15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Icyo bireberaga gusa ni intebe y’ubwami , ikamba n’icyubahiro, mu gihe imbere yabo hari<br />

ugukorwa n’isoni ndetse n’umubabaro ukomeye w’i Getsemani, hakaba icyumba cy’urukiko<br />

ndetse n’umusaraba w’i Kaluvali. Ubwibone bwari mu mitima yabo n’inyota y’icyubahiro<br />

cy’isi ni byo byari byarabateye kwihambira ku nyigisho zitari iz’ukuri zo mu gihe cyabo kandi<br />

ntibita ku magambo y’Umukiza, yaberekaga imiterere nyakuri y’ubwami bwe kandi<br />

akabereka umubabaro we n’urupfu rwe. Ayo makosa yabazaniye kugeragezwa, -ikigeragezo<br />

kibabaje, ariko cya ngombwa — Imana yemeye ko kibageraho kugira ngo kibakosore. Nubwo<br />

abigishwa bari barumvise nabi ubusobanuro bw’ubutumwa bwabo, kandi bakaba bari<br />

barananiwe gusobanukirwa n’iby’ibyiringiro byabo, bari barabwirije bavuga umuburo Imana<br />

yari yarabahaye kandi Umukiza yari kuzabagororera kubwo kwizera kwabo kandi agaha<br />

agaciro kumvira kwabo. Nibo bagombaga gushingwa umurimo wo kwigisha amahanga yose<br />

ubutumwa bwiza bw’Umukiza wabo wazutse. Kandi kubwo kubategurira uwo murimo<br />

byatumye Imana yemera ko ibyo babonaga ko bibababaje cyane bibageraho.<br />

Nyuma yo kuzuka kwe, Yesu yabonekeye abigishwa be bari mu nzira igana Emawusi,<br />

maze “atangirira kuri Mose no ku bahanuzi bose, abasobanurira mu byanditswe byose<br />

ibyanditswe kuri we.” 466 Imitima y’abigishwa yarakangutse. Ukwizera kwabo<br />

kurahembuka. Bongera “kugira ibyiringiro bishikamye” nubwo Yesu yari atari yabibwira.<br />

Umugambi we wari uwo kumurikira ubwenge bwabo no gukomeza kwizera kwabo<br />

kugashingira ku “ijambo ry’ukuri ry’ubuhanuzi.” Yashakaga ko ukuri gushinga imizi mu<br />

ntekerezo zabo bidatewe gusa n’uko gushyigikiwe n’ubuhamya bwe ku giti cye, ahubwo<br />

bitewe n’igihamya kidashidikanywaho cyerekanwa n’ibimenyetso n’ibyashushanywaga mu<br />

mategeko ndetse n’ubuhanuzi bwo mu Isezerano rya Kera. Byari ngombwa ko abayoboke ba<br />

Yesu bagira ukwizera kuzuye ubwenge, atari ibyo kubagirira akamaro ku ruhande rwabo<br />

gusa, ahubwo ari ukugira ngo babashe kumenyesha abatuye isi Kristo. Kandi intambwe ya<br />

mbere muri uko gutanga ubwo bwenge, Yesu yerekeje intekerezo z’abigishwa kuri “Mose<br />

n’abahanuzi bose.” Uko niko Umukiza wazutse yabahamirije ashimangira agaciro n’akamaro<br />

k’Ibyanditswe mu Isezerano rya Kera.<br />

Mbega impinduka yabaye mu mitima y’abigishwa ubwo bongeraga kubona mu maso<br />

h’Umwigisha wabo bakundaga!Luka 24:32. Mu buryo bwuzuye kandi bwumvikana neza<br />

kurusha mbere bari barabonye “Uwo Mose yanditse mu mategeko kandi wavuzwe<br />

n’abahanuzi.” Gushidikanya, agahinda no kwiheba byavuyeho himikwa ibyiringiro bishyitse<br />

ndetse nokwizera kudashidikanya. Nta gitangaje rero kubona nyuma yo kuzamurwa mu ijuru<br />

kwe “barahoraga mu rusengero bahimbaza kandi bashima Imana.” Rubanda nta kindi bari<br />

bazi uretse urupfu rw’agashinyaguro Umukiza yari yapfuye, bityo baritegerezaga ngo barebe<br />

ko babona umubabaro, urujijo no gutsindwa mu maso h’abigishwa. Nyamara bababonyeho<br />

ibyishimo n’insinzi. Mbega uburyo abigishwa bari bateguriwe gukora umurimo wari<br />

ubategereje? Bari baranyuze mu kigeragezo gikomeye bashoboye kwihanganira, kandi bari<br />

barabonye uburyo ijambo ry’Imana ryari ryarageze ku nsinzi ikomeye mu gihe mu mirebere<br />

ya kimuntu ibintu byose byari byabaye ubusa. Kuva ubwo, ni iki cyajyaga gucogoza kwizera<br />

253

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!