15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

gutegeka umutimanama wabo. Ni ihame umuntu wese avukana adashobora gukurwamo<br />

n’ikintu icyo ari cyo cyose.” 347<br />

Ubwo inkuru yasakaraga mu bihugu by’i Burayi ko hari ahantu umuntu wese yishimira<br />

imbuto z’umurimo we kandi agakurikiza ibyo umutimanama we umwemeza nta nkomyi,<br />

abantu ibihumbi n’ibihumbi bafashe urugendo berekeza ku nkombe za Amerika (Isi Nshya).<br />

Ibihugu by’ubukoloni byiyongereye vuba vuba. “Leta ya Massachusets, mu itegeko ryayo<br />

ridasanzwe, yemeje ko izajya yakira kandi igafasha Abakristo bose bayizamo ikoresheje<br />

umutungo wayo kandi itarobanuye igihugu bakomokamo, igihe cyose bazaba bahunga inzara,<br />

intambara cyangwa gutotezwa bakambukiranya inyanja ya Atlantika. Uko ni ko hakurikijwe<br />

itegeko, abahungagaga bose n’abari barakandamijwe bagiye bafatwa nk’abashyitsi muri icyo<br />

gihugu.” 348 “Mu myaka makumyabiri nyuma yuko abantu ba mbere bageze i Plymouth,<br />

Abagenzi ibihumbi byinshi bari bamaze gutura ahiswe Ubwongereza Bushya .<br />

Kugira ngo bagere ku cyo bifuzaga, “bashimishwaga no kunguka duke baheshwaga<br />

n’imibereho yo kudapfusha ubusa ndetse no gukora cyane. Nta kindi bitegaga kubona mu<br />

butaka uretse umusaruro nyakuri uva ku mihati yabo. Ntacyo bemereraga kubashukashuka<br />

cyabashaga kuba hafi y’inzira biyemeje kunyuramo . . . Bashimishwaga n’amajyambere<br />

agerwaho buhoro buhoro ariko mu buryo buhamye mu mibanire yabo. Bihanganiraga<br />

ubuzima bubagoye bwo mu butayu, bakavomerera igiti cy’umudendezo barira kandi babira<br />

icyuya kugeza igihe cyashingiye umuzi kigahama muri icyo gihugu.”<br />

Bafataga ko Bibiliya yose ari yo shingiro ryo kwizera, isoko y’ubwenge, n’ishingiro<br />

ry’umudendezo. Amahame ya Bibiliya yitabwaho akigishwa mu ngo, mu mashuri no mu<br />

nsengero kandi yeraga amatunda y’ubushobozi, ubwenge, ubutungane no kwirinda.<br />

Washoboraga kuba aho abo bantu b’abanyadini bari batuye ukahamara imyaka myinshi ariko<br />

“ntiwigere ubona umuntu wasinze, cyangwa ngo wumve urahira ibinyoma, cyangwa ngo<br />

ubone usabiriza.” 349 Byari byaragaragaye ko amahame ya Bibiliya ari yo arinda ubusugire<br />

bw’igihugu by’ukuri akagihesha gukomera. Twa turere tw’ubukoloni twari dufite intege nke<br />

kandi tutegeranye twaje gukura dukora ishyirahamwe rya za Leta zikomeye, maze abatuye isi<br />

batangazwa no kubona amahoro no kugubwa neza by’“itorero ritayobowe na Papa ndetse na<br />

Leta idategekwa n’umwami.”<br />

Ariko umubare w’abambukaga berekeje ku nkengero za Amerika wakomezaga<br />

kwiyongera, nyamara babaga babitewe n’impamvu itandukanye cyane n’iy’abababanjirije.<br />

Nubwo kwizera n’ubutungane byarangaga aba mbere byagiraga imbaraga yiganza kandi<br />

ihindura, ubushobozi bwabyo bwagiye bugabanyuka bitewe n’uko umubare w’abashakaga<br />

inyungu z’iby’isi gusa wiyongeraga.<br />

Itegeko ryari ryarashyizweho n’abigaruriye utwo turere bwa mbere ryaheshaga abanyadini<br />

gusa uburenganzira bwo gutora cyangwa kubona umurimo mu butegetsi bwa Leta, ryaje<br />

guteza ingaruka mbi cyane. Icyo cyemezo cyari cyarafashwe ari uburyo bwo kubungabunga<br />

ubutungane bwa Leta, ariko cyaje kubyara gusaya mu bibi kw’itorero. Kubera ko kugaragaza<br />

212

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!