bw’Umukiza bwerekeye urubanza Yerusalemu yaciriwe bugomba kongera<br />

gusohozwa mu bundi buryo, kandi amarorerwa ateye ubwoba yabaye kuri Yerusalemu<br />

yerekana gusa ishusho ntoya y’ibyo bindi bizabaho. Isenywa ry’umujyi watoranyijwe<br />

n’Imana ritwereka akaga kazagera ku isi yanze kwemera imbabazi z’Imana kandi igasuzugura<br />

amategeko yayo.<br />

Mu binyejana byinshi iyi si imaze iri mu cyaha, yaranzwe n’amateka mabi bikabije<br />

y’umubabaro n’agahinda byageze ku bantu. Imitima y’abantu irarwaye kandi intekerezo zabo<br />

zigenda zicogora mu byo kumenya ubwenge. Kugomera ubuyobozi bw’Ijuru byabazaniye<br />

ingaruka mbi bikabije. Nyamara, hari ibindi byahanuwe birusha ibyo kuba bibi bitarabaho<br />

ubu bitegerejwe. Ibyaranze ibihe byahise: intambara z’urudaca zagiye zikurikirana,<br />

amakimbirane, imyivumbagatanyo, «Ibyuma abafite intwaro bari bifurebye mu ntambara<br />

byose n’imyenda igaraguwe mu maraso» Yesaya 9:5-- mbega ukuntu ari ubusa,<br />

ubigereranyije n’ibiteye ubwoba bizabaho igihe Mwuka w’Imana ukumira ibibi azaba<br />

yakuwe ku nkozi z’ibibi, atagikumira gusandara kw’irari rya kimuntu ndetse n’umujinya wa<br />

Satani! Icyo gihe abatuye isi bazabona ingaruka z’ubutegetsi bwa Satani kurenza uko baba<br />

barigeze kuzibona.<br />

20

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!