15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

yabasezeranyije. Yesu yaravuze ati : «Ariko ubwo muzabona i Yerusalemu hagoswe<br />

n’ingabo, muzamenye yuko kurimbuka kwaho kwenda gusohora. Icyo gihe abazaba bari i<br />

Yudaya bazahungire ku misozi miremire, n’abazaba bari hagati muri Yerusalemu<br />

bazayivemo, n’abazaba bari imusozi ntibazayijyemo.” Luka 21:20,21.<br />

Abasirikare b’Abanyaroma bari bayobowe na Cestius bamaze kugota umujyi, bagize<br />

batya bava mu birindiro byabo mu buryo butunguranye mu gihe ahubwo cyari igihe cyiza cyo<br />

guhita bagaba igitero. Igihe uwo mugaba w’ingabo z’Abanyaroma yakuraga ingabo ze mu<br />

birindiro byazo kandi nta mpamvu na ntoya ibimuteye yagaragaraga, abari bagotewe mu<br />

mujyi bari bamaze kwiheba babona ko kwihagararaho kwabo ntacyo bizabagezaho, bari<br />

biteguye kumanika amaboko ngo bemere ko batsinzwe. Ariko uburinzi bukomeye n’imbabazi<br />

Imana igira ni byo byari biyoboye iyo gahunda kubera ineza igirira ubwoko bwayo. Abakristo<br />

bari bategereje bari bamaze guhabwa ikimenyetso bari barasezeraniwe, icyo gihe rero<br />

umwanya wo kumvira imiburo y’Umukiza wari ubonetse ku bantu bose babyifuzaga.<br />

Ibyabaga byari biyobowe ku buryo nta Bayuda cyangwa Abanyaroma bari kubuza Abakristo<br />

guhunga. Igihe Cestius yavaga mu birindiro bye, Abayuda basohotse muri Yerusalemu<br />

bakurikira abasirikare be bari bisubiriye iwabo.<br />

Igihe rero abasirikare b’impande zombi bari bahugiye mu mirwano, Abakristo bose<br />

babonye agahenge ko kwiyufura bahunga uwo mujyi. Muri icyo gihe igihugu na cyo cyari<br />

cyarakize abanzi bari kubabuza guhunga. Igihe umujyi wagotwaga, Abayuda bari bateraniye<br />

i Yerusalemu mu minsi mikuru y’ingando, bityo rero Abakristo bahatuye bashoboye guhunga<br />

nta ngorane. Bahunze badatindiganyije bahungira ahantu hari umutekano mu mujyi wa Pella,<br />

muri Pereya, hakurya ya Yorodani.<br />

Abasirikare b’Abayuda bakurikiye Cestius n’ingabo ze, bahingukiye ku bari inyuma<br />

babarwanya bafite ubukana benda kubatsemba. Abo Banyaroma babashije gusubira iwabo<br />

ariko bibagoye cyane. Abayuda barokotse urwo rugamba hafi ya bose maze bagaruka i<br />

Yerusalemu bazanye iminyago banyaze Abanyaroma kandi batahanye insinzi. Nyamara uko<br />

gusa n’aho batsinze kwabaviriyemo akaga gusa. Kwabateye umutima wo gutsimbarara ku<br />

gushaka kurwanya Abanyaroma ari byo bidatinze byabazaniye kugerwaho n’amahano<br />

atarondoreka yagwiriye umujyi wabo waciriweho iteka.<br />

Igihe Yerusalemu yongeraga kugotwa na Titus, yagwiriwe n’ibyago biteye ubwoba.<br />

Umujyi wagoswe mu minsi yo kwizihiza Pasika igihe Abayuda miliyoni nyinshi bari<br />

bawukoraniyemo imbere. <strong>Ibiri</strong>bwa bari barahunitse byashoboraga gutunga abaturage imyaka<br />

myinshi iyo bibikwa neza, byari byarangijwe n’ishyari no kwihorera by’udutsiko twabaga<br />

dushyamiranye, bityo rero igihe umujyi wari ugoswe bagezweho n’amakuba yose aterwa<br />

n’amapfa. Urugero rw’ifu y’ingano rwaguraga italanto*. Inzara yacaga ibintu cyane ku buryo<br />

abantu bageze aho barya impu zo ku mikandara yabo no ku nkweto zabo za sandari ndetse<br />

n’impu zabaga ziri ku ngabo bikingiraga ku rugamba. Abantu benshi bageragezaga gucika<br />

mu ijoro bakajya gusoroma ibyatsi byo mu gisambu byameze hanze y’inkike z’umujyi, nubwo<br />

16

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!