15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

ngo ugendere ku mafarashi yawe, no ku magare y’agakiza kawe.” “Imisozi yarakubonye,<br />

ihinda umushyitsi; amasumo y’amazi arahita; imuhengeri humvikanisha ijwi ryaho, hategera<br />

amaboko yaho hejuru. Izuba n’ukwezi bihagarara mu kibanza cyabyo, ku bw’umucyo<br />

imyambi yawe yagendanaga, no ku bwo kwaka kw’icumu ryawe rirabagirana.” “Wazanywe<br />

no gukiza ubwoko bwawe, kandi no gukiza uwawe wasize.” 356<br />

Igihe Umukiza yari hafi gutandukana n’abigishwa be, yabahumurije mu mibabaro yabo,<br />

abasezeranira ko azagaruka agira ati: “Ntimuhagarike imitima yanyu . . . Mu rugo rwa Data<br />

harimo amazu menshi. Ngiye kubategurira ahanyu. Kandi ubwo ngiye kubategurira ahanyu,<br />

nzagaruka mbajyane iwanjye, ngo aho ndi, namwe muzabeyo.” 357 “Umwana w’umuntu<br />

ubwo azazana n’abamarayika bose, afite ubwiza bwe, ni bwo azicara ku ntebe y’ubwiza bwe:<br />

amahanga yose azateranirizwa imbere ye. ” 358<br />

Abamarayika bamanutse ku musozi wa Elayono nyuma yo kuzamurwa mu ijuru kwa<br />

Kristo, basubiriyemo abigishwa rya sezerano ryo kugaruka kwa Kristo bati: “Yesu,<br />

ubakuwemo akazamurwa mu ijuru, azaza atyo, nk’uko mumubonye ajya mu<br />

ijuru.”(Ibyakozwe 1:11). Ubwo intumwa Pawulo yavugishwaga na Mwuka w’Imana,<br />

yarahamije ati: “Kuko Umwami ubwe azaza, amanutse ava mu ijuru, aranguruye ijwi rirenga,<br />

hamwe n’ijwi rya Marayika ukomeye, n’impanda y’Imana nuko abapfiriye muri Kristo ni bo<br />

bazabanza kuzuka.” 359 Umuhanuzi wo ku kirwa cya Patimosi aravuga ati: “Dore arazana<br />

n’ibicu, kandi amaso yose azamureba. ” 360<br />

Kuza kwe kuzaba kugaragiwe n’ikuzo ry’“ibintu byose bizongera gutunganirizwa, nk’uko<br />

Imana yavugiye mu kanwa k’abahanuzi bera bayo bose, uhereye kera kose.” 361 Ubwo ni<br />

bwo ingoma y’umubi yamaze igihe kirekire izakurwaho. “Ubwami bw’isi buzaba<br />

ubw’Umwami wacu n’ubwa Kristo we, kandi azahora ku ngoma iteka ryose.” 362 “Maze<br />

icyubahiro cy’Uwiteka kizahishurwa, kandi abantu bose bazakibonera rimwe, kuko akanwa<br />

k’Uwiteka ari ko kabivuze.” “Nk’uko ubutaka bumera umumero, kandi nk’uko umurima<br />

umeramo imbuto ziwuhinzwemo, ni ko Umwami Imana izameza gukiranuka n’ishimwe<br />

imbere y’amahanga yose.” “Uwo munsi Uwiteka Nyiringabo azabera abantu be barokotse<br />

ikamba ry’icyubahiro n’umurimbo.” 363<br />

Ubwo nibwo ingoma y’amahoro kandi yategerejwe igihe kirekire ya Mesiya izashyirwaho<br />

mu ijuru. “Uwiteka ahumurije i Siyoni n’imyanya yaho yose yabaye imyirare arayihumurije;<br />

ubutayu bwaho abuhinduye nka Edeni, n’ikidaturwa cyaho akigize nka ya ngobyi y’Uwiteka.”<br />

“Buzahabwa ubwiza bw’i Lebanoni n’igikundiro cy’i Karumeli n’i Sharoni.” “Ntuzongera<br />

kwitwa Intabwa, n’igihugu cyawe ntikizongera kwitwa Umwirare; ahubwo uzitwa<br />

Inkundwakazi n’igihugu cyawe kizitwa Uwashyingiwe.” “Kandi nk’uko umukwe anezererwa<br />

umugeni, ni ko Uwiteka Imana yawe izakunezererwa. ” 364<br />

Kugaruka kwa Yesu kwakomeje kubera abayoboke be ibyiringiro bihoraho mu bihe<br />

byose. Isezerano Umukiza yatanze ubwo yasezeraga ari ku musozi wa Elayono ko azagaruka,<br />

ryateye abigishwa kubona neza ahazaza habo, ryuzuza imitima yabo ibyishimo n’ibyiringiro<br />

216

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!