15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

gucungurwa kwabo guhebuje kwari kugiye kubaho bidatinze, benshi bari kwakira iyo<br />

nyigisho batabanje gusuzumana Ibyanditswe Byera ubwitonzi mu buryo buhagije ngo<br />

bagaragaze ukuri bivuga. Bityo rero, yabanje kugira impungenge zo kukubwiriza, atinya ko<br />

yaba ari mu ikosa kandi akaba intandaro yo kuyobya abandi. Byatumye ajya kongera<br />

gusuzuma ibihamya bishyigikira imyanzuro yari yaragezeho no gusuzumana ubushishozi buri<br />

ngingo yose ikomeye yigaragarizaga intekerezo ze. Yabonye ko imbere y’umucyo w’ijambo<br />

ry’Imana ibimuvuguruza bivaho nk’uko umwijima uhunga imbere y’imirasire y’izuba.<br />

Amaze imyaka itanu akora ubwo bushakashatsi, yasigaye yemera adashidikanya ko ibyo<br />

yemera ari ukuri rwose.<br />

Noneho inshingano yo kumenyesha abandi ibyo yizeraga ko byigishwa mu buryo<br />

busobanutse neza mu Byanditswe, yaremereye umutima we ifite imbaraga nshya. Yaravuze<br />

ati: “Ubwo nabaga mpugiranye mu kazi kanjye, numvaga aya magambo adahwema kuvugira<br />

mu matwi yanjye ngo, ‘Genda ubwire abatuye isi iby’akaga kabategereje.’ Iri somo<br />

ntiryahwemaga kunza mu bitekerezo rivuga riti: ‘Nimbwira umunyabyaha nti ‘Wa<br />

munyabyaha we, gupfa ko uzapfa’, maze nawe ntugire icyo uvuga cyo kuburira umunyabyaha<br />

ngo ave mu nzira ye; uwo munyabyaha azapfa, azize ibyaha bye, ariko amaraso ye, ni wowe<br />

nzayabaza. Ariko nuburira umunyabyaha ngo ahindukire ave mu nzira ye, nadahindukira ngo<br />

ave mu nzira ye; azapfa azize ibyaha bye, ariko weho uzaba ukijije ubugingo bwawe.” 438<br />

Niyumvishijemo ko abanyabyaha baramutse baburiwe mu buryo bukwiriye, benshi muri bo<br />

bashobora kwihana; kandi ko niba bataburiwe , amaraso yabo ari njye azabazwa.” 439<br />

Atangira kujya amenyesha abantu ibitekerezo bye yiherereye uko yashoboraga kubona<br />

uburyo, akajya asaba Imana ngo abavugabutumwa bamwe babashe kumva imbaraga iri muri<br />

izo nyigisho ze, kandi ngo abashe kwirundurira mu kuzamamaza ku mugaragaro. Ariko<br />

ntiyashoboraga kwivanamo icyo yemeraga cy’uko afite inshingano yihariye agomba gukora<br />

atanga umuburo. Aya magambo akurikira yakomezaga kugaruka mu ntekerezo ze ngo:<br />

“Genda uburire abatuye isi; nzakubaza amaraso yabo.” Yashidikanyije imyaka cyenda yose,<br />

ariko uwo mutwaro ukomeza kumuremerera mu mutima, kugeza ubwo mu mwaka wa 1831,<br />

bwabaye incuro ya mbere, yavuze impamvu zo kwizera kwe ku mugaragaro.<br />

Nkuko Elisha yahamagawe ngo ave aho yari akurikiye ibimasa yahingishaga mu murima,<br />

kugira ngo yakire umwitero wamugaragarizaga ko ahamagariwe kuba umuhanuzi, ni ko na<br />

William Miller yahamagawe gusiga imashini yahingishaga akajya guhishurira abantu ubwiru<br />

bw’ubwami bw’Imana. Yatangiye umurimo we atengurwa n’ubwoba, akagenda buhoro<br />

buhoro yerekeza abamutegeye amatwi mu by’ibihe by’ubuhanuzi kugeza ku kugaruka kwa<br />

Kristo. Uko yakoreshaga umuhati wose ni ko yarushagaho kongerwa imbaraga n’ubutwari<br />

ubwo yabonaga uburyo amagambo ye akangura abantu benshi bakayagirira ubwuzu.<br />

Abisabwe gusa n’abavandimwe be mu kwizera, ni ho Miller yemeye kwigisha ku<br />

mugaragaro ibyo yemerega kuko yumviye umuhamagaro w’Imana mu magambo yabo. Icyo<br />

gihe yari afite imyaka mirongo itanu y’ubukuru, kandi ntiyari amenyereye kuvugira mu<br />

239

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!