15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

kuri Rekabu. Abo ntibanywa inzoga, ntibahinga inzabibu, ntibabiba imbuto iyo ariyo yose,<br />

bibera mu mahema kandi bagahora bibuka umukurambere Yonadabu mwene Rekabu.<br />

Babanaga n’abana ba Isirayeli bo mu muryango wa Dani . . . kimwe na bene Rekabu, bari<br />

bategereje ukuza vuba kwa Mesiya aje ku bicu byo mu ijuru.” 486<br />

Undi mubwirizabutumwa yaje gusanga imyizerere nk’iyo mu karere ka Tatary. Umupadiri<br />

wo mu bwoko bw’abaturiye ako karere yabajije uwo mubwirizabutumwa igihe Kristo<br />

azagarukira. Ubwo uwo mubwirizabutumwa yamusubizaga ko ntacyo abiziho, uwo mupadiri<br />

yatangajwe cyane no kutamenya nk’uko k’umuntu uvuga ko yigisha abandi Bibiliya.<br />

Yamubwiye ibyo we yizera bishingiye ku buhanuzi, ko Kristo yagombaga kuza mu mwaka<br />

wa 1844.<br />

Mu ntangiriro z’umwaka wa 1826 ni ho ubutumwa bwo kugaruka kwa Kristo bwatangiye<br />

kubwirizwa mu Bwongereza. Mu Bwongereza, ubwo butumwa ntibwashinze imizi nko muri<br />

Amerika; igihe nyacyo cyo kugaruka kwa Kristo nticyigishijwe abantu muri rusange, ariko<br />

bamamazaga cyane ukuri gukomeye kuvuga ibyo kugaruka kwa Kristo kwegereje aje afite<br />

ubutware n’ikuzo. Kandi ibi ntibabyigishaga mu bitandukanyije n’itorero n’abanze<br />

kwifatanya naryo gusa. Umwanditsi w’umwongereza witwaga Murant Brock yavuze ko<br />

ababwirizabutumwa bageze kuri magana arindwi bo mu itorero ry’Ubwongereza babwirizaga<br />

ubwo “butumwa bwiza bw’Ubwami.” Ubutumwa bwavugaga umwaka 1844 nk’igihe cyo<br />

kugaruka k’Umukiza bwabwirijwe na none mu Bwongereza. Ibitabo by’Abadiventisiti<br />

biturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika byakwirakwijwe ahantu henshi. Ibitabo<br />

n’ibinyamakuru bivuga iby’iyo ngingo bitangira gucapirwa mu Bwongereza. Mu mwaka wa<br />

1842, uwitwaga Robert Winter wari umwongereza wari warakiriye ukwizera<br />

kw’Abadiventisiti muri Amerika, yagarutse mu gihugu cy’Ubwongereza yavukiyemo kugira<br />

ngo ahavuge ubutumwa bwo kugaruka k’Umukiza. Abantu benshi bafatanyije na we muri<br />

uwo murimo maze ubutumwa buvuga iby’urubanza buvugwa mu bice bitandukanye<br />

by’Ubwongereza.<br />

Muri Amerika y’amajyepfo, mu bantu batateye imbere kandi harangwaga ubuyobozi<br />

bw’abapadiri b’abagatorika, uwitwaga Lacunza wari umuyezuwiti w’Umwesipanyoli,<br />

yacukumbuye mu Byanditswe maze yemera ukuri kuvuga ibyo kugaruka kwa Kristo<br />

kwegereje. Yumvaga ahatirwa gutanga uwo muburo nyamara ntiyashakaga kugerwaho<br />

n’ibihano bya Roma, nuko asohora inyandiko irimo ubutumwa bwe ifite izina rya “ Rabbi<br />

Ben-Ezra.” Muri ubwo butumwa yigaragazaga ko ari Umuyahudi wahindutse. Lacunza<br />

yabayeho mu kinyejana cya cumi n’umunani, ariko bigeze mu mwaka wa 1825 nibwo igitabo<br />

cye cyageze mu Bwongereza, gisobanurwa mu Cyongereza. Gusohoka kw’icyo gitabo<br />

kwarushijeho gushimangira ugukanguka kwari kwaratangiye mu Bwongereza ku byerekeye<br />

ingingo yo kugaruka kwa Kristo.<br />

Mu Budage, iyo nyigisho yari yarigishijwe mu kinyejana cya cumi n’umunani n’uwitwaga<br />

Bengel wari umubwirizabutumwa mu Itorero ry’Abaluteri kandi akaba yari azwiho ubuhanga<br />

263

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!