15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

hari hasigaye iminsi 1810 igomba nayo gusohora. Iyo ubaze imyaka 1810 uhereye mu mwaka<br />

wa 34 nyuma ya Kristo, usanga irangira mu mwaka wa 1844. Kubw’ibyo rero, iminsi 2300<br />

yo muri Daniyeli 8:14 irangira mu mwaka wa 1844. Dukurikije ibyavuzwe na marayika<br />

w’Imana, ku iherezo ry’iki gihe kirekire cy’ubuhanuzi “ubuturo bwera bwagombaga<br />

kwezwa.” Bityo rero igihe cyo kwezwa k’ubuturo bwera — cyemerwaga hafi na bose ko<br />

kizabaho Kristo agarutse — cyagaragajwe nta shiti.<br />

Miller n’abo bari bafatanyije babanje kwizera ko iminsi 2300 izarangira mu itumba ryo<br />

mu mwaka wa 1844, mu gihe ubuhanuzi bushyira iherezo ry’icyo gihe mu muhindo w’uwo<br />

mwaka. Ikosa ryakozwe kuri iyo ngingo ryateje gucika intege no guhangayika no kwiheba ku<br />

bari barashyize igihe cyo kugaruka kwa Kristo ku itariki ya mbere. Nyamara ibyo<br />

ntibyadohoye igitekerezo cyerekanaga ko iminsi 2300 yarangiye mu mwaka wa 1844, kandi<br />

ko igikorwa gikomeye cyagereranyijwe no kwezwa k’ubuturo bwera kigomba kubaho.<br />

Miller yagiye kwiga Ibyanditswe Byera nk’uko yari yarabikoze, afite umugambi wo<br />

kumenya ko byahishuwe n’Imana koko. Agitangira Miller ntiyari yiteze na gato kugera ku<br />

mwanzuro yagezeho. Nawe ubwe kwizera ibyo agezeho byaramugoye. Ariko igihamya<br />

cy’Ibyanditswe byera cyarumvikanaga cyane kandi gifite imbaraga ku buryo<br />

cyakwirengagizwa.<br />

Yari amaze imyaka ibiri yiga Bibiliya, ubwo mu mwaka wa 1818 yageraga ku mwanzuro<br />

ukomeye ko hafi mu myaka makumyabiri n’itanu, Kristo yagombaga kuza gucungura ubwoko<br />

bwe. Miller yaravuze ati: “Ntabwo nshobora kuvuga iby’ibyishimo byuzuye umutima wanjye<br />

kubwo gutekereza icyo nari ntegereje kinejeje, cyangwa ngo mvuge iby’urukumbuzi rwuzuye<br />

ubugingo bwanjye rwo kuzishimana n’abacunguwe. Noneho Bibiliya yari imbereye igitabo<br />

gishya. Yari ibaye aho ubwenge buhagirizwa; ibyahoze ari umwijima, amayobera kuri njye<br />

mu byo Bibiliya yigisha, byari byamaze gutamuruka mu ntekerezo zanjye mbere y’uko<br />

umucyo urabagirana urasa uturuka mu mpapuro zayo zera. Oh, mbega uburyo ukuri<br />

kwarabagiranaga kandi kukambera kwiza! Ibyavuguruzanyanga n’ibitarumvikanaga najyaga<br />

mbona mbere mu ijambo ry’Imana byarashize; kandi n’ubwo hari hakiriho imigabane myinshi<br />

y’iryo jambo nari ntaranyurwa n’ibyo ivuga noneho narasobanukiwe muburyo bwuzuye.<br />

Umucyo mwinshi wari wavuye muri iryo jambo kugira ngo umurikire ubwenge bwanjye<br />

bwari busanzwe mu mwijima, ku buryo numvise nezejwe no kwiga Ibyanditswe ntari narigeze<br />

nibwira ko bishobora gukomoka mu byo Bibiliya yigisha.” 436<br />

“Maze kwemera nta shiti yuko ibizabaho uko bivugwa mu Byanditswe, bigomba gusohora<br />

muri icyo gihe gito, kandi nshingiye ku gihamya cyari cyakoze ku ntekerezo zanjye, nagize<br />

ikibazo kinkomereye cyerekeranye n’inshingano mfite ku batuye iyi si.” 437 Ntiyashoboraga<br />

kwiyambura umutima umwumvisha ko afite inshingano yo kugeza ku bandi umucyo yari<br />

amaze kubona. Yari yiteze guhura n’abamurwanya baturutse mu batubaha Imana, ariko yari<br />

afite ibyiringiro yuko Abakristo bose bazashimishwa n’ibyiringiro byo kubona Umukiza<br />

bavugaga ko bakunda. Ubwoba yari afite gusa bwari uko, muri uko kwishimira cyane<br />

238

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!