15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Mu myaka hafi mirongo ine nyuma yuko Kristo ubwe avuze akaga kazagera kuri<br />

Yerusalemu, Umukiza yagiye atinza ibihano yari yarakatiye uwo mujyi n’icyo gihugu.<br />

Kwihangana Imana yagiriye abantu banze ubutumwa bwayo bwiza kandi bakica Umwana<br />

wayo kwari agahebuzo. Umugani w’igiti cy’umutini kiteraga imbuto werekanaga ibyo Imana<br />

yagiriye ishyanga ry’Abayuda. Hari haratanzwe itegeko rivuga ngo «Uwuce, urakomeza<br />

kunyunyuriza iki ubutaka?» (Luka 3:17), nyamara imbabazi z’Imana zari zaragiye zireka icyo<br />

giti kikagumya kubaho kitaranduwe. Mu Bayuda hari hakirimo benshi bari bataramenya<br />

imico n’umurimo bya Kristo. Abana bari batarabona amahirwe kandi batarakira umucyo<br />

ababyeyi babo bari baranze bakanasuzugura. Binyuze mu gikorwa cyo kubwiriza ubutumwa<br />

cy’intumwa ndetse n’abazifashaga, Imana yari gutuma barasirwa n’umucyo. Yari kubemerera<br />

kwibonera ukuntu ubuhanuzi bwagiye busohora bitari gusa mu ivuka rya Yesu no mu<br />

mibereho ye, ahubwo no mu rupfu rwe no kuzuka kwe. Ntabwo abo bana bahowe ibyaha<br />

by’abayeyi babo; ariko igihe bamaraga kumenya umucyo wose ababyeyi babo bahawe, maze<br />

bakanga kwemera uwiyongereyeho na bo ubwabo bahawe, bahindutse abafatanyacyaha<br />

n’ababyeyi babo, maze buzuza urugero rw’ibibi byabo.<br />

Kuba Imana yarihanganiye ab’i Yerusalemu ntacyo byabamariye ahubwo byashimangiye<br />

Abayuda mu gutsimbarara ku kutihana kwabo. Mu kwanga abigishwa ba Yesu no kubagirira<br />

nabi, banze kwakira imbabazi ziheruka bari bahawe. Icyakurikiyeho rero ni uko Imana<br />

yabakuyeho uburinzi bwayo kandi ibakuraho imbaraga yayo yabakingiraga Satani<br />

n’abamarayika be maze igihugu gisigara kiri mu maboko y’umuyobozi bihitiyemo. Abaturage<br />

bacyo bari barahinyuye ubuntu bwa Kristo bwajyaga kubabashisha gutsinda ingeso mbi zabo,<br />

none ni zo zari zisigaye zibitegekera. Satani yabyukije ibyifuzo by’ubugome n’ubuhenebere<br />

bukabije mu mitima yabo. Abantu ntibari bagitekereza, bari bararenze igaruriro—basigaye<br />

bayoborwa n’ibibajemo n’ibisazi. Babaye aba Satani mu bugome bwabo. Mu miryango no<br />

mu gihugu cyose, mu bantu bo mu nzego zo hejuru n’abo mu zo hasi, hariho kutizerana,<br />

kugirirana ishyari, kwangana, amakimbirane, ubwigomeke ndetse n’ubwicanyi. Nta hantu na<br />

hamwe hari umutekano. Abari incuti ndetse n’abari bafitanye isano baragambaniranaga.<br />

Ababyeyi bahotoraga abana babo, abana na bo bagahotora ababyeyi babo. Abategetsi b’iryo<br />

shyanga ntibari bashoboye kwiyobora ubwabo. Ibyifuzo by‘abo batashoboraga gutegeka<br />

byari byarabagize abategetsi b’abanyagitugu. Abayuda bari baremeye ubuhamya<br />

bw’ibinyoma kugira ngo bicishe Umwana w’Imana utagira inenge. Muri icyo gihe rero<br />

ibirego by’ibinyoma byari bitumye ubuzima bwabo bubura ishyikizo n’umutekano. Binyuze<br />

muri ibyo bikorwa byabo, bari bamaze igihe kirekire bavuga ngo «mutume Umuziranenge wa<br />

Isirayeli atuvamo rwose. »Yesaya 30:11. Icyo gihe bahawe icyo bifuzaga. Kubaha Imana<br />

ntibyari bikibahangayikishije. Satani ni we ubwe wari wiyoboreye icyo gihugu kandi ni we<br />

wakoreshaga abategetsi bo ku rwego rwo hejuru bayoboraga abaturage ku rwego rwa leta<br />

n’urw’idini.<br />

Hari igihe abakuru b’udutsiko twabaga duhanganye bishyiraga hamwe kugira ngo<br />

banyage kandi bice urubozo abo bafashe mpiri, maze na none ingabo zabo zikongera<br />

14

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!