15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Kristo azafata kandi akagororera abo azasanga bari maso babwiriza ibyo kugaruka kwe ndetse<br />

n’abazaba baguhakana. Nuko rero aravuga ati: “Mube maso . . . Uwo mugaragu arahirwa,<br />

shebuja naza agasanga abikora!” “Ariko rero nutaba maso nzaza nk’umujura, nawe<br />

ntuzamenya igihe nzagutungurira.” 494<br />

Pawulo avuga iby’umugabane w’abantu bazatungurwa no kuza kwa Kristo ati: “Kuko<br />

ubwanyu muzi neza yuko umunsi w’Umwami wacu uzaza nk’uko umujura aza nijoro. Ubwo<br />

bazaba bavuga bati: ‘Ni amahoro, nta kibi kiriho!’ Ni bwo kurimbuka kuzabatungura . . .<br />

kandi ntibazabasha kubikira na hato.” Ariko abumviye imiburo y’Umukiza yabongereyeho<br />

ati: “Ariko mwebweho, bene Data, ntimuri mu mwijima ngo uwo munsi ubatungure<br />

nk’umujura, kuko mwese muri abana b’umucyo n’abana b’amanywa. Ntituri ab’ijoro<br />

cyangwa ab’umwijima.” 495<br />

Uko ni ko byagaragajwe ko Ibyanditswe bidaha abantu ubwishingizi bwo kwibera mu<br />

bujiji ku byerekeye kugaruka kwa Kristo kwegereje. Nyamara abishakiraga urwitwazo gusa<br />

rwo kwanga ukuri, bizibye amatwi ntibashaka kumva ubusobanuro bw’ayo magambo maze<br />

amagambo avuga ngo, “Ariko umunsi n’icyo gihe ntawe ubizi,” akomeza kuvugwa<br />

n’abakobanyi ndetse n’abandi biyitaga abakorera Kristo. Uko abantu bakangukaga maze<br />

bagatangira gushaka kumenya iby’inzira y’agakiza, abigisha mu by’idini babitambikaga<br />

imbere bakajya hagati yabo n’ukuri, bakagerageza kubamara ubwoba bakoresheje gusobanura<br />

ijambo ry’Imana uko ritari. Abo barinzi b’abahemu bafatanyije n’umushukanyi ukomeye mu<br />

murimo we, batera hejuru bati: “Ni amahoro, ni amahoro,” mu gihe Imana yo itigeze ivuga<br />

ko hari amahoro. Kimwe n’Abafarisayo bo mu gihe cya Kristo, benshi banze kwinjira mu<br />

bwami bwo mu ijuru bo ubwabo kandi babuza abandi bari bari kwinjira. Amaraso y’abo bantu<br />

bazayabazwa.<br />

Abantu bo mu matorero babaga bacishije bugufi cyane kandi baritanze batizigamye ni bo<br />

akenshi babaga aba mbere mu kwakira ubwo butumwa. Abiyigishaga Bibiliya ni bo<br />

bashoboye kumenya ko ibitekerezo bisobanura iby’ubuhanuzi byabaye gikwira muri rubanda<br />

bidashingiye ku byanditswe; kandi ahantu hose abantu babaga batagenzurwa n’ubuyobozi<br />

bw’itorero, aho ari ho hose bashoboraga gucukumbura ijambo ry’Imana ubwabo. Inyigisho<br />

yo kugaruka kwa Kristo yabaga ikeneye kugereranywa na Bibiliya kugira ngo hashimangirwe<br />

ubushobozi bwayo bukomoka ku Mana.<br />

Abakristo benshi batotezwaga n’abavandimwe babo batizeraga. Kugira ngo bagumane<br />

imyanya yabo mu itorero, bamwe biyemeje guceceka ibyerekeye ibyiringiro byabo; nyamara<br />

abandi bumvaga ko kuba indahemuka ku Mana bibabuza kuba bahisha uko kuri Imana<br />

yabaragije ngo bakuvuge. Benshi baciwe mu itorero nta kindi bazize uretse kuvuga ko bizera<br />

ubutumwa bwo kugaruka kwa Kristo. Abahuye n’iki kigereragezo cyo kwizera kwabo, aya<br />

magambo y’umuhanuzi yari ay’agaciro kenshi kuri bo: “Bene wanyu babanze bakabaca<br />

babahora izina ryanjye, baravuze bati ‘Ngaho Uwiteka nahabwe icyubahiro turebe umunezero<br />

wanyu! Ariko bazakorwa n’isoni.” 496<br />

270

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!