15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 19 – Umucyo Uvira Mu Mwijima<br />

Uko ibihe bigenda bisimburana, muri buri vugurura rikomeye cyangwa<br />

impinduramatwara mu by’idini, umurimo w’Imana ku isi ugaragaramo ingingo zisa bitangaje.<br />

Amahame y’uburyo Imana ikorana n’abantu ahora ari amwe. Amavugurura y’ingenzi yo muri<br />

iki gihe afite ayo asa nayo rwose yo mu gihe cyashize, kandi ibyabaye ku itorero mu bihe bya<br />

kera bifite ibyigisho by’agaciro kenshi muri iki gihe cyacu.<br />

Nta kuri kwigishwa mu buryo busobanutse neza muri Bibiliya kuruta ukuvuga ko kubwa<br />

Mwuka wayo Muziranenge, Imana mu buryo budasanzwe iyobora abagaragu bayo bari ku isi<br />

mu bihe by’amakangura akomeye yo guteza imbere umurimo w’agakiza. Abantu ni<br />

ibikoresho biri mu maboko y’Imana, bakoreshwa na yo kugira ngo basohoze imigambi yayo<br />

y’ubuntu n’imbabazi. Buri wese afite uruhare rwe agomba gukora; buri wese yahawe urugero<br />

runaka rw’umucyo uhuje n’ubukene bw’igihe cye, kandi uwo mucyo urahagije kugira ngo<br />

umushoboze gukora umurimo Imana yamushinze. Nyamara, nubwo Imana yahaye abagaragu<br />

bayo agaciro kangana gatyo, nta muntu wigeze agera ku gusobanukirwa kuzuye ibya gahunda<br />

ikomeye y’agakiza, cyangwa ngo ashobore gusobanukirwa byuzuye n’umugambi w’Imana<br />

mu murimo ugomba gukorwa muri icyo gihe uwo muntu arimo. Abantu ntibasobanukirwa<br />

mu buryo bushyitse ibyo Imana ishaka kugeraho ikoresheje umurimo ibaha ngo bakore.<br />

Ntabwo basobanukirwa ingingo zose z’ubutumwa bavuga mu izina ryayo.<br />

Uwiteka aravuga ati: “Mbese wabasha kugenzura Imana ukayimenya? Wabasha kumenya<br />

Ishoborabyose ukarangiza?” “Erega ibyo nibwira si byo mwibwira, kandi inzira zanyu si<br />

zimwe n’izanjye! Nk’uko ijuru risumba isi, ni ko inzira zanjye zisumba izanyu, n’ibyo nibwira<br />

bisumba ibyo mwibwira.” “Mwibuke ibyabanje kubaho kera; kuko ari jye Mana nta yindi<br />

ibaho. Ni jye Mana, nta yindi duhwanye. Mpera mu itangiriro nkavuga iherezo, mpera no mu<br />

bihe bya kera nkavuga ibitarakorwa, nkavuga nti, ‘Imigambi yanjye izakomera, kandi ibyo<br />

nzashaka byose nzabikora.” 458<br />

Ndetse n’abahanuzi bagiriwe ubuntu bagahishurirwa mu buryo bwihariye na Mwuka,<br />

ntibasobanukiwe mu buryo bwuzuye akamaro k’ibyo bahishuriwe bakabihabwa.<br />

Ubusobanuro bwabyo bwagombaga kugenda butangwa uko ibihe biha ibindi bikurikije uko<br />

ubwoko bw’Imana bugenda bukenera amabwiriza abukubiyemo.<br />

Ubwo Petero yandikaga iby’agakiza kahishuriwe mu butumwa bwiza, yaravuze ati:<br />

“Abahanuzi bahanuye iby’ako gakiza barondora n’iby’ubuntu mwari mugiye kuzahabwa<br />

babishimikiriye, barondora igihe icyo ari cyo n’ibimenyetso byacyo, byerekanwaga<br />

n’<strong>Umwuka</strong> wa Kristo wari muri bo agahamya imibabaro ya Kristo itari yaba, n’ubwiza<br />

bw’uburyo bwinshi bwari bugiye kuyiheruka. Kandi bahishurirwa yuko batabyiyerekewe<br />

ahubwo ko ari mwe babyerekewe.” 459<br />

Nyamara nubwo abahanuzi batahawe gusobanukirwa byuzuye ibyo bahishurirwaga,<br />

bageragezaga uko bashoboye kose kugira ngo babone umucyo w’ibyo Imana yanejejwe no<br />

249

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!