15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

bidashobora gucogozwa n’umubabaro cyangwa ngo ibigeragezo bibikureho. Igihe babaga<br />

bari mu mibabaro n’akarengane, isezerano ryo “kugaruka kw’Imana ikomeye n’Umukiza<br />

wacu Yesu-Kristo” ni ryo ryababeraga “ibyiringiro by’umugisha.” Igihe Abakristo b’i<br />

Tesalonike bari bashenguwe n’agahinda ubwo bahambaga incuti zabo bakundaga kandi<br />

zariringiraga ko zizaba zikiriho zikabona Umukiza agarutse, Pawulo wari umwigisha wabo<br />

yerekeje intekerezo zabo ku muzuko uzabaho ubwo Umukiza azaba agarutse. Icyo gihe ni<br />

bwo abapfira muri Kristo bazazuka maze bazamukane n’abazaba bakiri bazima, bajye<br />

gusanganira Umukiza mu kirere. Yarababwiye ati: “Nuko rero tuzabana n’Umwami iteka<br />

ryose. Nuko mumaranishe imibabaro kubwirana ayo magambo.” 365<br />

Ubwo yari ku kirwa cy’ibihanamanga cya Patimosi, umwigishwa wakundwaga yumvise<br />

iri sezerano ngo: “Dore ndaza vuba,” maze igisubizo cye cyarimo urukumbuzi cyatura<br />

isengesho ry’itorero riri mu rugendo ati: “Amen, ngwino Mwami Yesu.” 366<br />

Muri za gereza, ku mambo, no mu mbago, intungane n’abishwe bazira kwizera kwabo<br />

bahamirije ukuri, uko imyaka ihita indi igataha, ni ko haturuka amagambo yatura kwizera<br />

kwabo n’ibyiringiro bari bafite. “Amaze kwemera bidasubirwaho iby’umuzuko wa Kristo,<br />

kandi ko kubw’ibyo na we azazuka ubwo Kristo azaba agarutse, umwe muri abo Bakristo<br />

yaravuze ati: “basuzuguraga urupfu, bakagaragara ko barurusha imbaraga.” 367<br />

Bishimiraga kumanuka bajya mu gituro, kuko “bagombaga kuzavamo banesheje.” 368<br />

Bari bategereje “Umukiza ugomba kuva mu ijuru aje mu bicu no mu ikuzo rya Se,” “maze<br />

akazanira intungane ingoma izahoraho.” Abawalidense na bo bari bafite uko kwizera. 369<br />

Wycliffe yari ategereje kugaruka kw’Umucunguzi nk’ibyiringiro by’itorero. 370<br />

Luteri yaravuze ati: “Niringira rwose ntashidikanya ko imyaka magana atatu itazuzura<br />

umunsi w’urubanza utaragera. Imana ntishaka kandi ntishobora gukomeza kwihanganira iyi<br />

si yacumuye.” “Umunsi ukomeye ubwo ingoma y’ibibi izakurwaho uregereje.” 371<br />

Melanchthon yaravuze ati: “Iyi si ishaje iri hafi kugera ku iherezo ryayo.” Kaluvini<br />

arararikira Abakristo “kudashidikanya ngo babure kwifuza cyane umunsi wo kugaruka kwa<br />

Kristo uzaba ari uw’umunezero uruta iyindi yose yabayeho,” kandi avuga ko, “umuryango<br />

wose w’abizera utazabura kubona uwo munsi.” “Tugomba gusonzera kuzabona Kristo,<br />

tugomba kumushaka, kumutegereza, kugeza mu museke w’uwo munsi ukomeye, ubwo<br />

Umukiza wacu azerekana byuzuye ubwiza bw’ubwami Bwe.” 372<br />

Umugorozi Knox wo muri Sikotilandi na we yaravuze ati: “Mbese Umukiza wacu Yesu—<br />

Kristo ntiyajyanye umubiri wacu mu ijuru? Mbese ntazagaruka? Tuzi ko azagaruka kandi<br />

ntazatinda.” Ridley na Latimer, bemeye guhara ubuzima bwabo bazira ukuri, bari barategereje<br />

kugaruka k’Umukiza bizeye. Ridley yaranditse ati: “Nta gushidikanya isi igeze ku musozo;<br />

ibyo ndabyizeye rwose. Nimutyo dufatanye n’umugaragu w’Imana Yohana, maze<br />

turangururire mu mitima yacu tubwira Umukiza wacu Yesu Kristo tuti, “ngwino Mwami<br />

Yesu!” 373<br />

217

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!