15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Isaha imwe cyangwa abiri mbere y’uko bugoroba, umwijima w’uwo munsi wakurikiwe<br />

n’agacyo gake maze izuba rirarasa, nyamara ryari ritwikiriwe n’igicu cy’umukara cya<br />

rukokoma. “Izuba rimaze kurenga, ibicu byongeye kuba byinshi maze buhita bwira.”<br />

“Umwijima wa nijoro ntiwari usanzwe, kandi wari uteye ubwoba nk’uko uwo ku manywa<br />

wari umeze. Nubwo ukwezi kwari gusanzwe kugaragara kose, nta kintu umuntu yabashaga<br />

kubona atifashishije urumuri rundi. Iyo umuntu yarubonaga mu ngo zimukikije n’ahandi<br />

hamwitaruye, rwasaga n’ururi kubonekera mu mwijima nk’uwo muri Egiputa wari umeze<br />

nk’utacengerwamo n’imyambi y’umucyo.” 385 Umuntu wabonye ibyo yaravuze ati: “Muri<br />

ibyo bihe, sinashoboraga kubura kubona ko ibiva byose by’ijuru n’isi byatwikiriwe<br />

n’umwijima mwinshi cyangwa byashizeho, umwijima ntiwajyaga gushobora kurushaho<br />

gusabagira hose.” 386 Nubwo ku isaha ya saa tatu z’iryo joro ukwezi kwabonetse kuzuye,<br />

“ntikwari gufite imbaraga na nke zo kwirukana umwijima wari umeze nk’igicucu cy’urupfu.”<br />

Nyuma ya saa sita z’ijoro wa mwijima warashize, maze ukwezi kubonetse ubwa mbere kuza<br />

gusa n’amaraso.<br />

Itariki ya 19 Gicurasi 1780, mu mateka iyo tariki yiswe, “Umunsi w’Umwijima.” Guhera<br />

mu gihe cya Mose, nta gihe cyigeze kibaho cy’umwijima ukomeye kandi wamaze igihe<br />

kirekire, ukanakwira ahantu hanini nk’uwo. Uko uwo munsi wari umeze nk’uko byavuzwe<br />

n’abawubonesheje amaso yabo, ni ukwirangira kw’amagambo y’Umukiza yari yaravuzwe<br />

n’umuhanuzi Yoweli wari warabyanditse mu myaka ibihumbi bibiri na magana atanu mbere<br />

y’uko bisohora. Yoweli yari yaravuze ati: “Izuba rizahinduka umwijima, n’ukwezi<br />

kuzahinduka amaraso, uwo munsi mukuru w’Uwiteka uteye ubwoba utaraza.” 387<br />

Kristo yari yarasabye abigishwa be kuba maso bakita ku bimenyetso byo kugaruka kwe,<br />

kandi bakazishima ubwo bari kubona ibigaragaza kugaruka k’Umwami wabo. “Nuko ibyo<br />

nibitangira kubaho, muzarararame, mwubure imitwe yanyu, kuko gucungurwa kwanyu<br />

kuzaba kwenda gusohora.” Umukiza yeretse abayoboke be ibiti byari bigiye kubumbura<br />

uburabyo mu gihe cy’umuhindo, maze arababwira ati: “Iyo bimaze gutoha, murabireba<br />

mukamenya ubwanyu ko igihe cy’impeshyi kiri bugufi; nuko namwe nimubona ibyo bibaye,<br />

muzamenye yuko ubwami bw’Imana buri hafi.” 388<br />

Nyamara uko mu itorero umutima wo kwicisha bugufi no kwitanga wasimburwaga no<br />

kwibona no kwishingikiriza ku mihango gusa, gukunda Kristo no kwizera ibyo kugaruka kwe<br />

byarakonje. Batwawe no gukunda iby’isi no gushaka ibibanezeza, maze abiyitaga ubwoko<br />

bw’Imana baba impumyi, bibagirwa amabwiriza y’Umukiza yerekeranye n’ibimenyetso byo<br />

kuza kwe. Inyigisho zivuga ibyo kugaruka kwe ntizitaweho; ibyanditswe bikuvugaho<br />

byasobanuwe nabi bihindukira abantu umwijima, kugeza ubwo byirengagijwe ndetse<br />

biribagirana burundu. Uko niko byagenze by’umwihariko mu matorero yo muri Amerika.<br />

Umudendezo no kugubwa neza abantu b’inzego zose bari bafite, irari rikabije ryo gushaka<br />

gukungahara no kwinezeza, gutwarwa no gushaka amafaranga, guharanira kwamamara no<br />

gukomera byasaga n’ibishakwa na bose, byateye abantu kwerekeza inyungu zabo<br />

221

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!