15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

imbere ye, abarobanure nk’uko umwungeri arobanura intama mu ihene: intama azazishyira<br />

iburyo bwe, naho ihene azishyire ibumoso. Maze Umwami azabwira abari iburyo bwe ati:<br />

‘Nimuze mwebwe abo Data yahaye umugisha, muragwe ubwami bwabatunganirijwe uhereye<br />

ku kuremwa kw’isi.” 422 Muri aya masomo, tumaze kubona ko ubwo Umwana w’umuntu<br />

azaza, abapfuye bazazuka ubutazongera kubora kandi ko abazaba bakiriho bazahindurwa.<br />

Kubw’uko guhindurwa gukomeye, bazaba biteguye kuragwa ubwami; kuko Pawulo avuga<br />

ati: “Abafite umubiri n’amaraso bisa ntibabasha kuragwa ubwami bw’Imana, kandi ibibora<br />

ntibibasha kuragwa ibitabora.” 423 Umuntu uko ateye muri iki gihe, ni ikiremwa gipfa,<br />

arangirika; ariko ubwami bw’Imana ntibuzangirika, buzabaho iteka ryose. Kubw’iyo<br />

mpamvu, umuntu uko ateye ubu ntashobora kwinjira mu bwami bw’Imana. Ariko ubwo Yesu<br />

azaba aje, azaha abantu be kudapfa; maze abahamagare ngo baragwe ubwami bwabateguriwe.<br />

Ayo masomo n’andi asa na yo yagaragarije neza intekerezo za Miller ko ibitegerejwe muri<br />

rusange kubaho mbere yo kugaruka kwa Kristo, nk’ubwami bw’amahoro ku isi yose ndetse<br />

no gushyirwaho k’ubwami bw’Imana ku isi, ko atari ko bimeze, ahubwo ko bizakurikira<br />

kugaruka kwe. Byongeye kandi, ibimenyetso byose by’ibihe n’uko isi yari imeze byari bihuje<br />

rwose n’ibyahanuwe bivuga ibihe biheruka. Ahereye ku byo yize mu Byanditswe byonyine,<br />

Miller yageze ku mwanzuro uvuga ko igihe cyahawe isi ngo ibe uko yari imeze icyo gihe<br />

cyari kigiye kurangira.<br />

Yaravuze ati: “Ikindi gihamya cyakoze ku ntekerezo zanjye mu buryo bukomeye ni<br />

uruhererekane rw’Ibyanditswe ... Nabonye ko ibyari byaravuzwe ko bizaba byasohoye mu<br />

gihe cyashize, akenshi byabagaho mu gihe nyacyo byari byarahanuwe ko bizaba. Niko<br />

byabaye ku myaka ijana na makumyabiri yahanuriwe umwuzure (Itang. 6:3); iminsi irindwi<br />

yagomba kuwubanziriza, n’iminsi mirongo ine y’imvura yahanuwe (Itang. 7:4); imyaka<br />

magana ane urubyaro rwa Aburahamu ruzamara muri Egiputa (Itang. 15:13); iminsi itatu yo<br />

mu nzozi z’umuhereza wa vino n’iz’umuhereza w’imitsima (Itang. 40:12-20); imyaka irindwi<br />

ya Farawo ( Itang. 41:28-54); imyaka mirongo ine mu butayu (Kubara14:34), imyaka itatu<br />

n’igice y’inzara (1Abami 17:1) . . imyaka mirongo irindwi yo kuba mu bunyage (Yeremiya<br />

25:11); ibihe birindwi (imyaka) byahawe Nebukadinezari (Daniyeli 4:13-16); ibyumweru<br />

birindwi, ibyumweru mirongo itandatu na bibiri n’icyumweru kimwe byose bikoze<br />

ibyumweru mirongo irindwi byagenewe Abayuda (Daniyeli 9:24-27). Ibintu byabayeho<br />

byavuzwe igihe bizabera muri ibi bihe tubonye byose byari ibihe by’ubuhanuzi, kandi<br />

byasohoye nk’uko byari byarahanuwe.” 424<br />

Kubw’iyo mpamvu, ubwo Miller yigaga Bibiliya, yabonye ibihe bitandukanye<br />

bikurikirana byagombaga kugera ku gihe cyo kugaruka kwa Kristo, akurikije uko<br />

yabyumvaga mu bwenge bwe, nta kindi yakoze uretse kubifata ko “ibihe byagenwe mbere,”<br />

ibyo Imana yari yarahishuriye abagaragu bayo. Mose yaravuze ati: “Ibihishwe ni iby’Uwiteka<br />

Imana yacu, ariko ibyahishuwe ni ibyacu n’urubyaro rwacu iteka,” 425 kandi Umukiza<br />

yavugiye mu kanwa k’umuhanuzi Amosi ati: “Imana ntizagira icyo ikora itabanje guhishurira<br />

abagaragu bayo.” Bityo rero, abiga ijambo ry’Imana bashobora gutegerezanya ibyiringiro<br />

232

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!