15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

cy’ubuhanuzi bwa Daniyeli maze atangazwa cyane n’uburyo ubwo buhanuzi bwari<br />

bwarasohoye neza uko bwavuzwe nk’uko yabibonaga mu gitabo cy’uwo mwanditsi<br />

w’amateka. Aho ni ho yaboneye igihamya cy’uko Ibyanditswe byahumetswe n’Imana. Ibyo<br />

byamubereye igitsika umutima we mu gihe cy’akaga yanyuzemo mu myaka yakurikiyeho.<br />

Ntiyashoboraga kunyurwa n’inyigisho zishingiye ku mitekerereze y’umuntu. Ubwo yigaga<br />

Bibiliya kandi agashakisha umucyo uruseho, yaje kugera ku kwizera gushikamye rwose<br />

nyuma y’igihe gito.<br />

Uko yakomezaga gucukumbura ubuhanuzi yageze aho yizera ko ukugaruka k’Umukiza<br />

kwegereje. Amaze gutangazwa n’uko kuri kw’ingenzi, yifuje kumenyesha abantu uko kuri;<br />

ariko imyizerere rusange y’uko ubuhanuzi bwa Daniyeli ari ubwiru kandi ko budashobora<br />

kumvikana yamubereye inkomyi ikomeye cyane mu nzira ye. Amaherezo, nk’uko Farel yari<br />

yarabigenje mbere ye abwiriza ubutumwa i Geneve, Gaussen yiyemeje gutangira yigisha<br />

abana. Yiringiraga ko azakundisha ababyeyi ubutumwa anyuze kuri abo bana.<br />

Nyuma yaho ubwo yavugaga ku mugambi yari afite ubwo yafataga uwo mugambi<br />

yaravuze ati: “Ndifuza ko ibi byumvikana neza, impamvu si uko iyi gahunda ifite agaciro<br />

gake, ahubwo ibiri amambu, ni kubw’agaciro kayo gakomeye, ni yo mpamvu nifuza kuvuga<br />

iby’izi nyigisho mu buryo bworoheje kandi nkazibwira abana. Nifuzaga gutegwa amatwi,<br />

kandi natinyaga ko ntari kunvwa iyo ntangirira ku bantu bakuze.” “Kubw’iyo mpamvu,<br />

niyemeje gusanga abakiri bato. Nteranya abana; iyo itsinda ryabo ryagutse, iyo bigaragaye ko<br />

bateze amatwi, bafite ubwuzu, bibanejeje, nkabona ko basobanukirwa kandi babasha<br />

gusobanura ingingo twaganiriye, ubwo mba niringiye ryose ko bidatinze ngomba gutangiza<br />

itsinda rya kabiri kandi ubwo ni bwo abakuze nabo bazamenya ko bakeneye kwicara maze<br />

bakiga. Igihe ibyo bikozwe, umugambi uzaba ugezweho.” 489<br />

Umuhati we wageze ku ntego. Ubwo yabwirizaga abana, abantu bakuze na bo baje<br />

kumwumva. Amabaraza y’urusengero rwe yabaga yuzuye abantu bamuteze amatwi batuje.<br />

Muri bo habaga harimo abantu bakomeye, intiti, n’abanyamahanga babaga baje gusura<br />

umujyi wa Geneve; kandi muri ubwo buryo, ubutumwa bwabashije kugezwa no mu bindi<br />

bihugu.<br />

Gaussen atewe ubutwari no kubona ageze ku ntego, yacapishije ibyigisho bye afite<br />

ibyiringiro yuko bizatuma abantu biga ibitabo by’ubuhanuzi mu nsengero z’abantu bavuga<br />

Igifaransa. Gaussen yaravuze ati: “Gucapisha ibyigisho byigishwaga abana, kenshi<br />

byasuzugurwaga n’abakuze bafatiye ku rwitwazo rutari ukuri bavuga ko bitumvikana, kwari<br />

ukubwira abakuze nti, ‘Ni mu buhe buryo bishobora kutumvikana mu gihe abana<br />

babisobanukirwa?’ ” Yongeraho ati : “Nari mfite icyifuzo gikomeye cyo gutuma ubuhanuzi<br />

bumenyekana mu bantu bacu uko bishoboka kose.” “Kuri jye nta nyigisho zindi nabonaga ko<br />

zamara ubukene bw’abantu muri icyo gihe nk’uko bikwiye.” “Izi nyigisho nizo zidutegurira<br />

guca mu kaga kari imbere no kudutera kuba maso kandi tugategereza Yesu Kristo.”<br />

265

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!