15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

“Umunsi w’umwijima wo ku wa 19 Gicurasi 1780, wabaye amayobera ndetse uba<br />

igitangaza kitigeze kubaho. Umwijima utabona uko usobanurwa wakwiriye ijuru ryose<br />

n’ikirere cy’igihugu cy’Ubwongereza Bushya.” 382<br />

Umuntu wabibonye wabaga muri Leta ya Massachusetts avuga iby’uwo mwijima muri<br />

aya magambo: “Mu gitondo izuba ryararashe umucyo uratangaza, ariko mu kanya gato<br />

ririjima. Ibicu byaramanutse byegera hasi, maze biturukamo umwijima uteye ubwoba. Ibyo<br />

bicu bimaze kugaragara, imirabyo yahise irabya, inkuba zirakubita maze hagwa imvura nke.<br />

Ahagana saa tatu za mu gitondo, bya bicu byaragabanutse, maze ibintu birahinduka, maze isi,<br />

ibitare, ibiti, inyubako, amazi ndetse n’abantu bahindurwa n’umucyo utunguranye utari uwo<br />

ku isi. Hashize iminota mike, igicu cyijimye kiremereye cyatwikiriye ikirere cyose uretse<br />

umucyo muke cyane wagaragaraga imuhero kandi hari hijimye nk’uko biba bimeze saa tatu<br />

z’ijoro mu gihe cy’impeshyi. . .<br />

“Ubwoba, guhagarika umutima, ndetse no gutangara byarushagaho kuzura intekerezo<br />

z’abantu. Abagore bahagararaga ku miryango y’inzu, bakitegereza icyo kirere cyijimye;<br />

abagabo bahise bataha bava mu mirimo bakoreraga mu mirima; ababaji bahagarika imirimo<br />

yabo, abacuzi na bo biba bityo, ndetse n’abacuruzi. Amashuri yahise afunga abanyeshuri<br />

barataha, maze abana biruka bahinda umushyitsi bajya iwabo. Abari mu nzira bagenda<br />

bahagaze ku mazu yari hafi yabo. Buri muntu wese yaribazaga ati: “Ni iki kigiye kuba?”<br />

Byasaga n’aho umuyaga ukaze ugiye kwisuka mu gihugu cyangwa nk’aho ari umunsi<br />

w’iherezo rya byose.<br />

“Bacanye amatara maze yaka nk’aho ari mu ijoro ricuze umwijima ryo mu gihe<br />

cy’umuhindo. . . Inkoko n’ibishuhe byaratashye bijya aho birara, amashyo n’imikumbi<br />

birataha, ibikeri biragonga, inyoni ziririmba indirimbo zazo za nimugoroba ndetse<br />

n’uducurama dutangira kuguruka. Nyamara abantu bo bari bazi ko butari bwira ...<br />

“Dogoteri Nathanael Whittaker wari umupasitoro w’itorero rya Tabernacle i Salem,<br />

yayoboreye imihango yo kuramya Imana mu nzu yaberagamo inama maze abwiriza<br />

ikibwirizwa yahamirijemo ko uwo mwijima ari indengakamere. Amateraniro yo gusenga<br />

yateranye ahandi hantu henshi. Amasomo yasomwe mu buryo butunguranye yose yasaga<br />

n’ayerekana ko uwo mwijima uhuje n’ubuhanuzi Ibyanditswe bivuga. . . Bimaze kurenga saa<br />

tanu za mu gitondo, umwijima warushijeho kuba mwinshi.” 383 “Mu duce twinshi tw’igihugu<br />

byari bikomeye mu gihe cy’amanywa, ku buryo abantu batashoboraga kuvuga igihe<br />

bifashishije isaha cyangwa ngo babashe gukora imirimo yabo yo mu rugo batabashije gucana<br />

amatara. . .<br />

“Uwo mwijima wakwiriye ahantu hagari cyane. Wagaragaye mu karere ka kure cyane ka<br />

Falmouth gaherereye iburasirazuba. Iburengerazuba, uwo mwijima wageze mu karere<br />

kitaruye cyane ka Konekitikati ( Connecticut) no mu mujyi wa Alibaniya (Albany). Mu<br />

majyepfo, wagaragaye ku nkengero z’inyanja, kandi mu majyaruguru waragiye ugera ku<br />

mpera ya kure ya Amerika.” 384<br />

220

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!