15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Palesitina, Siriya, Ubuperesi, Bokahara n’Ubuhinde. Yasuye na Leta Zunze Ubumwe za<br />

Amerika kandi ubwo yajyagayo, yahagaze ku kirwa cya Mutagatifu Helene arahabwiriza.<br />

Yageze mu mujyi wa New York mu kwezi kwa Kanama 1837. Amaze kwigishiriza muri uwo<br />

mujyi, yabwiririje mu mijyi ya Filaderifiya (Philadeliphia) n’i Baltimore hanyuma arangiriza<br />

uruzinduko rwe i Washington. Aravuga ati: “Biturutse ku cyifuzo cyatanzwe na John Quincy<br />

Adams wahoze ari Perezida, mu nama imwe y’Inteko yari yateranye, abari bayigize bose<br />

bemeye kumpa uburenganzira bwo gukoresha Inzu iteraniramo Inteko Nkuru kugira ngo<br />

nyigishirizemo icyigisho natanze ari ku wa karindwi (ku isabato), maze mpahererwa<br />

icyubahiro ubwo abagize Inteko Nkuru bose bazaga kunyumva, ndetse haza n’Umwepisikopi<br />

w’i Virginia n’abayobozi mu by’idini n’abaturage b’i Washington. Icyubahiro nk’icyo<br />

nagihawe kandi n’abayobozi ba Leta ya New-Jersey na Pensylvania, abo nigishirije imbere<br />

yabo iby’ubushakashatsi nakoreye muri Aziya, kandi mpavugira iby’ingoma ya Yesu Kristo.”<br />

482<br />

Dr. Wolff yazengurutse mu bihugu byinshi bitari byarateye imbere byarangwagamo<br />

ubugome atarinzwe n’ubutegetsi ubwo ari bwo bwose bwo mu Burayi, akihanganira imiruho<br />

myinshi yahuraga na yo kandi yabaga akikijwe na byinshi biteye akaga. Yarakubiswe kandi<br />

yicishwa inzara, agurishwa nk’imbata, kandi yaciriwe urwo gupfa incuro eshatu. Yagiye<br />

yibasirwa n’abambuzi kandi rimwe na rimwe yagiye agera ubwo yenda gupfa azize inyota.<br />

Umunsi umwe, yacujwe ibyo yari afite byose maze asigara agomba kugenda ibirometero<br />

byinshi cyane n’amaguru mu misozi, nta nkweto, anyagirwa n’urubura kandi ibirenge bye<br />

bitambaye inketo bigagazwa no kugenda ku butaka butwikiriwe n’ububura.<br />

Ubwo bamugiraga inama yo kutishora mu bantu buzuye ubugome kandi b’abanyamahane<br />

adafite intwaro, Wolff yababwiye ko afite intwaro ari zo: “isengesho, ishyaka rya Kristo<br />

n’ibyiringiro ko afashwa na Kristo.” Yaravuze ati: “Ikindi kandi nuzuje umutima wanjye<br />

urukundo nkunda Imana na bagenzi banjye, kandi mfite Bibiliya mu ntoke zanjye.” 483 Aho<br />

yajyaga hose yagendanaga Bibiliya iri mu rurimi rw’Igiheburayo n’indi yo mu Cyongereza.<br />

Yavuze kuri rumwe mu ngendo ze ziheruka ati: “Nakomezaga kugumana Bibiliya irambuye<br />

mu ntoke zanjye. Numvaga imbaraga zanjye ziri muri Bibiliya kandi ko ubushobozi bwayo<br />

bugomba kunkomeza.” 484<br />

Uko ni ko yakomeje kwihangana mu miruho ye kugeza ubwo ubutumwa buvuga<br />

iby’urubanza bugeze ahantu henshi hatuwe ku isi. Yakwirakwije ijambo ry’Imana mu<br />

Bayahudi, Abanyaturukiya, Abaperesi, Abahindu ndetse n’andi mahanga n’amoko menshi ari<br />

nako aho yajyaga hose yagendaga abwiriza iby’ubwami bwa Mesiya bugiye gushingwa.<br />

Mu ngendo ze i Bokhara yahasanze inyigisho ivuga ibyo kugaruka k’Umukiza kwegereje<br />

yizerwaga n’abantu bari batuye mu cyaro bonyine. Yaravuze ati: “Abarabu bo muri Yemen<br />

bari bafite igitabo cyitwa “Seera”, kivuga ibyo kugaruka kwa Kristo n’ibyo kwima ingoma<br />

kwe afite ikuzo; kandi bari biteze ibintu bikomeye byagombaga kubaho mu mwaka wa 1840.”<br />

485 Akomeza avuga ati: “Muri Yemen nahamaze iminsi itandatu ndi kumwe n’abakomoka<br />

262

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!