15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Kubw’uwo munsi ukomeye, ijambo ry’Imana rikoresheje imvugo yumvikana kandi ikora<br />

ku mutima, rihamagarira ubwoko bw’Imana gukanguka bukava mu iroro ry’iby’umwuka<br />

kandi bugashaka mu maso hayo bwihanye kandi bwicishije bugufi. “Nimuvugirize impanda<br />

i Siyoni, muvugirize induru ku musozi wanjye muziranenge, abatuye mu gihugu bose bahinde<br />

umushyitsi: kuko umunsi w’Uwiteka uje, ugeze hafi.” “Muvugirize impanda i Siyoni,<br />

mutegeke kwiyiriza ubusa, mugire iteraniro ryera; muteranye abantu mweze iteraniro,<br />

muteranye abakuru n’abana n’abakiri ku ibere; umukwe nasohoke mu nzu n’umugeni mu nzu<br />

yarongorewemo. Abatambyi bakorera Uwiteka nibaririre hagati y’umuryango w’urusengero<br />

n’igicaniro.” “Nimungarukire n’imitima yanyu yose, mwiyirize ubusa, murire muboroge.<br />

Imitima yanyu abe ari yo mutanyura mureke imyenda yanyu, muhindukirire Uwiteka Imana<br />

yanyu; kuko igira impuhwe, yuzuwe n’imbabazi, ntiyihutira kurakara ahubwo ihorana ibambe<br />

ryinshi.” 400<br />

Umurimo ukomeye w’ivugurura wagombaga gukorwa kugira ngo abantu bategurirwe<br />

kuzahagarara muri urya munsi w’Imana. Imana yabonaga ko benshi mu bavuga ko ari ubwoko<br />

bwayo batubakiraga ubuzima bw’iteka ryose, bituma mu mpuhwe zayo yohereza ubutumwa<br />

bw’imbuzi bwo kubakangura kugira ngo bave muri iryo roro ndetse no kubatera kwitegura<br />

kugaruka k’Umukiza.<br />

Ubwo butumwa bw’imbuzi tububwirwa mu gitabo cy’Ibyahishuwe 14. Muri iki gice,<br />

tuhabona ubutumwa butatu bugaragazwa ko bwavuzwe n’abamarayika bavuye mu ijuru kandi<br />

bwahise bukurikirwa no kugaruka k’Umwana w’umuntu aje “gusarura ibisarurwa byo mu<br />

isi.” Umuburo wa mbere muri iyo uvuga iby’urubanza ruri bugufi. Umuhanuzi yabonye ”<br />

marayika wundi aguruka aringanije ijuru, afite ubutumwa bwiza bw’iteka ryose, ngo<br />

abubwire abari mu isi, bo mu mahanga yose, n’imiryango yose n’indimi zose n’amoko yose.<br />

Avuga ijwi rirenga ati: ‘Nimwubahe Imana, muyihimbaze; kuko igihe cyo gucira abantu<br />

urubanza gisohoye, muramye Iyaremye ijuru n’isi n’inyanja n’amasoko.” 401<br />

Ubu butumwa buvugwa ko ari umugabane umwe w’“ubutumwa bwiza bw’iteka ryose.”<br />

Ntabwo umurimo wo kubwiriza ubutumwa bwiza wahawe abamarayika, ahubwo ni<br />

inshingano yahawe abantu. Abamarayika batacumuye bakoreshejwe mu kuyobora uyu<br />

murimo, bashinzwe ibikorwa biremereye bifite umugambi wo guhesha abantu agakiza; ariko<br />

ivugabutumwa ubwaryo rikorwa n’abayoboke ba Kristo bari ku isi.<br />

Abantu b’indahemuka, bumvira bakemera gukoreshwa na Mwuka w’Imana kandi<br />

bakumvira inyigisho z’ijambo ryayo, ni bo bagombaga kubwira abatuye isi uyu muburo. Abo<br />

ni ba bandi bitondera “ijambo ryahanuwe rirushaho gukomera” kuko “rimeze nk’itabaza<br />

rimurikira ahacuze umwijima rigakesha ijoro, rikageza aho inyenyeri yo mu ruturuturu<br />

izabandurira.” Bashakashatse ubwenge buva ku Mana babirutisha ubutunzi bwose buhishwe,<br />

kuko babonaga ko “kubugenza biruta kugenza ifeza, kandi indamu yabwo iruta iy’izahabu<br />

nziza.” 403 Uhoraho na We yabahishuriye ibikomeye by’ubwami. “Ibihishwe by’Uwiteka<br />

bihishurirwe abamwubaha, azabereke isezerano rye.” 404<br />

223

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!