15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

y’aho ntiyashoboye kubona amafaranga ahagije yo kumurihira ingendo zose zerekezaga aho<br />

yararikirwaga kujya. Bityo, aho kugira ngo ibyo yakoreraga mu ruhame bimuzanire inyungu<br />

y’amafaranga, byamubereye umutwaro ku butunzi bwe bwagiye bugabanuka buhoro buhoro<br />

muri icyo gihe cy’imibereho ye. Yari afite umuryango munini; ariko kubera ko bose<br />

batasesaguraga kandi bagakora cyane byatumye isambu ye ibasha kubatunga ndetse no<br />

kumufasha na we ubwe.<br />

Mu mwaka wa 1833, nyuma y’imyaka ibiri Miller yatangiye kwigisha mu ruhame<br />

ibihamya byerekana ko Kristo ari hafi kugaruka, ndetse n’ibimenyetso biheruka mu<br />

byagaragaye byari byaravuzwe n’Umukiza ko bizerekana kugaruka kwe. Yesu yaravuze ati:<br />

“Inyenyeri zizagwa ziva mu ijuru.” 441 Na Yohana ubwo yerekwaga ari mu nzozi yavugiye<br />

mu Byahishuwe ibimenyetso bigomba kubanziriza umunsi w’Imana ati : “Inyenyeri zo ku<br />

ijuru zigwa hasi, nk’uko umutini, iyo unyeganyejwe n’umuyaga mwinshi, uragarika imbuto<br />

zawo zidahishije.” 442 Ubwo buhanuzi bwaje gusohora mu buryo butangaje ubwo inyenyeri<br />

nyinshi zagwaga kuwa 13 Ugushyingo 1833. Ibyo byabaye ukwigaragaza kw’inyenyeri<br />

zagwaga kutari kwarigeze kubaho. “Icyo gihe ikirere cyose gitwikiriye Leta Zunze Ubumwe<br />

za Amerika cyamaze amasaha menshi cyivumbagatanyije! Ntihari harigeze kubaho ibintu<br />

nk’ibyo mu kirere cy’icyo gihugu kuva cyaturwa n’abantu ba mbere bakigezemo. Itsinda<br />

rimwe ry’abantu ryabirebanye gutangara gukomeye mu gihe irindi tsinda ryabirebanaga<br />

ubwoba bwinshi no kubona ko ari imbuzi.” “Uburemere bw’uko kugwa kw’inyenyeri ndetse<br />

n’uburyo byari byiza ntibizibagirana mu bitekerezo bya benshi. . . Ntabwo imvura yari<br />

yarigeze igwa mu buryo bukomeye ngo irushe uko inyenyeri zamanukaga zigwa ku isi.<br />

Iburasirazuba, iburengerazuba, amajyepfo n’amajyaruguru hose zagwaga mu buryo bumwe.<br />

Mu magambo make, ijuru ryose ryasaga n’iririmo urujya n’uruza. . . Ibyo byabaga, nk’uko<br />

byanditswe mu kinyamakuru cy’umwigisha witwa Silliman, byagaragaye muri Amerika<br />

y’amajyaruguru yose. . . Uhereye saa munani z’ijoro kugeza ku manywa y’ihangu y’undi<br />

munsi, ikirere cyari cyiza cyane nta gacu na gato kaboneka, imuri nyinshi zirabagirana<br />

zahoraga zinyuranamo mu kirere cyose.” 443<br />

“Nta mvugo y’umuntu yashobora kwandika ibihwanye rwose n’ishusho y’ibyabaye; . . .<br />

utarabibonye, ntashobora kwiyumvisha by’ukuri ubwiza bw’ibyabaye. Byasaga naho<br />

inyenyeri zose zo ku ijuru zari zakoraniye hamwe zikegera ubushorishori bwo mu kirere,<br />

maze zikohereza umucyo wazo icyarimwe mu mpande zose; nyamara umubare wazo wasaga<br />

n’utagabanuka na gato: ibihumbi n’ibihumbi by’inyenyeri zindi zakurikiragaho bwangu<br />

nk’aho ziremwe uwo mwanya kubwo ibyo.” 444 “Ntibyashobokaga kubona ishusho<br />

itunganye y’igiti cy’umutini kiragarika imbuto zacyo iyo gihungabanyijwe n’umuyaga<br />

mwinshi yari kurushaho kwerekana iby’icyo gihe.” 445<br />

Mu kinyamakuru cyandikirwaga i New York cyitwaga Journal of Commerce cyo kuwa 14<br />

Ugushyingo 1833, handitswemo ingingo ndende yavugaga kuri ibyo bitangaza byabaye. Iyo<br />

ngingo yarimo amagambo akurikira: “Ndatekereza ko nta mucurabwenge cyangwa undi<br />

munyabwenge wigeze avuga cyangwa ngo yandike ibintu bimeze nk’ibyabaye mu gitondo<br />

241

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!