15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

gusubiranamo zikicana nta mbabazi. Nta nubwo kwera kw’ingoro y’Imana kwigeze<br />

gushobora gukumira ubugome bwabo bukabije. Abaje kuramya Imana bicirwaga imbere<br />

y’urutambiro, bityo ubuturo buziranenge bukanduzwa n’imirambo y’abantu bishwe. Nyamara<br />

mu buhumyi bwabo no mu kwigerezaho kwabo kurimo ubwirasi, abatezaga ayo marorerwa<br />

babwiraga abantu mu ruhame ko badatewe ubwoba n’uko Yerusalamu izarimbuka, kuko yari<br />

umurwa w’Imana. Kugira ngo bashimangire ubutegetsi bwabo burusheho gukomera, bahaye<br />

ibiguzi abahanuzi b’ibinyoma kugira ngo babwire abantu ko bagomba gutegereza ko Imana<br />

izabatabara kandi ibyo babivugaga no mu gihe ingabo z’Abanyaroma zari zigose ingoro<br />

y’Imana. Kugeza ku iherezo abantu benshi bari bacyiringiye ko Usumbabyose azabatabara<br />

akabatsindira abanzi babo. Nyamara Abisiraheli bari barasuzuguye uburinzi bw’Imana, bityo<br />

rero ntibari bagifite umurengezi. Mbega Yerusalemu yari ibabaye! Yari ishenywe<br />

n’amacakubiri ayirimo, amaraso y’abaturage bayo bicanye ubwabo yatembaga mu mayira mu<br />

gihe ingabo z’abanyamahanga zarimo zisenya ibihome byayo zikica abasirikare bayo!<br />

Ibyo Yesu yahanuye byose byerekeye ku gusenywa kwa Yerusalemu byasohoye nk’uko<br />

yabivuze nta na kimwe gisigaye. Abayuda bamenye ukuri kw’amagambo yababwiye<br />

ababurira ati: « Kuko urubanza muca ari rwo muzacirwa namwe, urugero mugeramo ari rwo<br />

muzagererwamo namwe ». Matayo 7:2.<br />

Hagaragaye ibimenyetso n’ibitangaza byerekanaga ko hagiye kubaho akaga no<br />

kurimbuka. Mu gicuku, umucyo udasanzwe wamuritse ku ngoro y’Imana no ku rutambiro.<br />

Igihe izuba ryari rirenze, ku bicu hagaragaye amafarasi y’intambara ndetse n’abarwanyi<br />

biteguye kujya ku rugamba. Abatambyi batambaga ibitambo mu buturo bwera nijoro batewe<br />

ubwoba n’amajwi adasanzwe. Isi yahinze umushyitsi maze humvikana amajwi menshi ataka<br />

avuga ati: «Tuve hano ». Urugi rw’irembo ry’iburasirazuba, rwari ruremereye cyane ku buryo<br />

abagabo makumyabiri barukingaga bibaruhije kandi rwari rufashe ku byuma binini bishinze<br />

hasi cyane mu mabuye akomeye ashashe hasi, rwakingutse mu gicuku nta muntu ugaragara<br />

urukinguye. 16<br />

Hari umugabo wamaze imyaka irindwi azenguruka utuyira two muri Yerusalemu, abwira<br />

abantu amahano yagombaga kugwira uwo mujyi. Ku manywa na nijoro, yaririmbaga<br />

indirimbo y’agahinda ibabaje avuga ati: « Mwumve ijwi riturutse iburasirazuba! mwumve<br />

ijwi riturutse iburengera zuba! ijwi riturutse mu byerekezo bine! Ijwi rivuga ibibi bizaba kuri<br />

Yerusalemu no ku ngoro y’Imana! ijwi rivuga ibibi bizaba ku bakwe no ku bageni! Ijwi rivuga<br />

ibibi bizaba ku bantu bose! »17 Uwo muntu utari asanzwe yarafunzwe kandi akubitwa<br />

ibiboko; ariko ntiyigeze abyivovotera na rimwe. Ku bitutsi bamutukaga no ku nabi<br />

bamugiriraga, yabasubizaga igisubizo kimwe rukumbi ababwira ati : « Yerusalemu we,<br />

ugushije ishyano ! Mugushije ishyano bantu mutuye muri Yerusalemu! » Yakomeje gutaka<br />

ababurira kugeza igihe yiciwe mu gitero yari yarahanuye ko kizabaho.<br />

Nta Mukristo n’umwe waguye mu isenywa rya Yerusalemu. Kristo yari yaraburiye<br />

abigishwa be, kandi abizeye amagambo ye bose bitaye ku kugenzura ikimenyetso<br />

15

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!