15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

“Kandi ubwo ngiye kubategurira ahanyu, nzagaruka mbajyane iwanjye, ngo aho ndi namwe<br />

muzabeyo.” 452 Umukiza w’umunyampuhwe ubwo yabonaga mbere ubwigunge<br />

n’umubabaro w’abayoboke be, yohereje abamarayika kugira ngo babahumurishe ibyiringiro<br />

by’uko azagaruka ubwe nk’uko bamubonye ajya mu ijuru. Igihe abigishwa bari bahagaze<br />

bahanze amaso yabo mu ijuru kugira ngo barebe bwa nyuma uwo bakundaga, guhanga amaso<br />

yabo mu kirere byahagaritswe n’aya magambo ngo: “Yemwe bagabo b’i Galilaya, ni iki<br />

gitumye muhagaze mureba mu ijuru, Yesu ubakuwemo akazamurwa mu ijuru, azaza atyo<br />

nk’uko mumubonye ajya mu ijuru.” 453 Bagaruwemo ibyiringiro n’ubutumwa<br />

bw’abamarayika. “Abigishwa basubirana i Yerusalemu umunezero mwinshi, baguma mu<br />

rusengero iteka bashima Imana.” 454 Ntibari bashimishijwe n’uko Yesu yabakuwemo kandi<br />

bakaba bari basigaye bagomba guhangana n’amakuba n’ibigeragezo by’isi; ahubwo bari<br />

bashimishijwe n’isezerano abamarayika babahaye yuko Umukiza azagaruka.<br />

Kwamamaza inkuru yo kugaruka kwa Kristo muri iki gihe byari bikwiriye kuba inkuru<br />

nziza itera umunezero, nk’uko byagenze igihe iyo nkuru yavugwaga n’abamarayika<br />

bayibwira abashumba b’i Betelehemu. Abakunda Umukiza by’ukuri nta kindi bari bakwiriye<br />

gukora uretse kwakirana ibyishimo ubutumwa bushingiye ku ijambo ry’Imana bubabwira ko<br />

Uwo ibyiringiro byabo by’ubugingo buhoraho bishingiyeho agiye kugaruka, atazanwe no<br />

gutukwa, gusuzugurwa no kwangwa nk’uko byagenze ubwo yazaga bwa mbere, ahubwo<br />

azaza afite ububasha n’ikuzo, aje gucungura abantu be. Abadakunda Umukiza ni bo bifuza<br />

ko ataza; kandi nta kindi gihamya kidashidikanywaho cyabaho kigaragaza ko amatorero<br />

yitandukanya n’Imana cyaruta uburakari n’ubugome bwabyukijwe n’ubu butumwa<br />

bwoherejwe n’Imana.<br />

Abantu bemeye ubutumwa bwo kugaruka kwa Yesu bakanguriwe kuzirikana ko kwihana<br />

no kwicisha bugufi imbere y’Imana ari ngombwa. Benshi bari baramaze igihe kirekire<br />

barananiwe guhitamo hagati ya Kristo n’isi; noneho bumvise ko gihe kigeze ngo bahitemo<br />

uruhande rumwe babarizwamo. “Ibyerekeye ubugingo buzahoraho byabagaragariye mu<br />

ishusho yabyo nyakuri batari bamenyereye. Ijuru ryarabegereye maze bumva ko ari<br />

abanyabyaha imbere y’Imana.” 455 Abakristo bashishikarijwe kugira imibereho mishya mu<br />

by’umwuka. Babashishijwe kumva ko igihe ari kigufi kandi ko ibyo bakwiriye gukorera<br />

bagenzi babo bagomba kubikora bwangu. Isi yitandukanyaga nabo, maze imibereho y’iteka<br />

igasa n’ikinguriwe imbere yabo, kandi ubugingo n’ikintu cyose gifitanye no kumererwa neza<br />

kwawo nta gupfa, byamaragaho ishusho y’ikintu cyose cy’igihe gito. Mwuka w’Imana<br />

yagumye kuri bo kandi wahaga imbaraga kurarika kwabo gukomeye babwira abavandimwe<br />

babo ndetse n’abanyabyaha kugira ngo bitegure umunsi w’Imana. Ubuhamya bwa bucece<br />

bwatangwaga n’imibereho yabo itunganye ya buri munsi, yari ugucyaha guhoraho ku bari mu<br />

itorero by’umuhango gusa kandi batihanye. Bene abo ntibifuzaga ikibahungabanya mu<br />

gukomeza gushaka ibibanezeza, mu kwirundurira gushaka ubutunzi no guharanira icyubahiro<br />

cy’isi. Kubw’ibyo, havutse urwango no kurwanya inyigisho yo kwizera kugaruka k’Umukiza<br />

ndetse n’abayigishaga.<br />

246

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!