15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 17 – Integuza za Mugitondo<br />

Umugabane umwe w’ukuri kw’ingenzi kandi kunejeje bihebuje kwahishuwe na Bibiliya,<br />

ni ukuvuga ibyo kugaruka kwa Kristo aje gusoza umurimo ukomeye wo gucungura umuntu.<br />

Ubwoko bw’Imana bwabaye mu rugendo, bukamara igihe butuye mu “gihugu no mu gicucu<br />

cy’urupfu,” bufite ibyiringiro bishyitse kandi bitera ibyishimo bakura mu isezerano ryo<br />

kugaruka kwa Kristo, we “kuzuka n’ubugingo,” ubwo azaba aje “kugarura imuhira abe<br />

bagizwe ibicibwa.” Inyigisho yo kugaruka kwa Kristo ni yo pfundo rw’Ibyanditswe Byera.<br />

Kuva umunsi Adamu na Eva bavaga muri Edeni babogoza amarira, abana b’Imana bakomeje<br />

gutegereza ukuza k’Uwasezeranywe aje gutsemba imbaraga y’umurimbuzi, maze<br />

akabagarura muri Paradizo batakaje. Intungane z’Imana zo mu gihe cya kera zategereje kuza<br />

kwa Mesiya mu ikuzo rye, ngo ibyiringiro byabo bisohore. Enoki wo ku gisekuru cya<br />

karindwi uhereye ku bigeze gutura muri Edeni, wa wundi wagendanye n’Imana ku isi imyaka<br />

magana atatu, yashoboye kubonera kure kugaruka k’Umucunguzi. Yaravuze ati: “Dore,<br />

Uwiteka yazanye n’inzovu nyinshi z’abera be kugira ngo agirire bose ibihura n’amateka<br />

baciriweho.” 351 Mu ijoro ry’umubabaro we, umukurambere Yobu yavuganye ijwi rirenga<br />

ryuzuye ibyiringiro bitanyeganyezwa ati: “Nzi yuko Umucunguzi wanjye ariho, kandi ko<br />

amaherezo azahagarara mu isi. . . nzareba Imana, mfite umubiri. Nzayireba ubwanjye, amaso<br />

yanjye azayitegereza, si ay’undi.” 352<br />

Kugaruka kwa Kristo uzaza kwima ingoma y’ubutabera, byagiye bitera abanditsi<br />

b’Ibyanditswe Byera kuvuga amagambo meza cyane kandi ateye ubwuzu. Abasizi<br />

n’abahanuzi bo muri Bibiliya babyibanzeho cyane mu magambo yagurumagana umuriro<br />

mvajuru. Umwanditsi wa Zaburi yaririmbye ubushobozi n’igitinyiro by’Umwami wa Isiraheli<br />

ati: “Kuri Siyoni, aho ubwiza butagira inenge, ni ho Imana irabagiraniye. Imana yacu izaza<br />

ye guceceka; . . . . Izahamagara ijuru ryo hejuru n’isi na yo; kugira ngo icire ubwoko bwayo<br />

urubanza.” 353 “Ijuru rinezerwe, isi yishime; inyanja ihorerane n’ibiyuzuye. Imbere<br />

y’Uwiteka, kuko agiye kuza, agacira abari mu isi imanza. Azacira abari mu isi imanza<br />

zitabera, azacira amahanga imanza zihwanye n’umurava we.” 354<br />

Umuhanuzi Yesaya yaravuze ati: “Ababa mu mukungugu mwe, nimukanguke muririmbe,<br />

kuko ikime cyawe kimeze nk’igitonda ku byatsi, kandi ubutaka buzajugunya abapfuye.”<br />

“Kandi urupfu azarumira bunguri kugeza iteka ryose. Uwiteka Imana izahanagura amarira ku<br />

maso yose; n’igitutsi batuka ubwoko bwayo azagikura ku isi hose. Uwiteka niwe ubivuze.<br />

Nuko uwo munsi bazavuga ngo: “Iyi ni yo Mana yacu twategerezaga, ni yo izadukiza. Uyu<br />

ni we Uwiteka twategerezaga, tuzanezerwa twishimire agakiza ke.” 355<br />

Na Habakuki ubwo yaterurwaga akajya mu iyerekwa, yabonye kugaruka kwa Kristo.<br />

“Imana yaje iturutse i Temani, ni Iyera iturutse ku musozi Parani. Ubwiza bwayo bwakwiriye<br />

ijuru, kandi isi yuzuye gusingizwa kwayo. Kurabagirana kwayo kwari kumeze nk’umucyo.”<br />

“Irahagarara, igera urugero rw’isi; iritegereza, itataniriza amahanga hirya no hino; Imisozi<br />

ihoraho irasandara; udusozi tudashira turika; imigenzereze yayo ihoraho iteka ryose.” “Kugira<br />

215

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!