15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

azanye n’impanda ya marayika ukomeye,” 477 “kandi azahagarara ku musozi wa Erayono;<br />

nuko rero gutegeka ibyaremwe byose byari bwarahawe Adamu kandi akabinyagwa (Itang.<br />

1:26; 3:17) bizahabwa Yesu. Azaba Umwami w’isi yose. Iminiho no kuganya kw’ibyaremwe<br />

bizahagarara, maze humvikane indirimbo zo gusingiza no gushima. Ubwo Yesu azaza mu<br />

ikuzo rya Se, azanye n’abamarayika bera, . . . abapfuye bizeye ni bo bazabanza kuzuka. (1<br />

Abatesalonike 4:16; 1 Abakorinto 15:23). Icyo ni cyo twebwe Abakristo twita umuzuko wa<br />

mbere. Icyo gihe, kamere y’inyamaswa izahindurwa (Yesaya 11:6-9), maze igengwe na Yesu<br />

gusa. Zaburi 8. Amahoro azaganza hose.” 478“Uhoraho azongera yitegereze isi maze avuge<br />

ati, ‘Dore ni byiza cyane.” 479<br />

Wolff yizeraga ko kuza kwa Kristo kwegereje, kandi uko yasobanuraga ibihe<br />

by’ubuhanuzi kwavugaga ko ukurimbuka gukomeye kuzabaho mu myaka mike gusa y’igihe<br />

cyavuzwe na Miller. Abamubazaga bahereye ku byanditswe bivuga ko: “ku byerekeranye<br />

n’umunsi cyangwa isaha, nta muntu n’umwe ubizi,” kandi ko ntacyo abantu babasha kumenya<br />

ku byerekeranye no kwegereza k’uwo munsi, Wolff yarabasubizaga ati: “Umukiza wacu<br />

ntiyavuze ko ntawe uzamenya umunsi cyangwa isaha yo kugaruka kwe? Mbese ntiyadusigiye<br />

ibimenyetso by’ibihe kugira ngo tubashe kumenya nibura ko igihe cyo kugaruka kwe<br />

cyegereje nk’uko umuntu amenya ko igihe cy’impeshyi cyegereje arebeye ku buryo igiti<br />

cy’umutini kimera amababi? (Matayo 24:32). Mbese ntidushobora kumenya iby’icyo gihe<br />

kandi Umukiza ubwe yaratwihanangirije kudasoma gusa ubuhanuzi bwa Daniyeli ko ahubwo<br />

dukwiriye no kubusobanukirwa? kandi ko muri ubwo buhanuzi bwa Daniyeli havuga ko<br />

amagambo yacyo ashyizweho ikimenyetso kugeza ku mperuka (uko rero ni ko byari bimeze<br />

mu gihe cye), kandi ko “benshi bazajarajara hirya no hino” (bishatse kuvuga mu Giheburayo<br />

ko bazitondera icyo gihe kandi bakagitekerezaho), ndetse ko “ubwenge” (bwerekeranye<br />

n’icyo gihe) ‘buzagwira’? (Daniyeli 12:4). Ibyongera kuri ibi, ntabwo ubwo Umukiza wacu<br />

yavugaga ibi yashakaga kuvuga ko kwegereza kw’igihe kutazigera kumenyekana, ahubwo<br />

yavugaga ko ‘ umunsi n’isaha nyabyo nta muntu ubizi.’ Avuga ko hari byinshi<br />

bizamenyekanira ku bimenyetso by’ibihe kugira ngo bidutere kwitegura ukugaruka kwe<br />

nk’uko Nowa yateguye inkuge.” 480<br />

Ku byerekeye uburyo rusange bwo gusobanura Ibyanditswe, byaba neza cyangwa<br />

kubigoreka, Wolff yaranditse ati: “Umugabane munini w’amatorero ya Gikristo yataye<br />

umurongo w’ubusobanuro nyakuri bwa Bibiliya, maze bemera ibyo Ababudisite bizera<br />

bavuga ko umunezero w’umuntu wo mu gihe kizaza uzaba ari uwo kuzerera mu kirere, kandi<br />

batekereza ko iyo basomye Abayahudi bagomba kumva ko ari Abanyamahanga, kandi ko iyo<br />

basomye Yerusalemu bumva ko uvuze urusengero; iyo kandi uvuze isi, ibyo biba bishatse<br />

kuvuga ijuru; kandi ku byerekeye kugaruka kwa Kristo, bagomba kubyumva nk’aho ari<br />

iterambere ry’ imiryango yamamaza ubutumwa; kandi ko kuzamuka ujya ku musozi uriho<br />

inzu y’Uwiteka bisobanuye iteraniro rinini ry’Abametodisiti. ” 481<br />

Mu gihe cy’imyaka makumyabiri n’ine uhereye mu 1821 ukageza mu 1845, Wolff yakoze<br />

ingendo nyinshi: muri Afurika, asura Egiputa na Abisiniya; muri Aziya yambukiranya<br />

261

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!