15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

yabaga iteze amatwi ituje cyane kugira ngo bumve ayo magambo akomeye. Byasaga n’aho<br />

ijuru n’isi byegeranye. Imbaraga y’Imana yumvikanaga haba mu basaza, abakiri bato, ndetse<br />

n’abakuze. Abantu basubiraga mu ngo zabo bagenda basingiza, kandi indirimbo z’ibyishimo<br />

zumvikanaga mu ijoro rituje. Nta muntu n’umwe wabaye muri ayo materaniro wabasha<br />

kwibagirwa uko ibyo byabaga binejeje cyane.<br />

Itangazwa ry’umunsi nyawo wo kugaruka kwa Kristo ryateye kurwanywa gukomeye<br />

k’ubwo butumwa guturutse mu nzego zose uhereye ku mubwiriza wavugiraga ku ruhimbi<br />

ukageza ku munyabyaha ruharwa. Amagambo y’ubuhanuzi yarasohoye ngo: “Mu minsi<br />

y’imperuka hazaza abakobanyi bakobana, bakurikiza irari ryabo, babaza bati: “Isezerano ryo<br />

kuza kwe riri he? Ko uhereye aho ba sogokuruza basinziririye, byose bihora uko byahoze,<br />

uhereye ku kuremwa kw’isi?” 491 Abantu benshi bavugaga ko bakunda Umukiza, batangaje<br />

ko badahakana inyigisho zivuga ibyo kugaruka kwe; icyo batemeye gusa ni ibyo kuvuga<br />

itariki ntarengwa. Ariko ijisho ry’Imana rireba byose ryasomaga imitima yabo. Mu by’ukuri<br />

ntibashakaga kumva ibyo kugaruka kwa Kristo aje gucira isi urubanza. Bari barabaye<br />

abagaragu babi, imirimo yabo ntiyashoboraga guhangana n’ijisho ry’Imana ricengera mu<br />

mitima, bityo batinyaga guhura n’Umukiza wabo. Nk’uko Abayahudi bari bameze mu gihe<br />

cyo kuza kwa Kristo bwa mbere, abo bantu ntibari biteguye kwakira Yesu. Ntabwo banze<br />

gusa kumva ingingo zumvikana zivuye muri Bibiliya, ahubwo banagize urw’amenyo abari<br />

bategereje kuza k’Umukiza. Satani n’abamarayika be barishimaga cyane, kandi bagakwena<br />

Kristo n’abamarayika be kubera ko abavugaga ko ari ubwoko bwe bamukunda urumamo ku<br />

buryo batifuzaga kugaruka kwe.<br />

Abangaga kwemera ubutumwa bwo kugaruka kwa Kristo akenshi batangaga iyi ngingo<br />

bagira bati: “Ariko uwo munsi n’icyo gihe ntawe ubizi.” Ibyanditswe biravuga biti: “Ariko<br />

uwo munsi n’icyo gihe nta wubizi, n’aho baba abamarayika bo mu ijuru cyangwa Umwana,<br />

keretse Data wenyine.” 492 Abari bategereje Umukiza batangaga ubusobanuro bwumvikana<br />

bw’iri somo maze imikoreshereze mibi yaryo yagirwaga n’ababarwanyaga ishyirwa<br />

ahagaragara. Ariya magambo yavuzwe na Kristo muri cya kiganiro giheruka yagiranye<br />

n’abigishwa be bari ku musozi wa Elayono ubwo yari amaze gusohoka mu rusengero<br />

ubuheruka. Abigishwa be bari bamubajije bati: “Ikimenyetso cyo kuza kwawe<br />

n’icy’imperuka y’isi ni ikihe?” Yesu yabahaye ibimenyetso, maze arababwira ati: “Nuko<br />

namwe nimubona ibyo byose, muzamenye yuko ari hafi, ndetse ageze ku rugi.” 493 Ntabwo<br />

imvugo imwe y’Umukiza ikwiriye gukoreshwa kugira ngo isenye indi. Nubwo nta muntu uzi<br />

umunsi cyangwa isaha byo kugaruka kwe, twasobanuriwe kandi dusabwa kumenya igihe<br />

ukuza kwe kuzaba kwegereje. Tubwirwa kandi ko kutita ku miburo ye, ndetse no kwanga<br />

cyangwa kwirengagiza kumenya igihe kuza kwe kuzaba kwegereje bizatubera akaga<br />

gakomeye nk’uko byagendekeye abantu bo mu gihe cya Nowa batigeze bashaka kumenya<br />

igihe umwuzure wagombaga kuzira. Ndetse umugani uvugwa muri icyo gice werekana<br />

itandukaniro hagati y’umugaragu ukiranuka n’umugaragu mubi kandi ukerekana akaga<br />

gategereje umugaragu wibwiraga mu mutima we ati: “Databuja aratinze,” werekana uko<br />

269

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!