15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

ukwihangana kwabo kudacogora kwaje gutsinda maze babona ubuhungiro ku nkengero<br />

z’Igihugu cy’Ubuhorandi.<br />

Mu buhungiro, bari barasize ingo zabo, ibintu byabo n’ibyababeshagaho byose. Bari<br />

abanyamahanga mu gihugu cy’amahanga, bari hagati y’abantu bavuga urundi rurimi kandi<br />

bafite indi mico. Kugira ngo bashobore kubona ikibatunga, byabaye ngombwa ko bashaka<br />

imirimo batari bamenyereye gukora. Abagabo b’ibikwerere bari baramenyereye guhinga mu<br />

mibereho yabo yose, noneho bagombaga kwiga imyuga. Ariko bemeye iyo mibereho<br />

banezerewe maze ntibagira igihe batakaza mu bunebwe cyangwa kwivovota. Nubwo akenshi<br />

bazahazwaga n’ubukene, bashimiraga Imana imigisha yabahaga kandi bagiriraga ibyishimo<br />

mu gusabanira hamwe mu by’umwuka ntacyo bikanga. “Bari bazi neza ko ari abagenzi, ibyo<br />

bigatuma iby’ubukene bafite batabyitaho ahubwo bagahanga amaso yabo mu ijuru, ari cyo<br />

gihugu bakundaga kandi bari barangamiye kuruta ibindi byose, ibyo bigatuma bumva batuje<br />

mu mitima yabo.” 333<br />

Mu buhungiro n’uburushyi, urukundo rwabo no kwizera kwabo byarushijeho gukomera.<br />

Biringiraga amasezerano y’Uhoraho kandi ntiyaburaga kubitaho mu bihe byagaba<br />

bibakomeye. Abamarayika b’Uhoraho babaga iruhande rwabo kugira ngo babatere ubutwari<br />

kandi babafashe. Igihe ukuboko k’Uwiteka kwaberekaga hakurya y’inyanja aho bashobora<br />

gushinga Leta yabo kandi bakazasigira abana babo umurage ufite agaciro kenshi<br />

w’umudendezo mu by’idini, bakurikiraga inzira Imana ibayoboyemo nta mususu.<br />

Imana yari yaremeye ko ubwoko bwayo bunyura mu birushya kugira ngo ibutegurire<br />

gusohoza imigambi myiza yari ibafitiye. Itorero ryacishijwe bugufi kugira ngo amaherezo<br />

rizashyirwe hejuru. Imana yari iri hafi kuryereka ubushobozi bwayo, guha abatuye isi yose<br />

ikindi gihamya cy’uko Imana itazigera ihana abayiringira. Imana yari yarayoboye ibyabayeho<br />

kugira ngo itume uburakari bwa Satani ndetse n’ubugambanyi bw’abantu babi byamamaza<br />

ikuzo ryayo kandi igeze ubwoko bwayo ahantu hari umutekano. Itoteza no guhunga<br />

byafunguraga inzira yerekeza ku mudendezo.<br />

Ubwo bahatirwaga bwa mbere gutandukana n’Itorero ry’Ubwongereza, nk’ubwoko<br />

bw’Uhoraho bufite umudendezo, “Abaharanira Ubutungane” bari barifatanyirije hamwe mu<br />

ndahiro ikomeye yo “kugendera hamwe mu nzira Ze zose basanzwe bazi cyangwa izo<br />

Azabamenyesha.” 334 Aha niho herekanaga umwuka nyakuri w’ubugorozi n’ihame shingiro<br />

ry’Ubuporotesitanti. Aba bagenzi bavuye mu Buholandi bafite uyu mugambi maze bajya<br />

gushaka aho baba muri Amerika. Umupasitoro wabo witwaga Yohani Robinson, wabujijwe<br />

kubaherekeza binyuze mu buryo bw’uburinzi bw’Imana, ubwo yavugaga ijambo ryo gusezera<br />

kuri abo bahungaga yaragize ati:<br />

“Bavandimwe nkunda, ubu mu kanya gato tugiye gutandukana kandi Imana ni Yo izi niba<br />

nzaba nkiriho ngo nzongere kubabona. Ariko Imana yabyemera cyangwa itabyemera,<br />

ndabingingira mu maso y’Imana n’Abamarayika bayo bera ngo muzankurikize<br />

mudatandukiriye uko nakurikije Kristo. Imana nigira icyo ari cyo cyose ibahishurira<br />

208

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!