15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

kw’ 463intebe y’ubwami bivuze ko hariho ubwami. Mu migani myinshi yaciye, Kristo<br />

yakoresheje imvugo: “ubwami bwo mu ijuru” ashaka kwerekeza ku murimo ubuntu<br />

bw’Imana bukora mu mitima y’abantu.<br />

Muri ubwo buryo rero, intebe y’ubwami y’ubwiza ihagarariye ubwami bw’ubwiza; kandi<br />

ubu bwami bwavuzweho mu magambo ya Yesu agira ati: “Umwana w’umuntu ubwo azazana<br />

n’abamarayika bose, afite ubwiza bwe, ni bwo azicara ku ntebe y’ubwiza bwe: amahanga<br />

yose azateranirizwa imbere ye, abarobanure nk’uko umwungeri arobanura intama mu ihene.”<br />

464 Ubu bwami burategerejwe. Ntabwo bushobora gushingwa keretse gusa igihe Kristo azaba<br />

agarutse.<br />

Ubwami bw’ubuntu bwimitswe kuva umuntu akimara gucumura, igihe inama y’agakiza<br />

yo gucungura inyokomuntu yari yacumuye yafatwaga. Kuva ubwo ni ho yabayeho mu<br />

migambi y’Imana no kubw’isezerano ryayo; kandi kubwo kwizera, yagombaga kugirira<br />

abantu akamaro. Nyamara kandi ubwo bwami bwari butarashingwa mu by’ukuri kugeza igihe<br />

Kristo yapfiraga ku musaraba. Na nyuma y’uko yinjira mu murimo wamuzanye ku isi,<br />

Umukiza yashoboraga gusubira inyuma ntiyemere kuba igitambo i Kaluvali bitewe no<br />

kuremererwa no kwinangira imitima no kudashima by’abantu. Ari i Getsemani, ukuboko kwe<br />

kwahinze umushyitsi kubwo igikombe cy’umubabaro yari afashe. N’icyo gihe yashoboraga<br />

kwihanagura ibyuya by’amaraso byatembaga mu maso he maze akareka abanyabyaha<br />

bakarimbukira mu byaha byabo. Iyo ajya gukora atyo, gucungurwa kw’abantu bacumuye<br />

ntikuba kwarashoboye kubaho. Ariko ubwo Umukiza yemeraga gutanga ubugingo bwe maze<br />

agataka ubuheruka agira ati: “Birarangiye”, inama y’agakiza yari isohoye. Isezerano<br />

ry’agakiza ryari ryahawe ababyeyi bacu ba mbere bamaze gucumura mu murima wa Edeni<br />

ryarasohojwe. Ubwami bw’ubuntu bwari bwarabayeho mbere hose mu buryo bw’isezerano<br />

ry’Imana, icyo gihe bwarahanzwe.<br />

Bityo rero urupfu rwa Kristo, - ikintu abigishwa bafataga ko ari iherezo ry’ibyiringiro<br />

byabo — ahubwo ni rwo rwahamije ibyo byiringiro by’iteka ryose. Nubwo urupfu rwa Kristo<br />

rwari rwarabateye gucika intege gukomeye, ni rwo rwari agasongero k’igihamya cy’uko<br />

kwizera kwabo gufite ishingiro. Ikintu cyabayeho kigatuma buzura amaganya no kwiheba ni<br />

cyo cyakinguriye urugi rw’ibyiringiro mwene Adamu wese, kandi icyo ni cyo cyari izingiro<br />

ry’ubugingo bw’ahazaza n’umunezero w’iteka ryose w’indahemuka ku Mana zose z’ibihe<br />

byose.<br />

Imigambi y’Imana igira imbabazi zidashira yarasohoraga ndetse no mu gihe cyo gucika<br />

intege kw’abigishwa. Nubwo imitima yabo yari yarigaruriwe n’ubuntu mvajuru n’imbaraga<br />

y’inyigisho za Kristo ‘wavugaga uko umuntu uwo ari we wese atigeze avuga’, nyamara muri<br />

bo hari imvange z’izahabu nziza y’urukundo bakundaga Yesu n’ubwibone bw’ab’isi no<br />

kurarikira bishingiye ku kwikanyiza. No mu cyumba aho Yesu yasangiriye nabo ibya Pasika,<br />

kuri ya saha ubwo Umutware wabo yari yatangiye kwinjira mu mwijima w’i Getsemani,<br />

habyutse “impaka muri bo, ngo ni nde muri bo ukwiriye gutekerezwa ko ari we mukuru.” 465<br />

252

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!