15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Abamarayika b’Imana bakurikiranaga umusaruro wavaga muri ubwo butumwa bw’imbuzi<br />

babyitayeho. Ubwo muri rusange amatorero yangaga ubwo butumwa, abamarayika<br />

bisubiriragayo bababaye. Nyamara, hari hakiriho abantu benshi bari batarashungurwa ku<br />

byerekeye ukuri ko kugaruka kwa Kristo. Benshi bayobejwe n’abagabo babo cyangwa<br />

abagore babo, ababyeyi babo cyangwa abana babo, maze babemeza ko no gutega amatwi<br />

inyigisho bitaga iz’ubuyobe nk’izo zigishwaga n’Abadiventisiti ari icyaha. Abamarayika<br />

batumwe kurinda abo bantu b’indahemuka, kubera ko undi mucyo wendaga kubarasira<br />

uturutse ku ntebe y’ubwami y’Imana.<br />

Abari baramaze kwakira ubwo butumwa bari bategereje kuza k’Umukiza wabo babifitiye<br />

amatsiko bitavugwa. Igihe bari biteze kumubona cyari bugufi rwose. Begerezaga icyo gihe<br />

bafite ituza ritangaje. Bakomeje kugirana umushyikirano uhamye n’Imana, barangamiye<br />

amahoro bari bagiye guhabwa mu ijuru. Nta muntu n’umwe wagize ibyo byiringiro ushobora<br />

kwibagirwa ibihe byiza bitangaje byo gutegereza bagize. Mu gihe cy’ibyumweru bike<br />

byabanzirizaga uwo munsi, ahenshi imirimo ijyana n’iby’isi yararetswe. Abizera nyakuri<br />

bagenzuraga igitekerezo cyose n’amarangamutima bibarimo nk’abari ku mariri yabo benda<br />

gupfa kandi bagiye gufunga amaso yabo ubutazongera kubona ibibera ku isi. Ntibyari<br />

ngombwa kudodesha “amakanzu yo kuzamukana gusanganira Umukiza;” 497 ariko bose<br />

bumvaga bakeneye igihamya cy’imbere mu mutima kibemeza ko biteguye gusanganira<br />

Umukiza. Amakanzu yabo yera yari ubutungane bw’ubugingo,- imico yejejwemo icyaha<br />

n’amaraso yeza ya Kristo. Abavuga ko ari ubwoko bw’Imana mbese ntibakwiriye kuba bafite<br />

umwuka nk’uwo w’umutima witanga, bakagira kumaramaza nk’uko ndetse no kwizera<br />

kudakebakeba! Iyo bakomeza kwicisha bugufi batyo imbere y’Umukiza wabo kandi<br />

bagakomeza gusuka amasengesho yabo ku ntebe y’imbabazi, bajyaga kugira imibereho<br />

irushijeho gukungahara kuruta iyo bafite ubu. Hariho gusenga ku rugero ruto cyane, kwemera<br />

nyakuri ibyaha byabo ku rugero ruto, kandi kutagira ukwizera kuzima bisiga benshi batagira<br />

ubuntu butangwa n’Umucunguzi wacu ku rugero rusendereye.<br />

Imana yashakaga kugerageza ubwoko bwayo. Ikiganza cyayo cyatwikiriye ikosa bagiraga<br />

mu byerekeye ibihe by’ubuhanuzi. Ntabwo Abadiventisiti bashoboye gutahura iryo kosa,<br />

kandi nta n’ubwo ryashoboye gutahurwa n’intiti zo mu babarwanyaga. Ababarwanyaga<br />

baravuze bati: “Uko mugaragaza ibihe by’ubuhanuzi ni ukuri rwose. Bigaragara ko hari ikintu<br />

gikomeye kigiye kubaho; ariko si icyo Miller yavuze; ahubwo ni uguhinduka kw’abatuye isi<br />

aho kuba kugaruka kwa Kristo.”<br />

Igihe bari biteze cyarahise nyamara Kristo ntiyaza gucungura ubwoko bwe. Abari<br />

barategereje Umukiza wabo bafite kwizera nyakuri n’urukundo rutaryarya, bacitse intege<br />

bikomeye cyane. Ariko kandi imigambi y’Imana yagerwagaho. Imana yageragezaga imitima<br />

y’abavugaga ko bategereje ukuza k’Umukiza. Muri bo hari harimo benshi bari baragiye<br />

bakangurwa n’ubwoba gusa nta yindi mpamvu iruta iyo ibibateye. Ibyo bahamyaga ko bizeye<br />

ntibyari byaragize icyo bikora ku mitima yabo cyangwa ku mibereho yabo. Ubwo ibyo bari<br />

biteze ko bizabaho bitabaga, abo bantu bavuze ko bo batakozwe n’isoni. Bavugaga ko<br />

271

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!