15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

benshi bafatwaga bakicwa urw’agashinyaguro, kandi akenshi n’ababaga bagarutse amahoro<br />

bamburwaga ibyo babaga bakusanyije biyemeje guhara amagara yabo. Abari bafite ubutegetsi<br />

bakoreraga abantu ibikorwa bya kinyamaswa n’iyicarubozo kugira ngo bambure abo bashonji<br />

ibyo kurya bike cyane babaga basigaranye bashoboraga kuba barahishe. Ibihe byinshi, ibyo<br />

bikorwa by’ubugome byakorwaga n’abantu babaga bafite ibibatunga bibahagije, babaga gusa<br />

bishakira guhunika bateganyiriza ahazaza.<br />

Abantu ibihumbi byinshi barimbuwe n’inzara n’icyorezo. Byasaga n’aho impuhwe<br />

n’urugwiro bitakiriho. Abagabo basahuraga abagore babo n’abagore bagasahura abagabo<br />

babo. Washoboraga kubona abana bashikuza ibiryo mu minwa y’ababyeyi babo babaga<br />

bageze mu za bukuru. Igisubizo cy’ikibazo umuhanuzi yabajije ngo : « Mbese umugore<br />

yakwibagirwa umwana yonsa?» cyabonetse mu byabaye muri uwo mujyi wagwiriwe n’akaga:<br />

« Abagore b’imbabazi bafashe abana bibyariye, barabateka baba ibyokurya byabo, igihe<br />

umukobwa w’ubwoko bwanjye arimbutse” Yesaya 49:15; Amaganya ya Yeremiya 4:10.<br />

Na none kandi hasohoye ubuhanuzi bw’imiburo bari barahawe mu binyejana cumi na bine<br />

byari bishize buvuga ngo:“ Umugore wo muri mwe wadamaraye akamenyera kugubwa neza<br />

gusa, utatinyuka no gukandagiza ikirenge kubwo kudamarara no kumenyera kugubwa neza<br />

gusa, azarebana imbabazi nke umugabo aseguye n’umuhungu we n’umukobwa we, ngo<br />

atabagaburira ku ngobyi iturutse hagati y’amaguru ye no ku bana be abyaye, kuko azabarira<br />

rwihishwa kuko abuze byose kubwo kugotwa no gusakizwa, ababisha bawe bazagusakiza mu<br />

midugudu yawe.” Gutegeka kwa kabiri 28:56, 57.<br />

Abategetsi b’Abanyaroma bihatiye gutera Abayuda ubwoba bagamije kubatera kumanika<br />

amaboko ngo bemere ko batsinzwe. Ababaga bafashwe bakagirwa imfungwa ariko<br />

bagakomeza kwinangira, bakubitwaga ibiboko, bakicwa urubozo kandi bakabambwa ku<br />

nkuta z’uwo mujyi. Buri munsi abantu amagana menshi bicwaga muri ubwo buryo, kandi<br />

icyo gikorwa gishishana cyarakomeje kugeza ubwo mu kibaya cya Yehoshafati n’icy’i<br />

Kaluvari hari hashinze imisaraba myinshi ku buryo bitari byoroshye kubona aho uca ngo<br />

uyinyure hagati. Bagezweho n’umuvumo uteye ubwoba bari barisabiye igihe bari imbere<br />

y’intebe y’imanza ya Pilato bavuga ngo : « Amaraso ye araduhame ahame n’abana bacu »<br />

Matayo 27:25<br />

Titus yajyaga kugira ubushake bwo guhagarika ayo marorerwa ateye ubwoba, bityo akaba<br />

akijije Yerusalemu kugerwaho n’urugero rwuzuye rw’akaga kari kayirindiriye. Igihe<br />

yabonaga ibirundo by’intumbi z’abishwe zigerekeranye muri ibyo bibaya, yuzuwe<br />

n’umubabaro. Igihe yarebaga ubwiza bw’ingoro y’Imana ahagaze mu mpinga y’Umusozi<br />

w’imyelayo, yumvise ayitangariye bituma ategeka ko birinda kuyikuraho n’ibuye rimwe.<br />

Mbere yo kugerageza kwigarurira icyo gihome, yinginze abategetsi b’Abayuda abasaba<br />

kutamutera kwandurisha amaraso aho hantu haziranenge. Iyo basohoka bakajya kugira ahandi<br />

barwanira, nta Munyaroma n’umwe wajyaga kwangiza ukwera kw’ingoro y’Imana. Josephus<br />

nawe, mu mvugo nziza yo kubinginga, yabasabye rwose kureka intambara bakayoboka kugira<br />

17

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!