15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 16 – Abakurambere B’Abimukira<br />

Ubwo Abagorozi bo mu Bwongereza bangaga inyigisho z’i Roma, bakomeje gukora imwe<br />

mu migenzo y’itorero ry’i Roma. Bityo, nubwo bari baranze ubutegetsi n’indangakwemera<br />

bya Roma, hari byinshi mu migenzo n’imihango byinjijwe mu buryo bwo gusenga bw’Itorero<br />

ry’Ubwongereza. Bavugaga ko ibyo atari ikibazo kireba umutimanama; ko nubwo ibyo bitari<br />

bitegetswe n’Ibyanditswe Byera kandi bikaba bitari na ngombwa, nyamara kandi ntibibe<br />

bibuzanyijwe, ntabwo byo ubwabyo byari bibi. Kubikurikiza byerekezaga ku kugabanya<br />

umworera watandukanyaga itorero ry’i Roma n’amatorero avuguruwe, ndetse bavugaga ko<br />

ibyo bishobora gutuma abayoboke b’itorero ry’i Roma bemera ukwizera<br />

kw’Abaporotesitanti.<br />

Ibyo bitekerezo byanogeye abadashaka kuva ku izima kandi bashaka ubwumvikane.<br />

Nyamara hari hariho irindi tsinda ritabibonaga rityo. Uko babibonaga, kuba iyo migenzo ”<br />

yarerekezaga ku kubaka iteme rihuza Roma n’Ubugorozi”, 329 iyo yari impamvu ihagije yo<br />

gutuma barwanya kuyigumana. Bafataga iyo migenzo nk’ibimenyetso by’uburetwa bari<br />

barakuwemo kandi batashoboraga kongera gusubiramo rwose. Batekerezaga ko mu Ijambo<br />

ryayo Imana yashyizemo amabwiriza agenga uko ikwiriye gusengwa, kandi ko abantu<br />

badafite umudendezo wo kugira icyo bongeraho cyangwa bagabanyaho. Itangiriro<br />

ry’ubuhakanyi bukomeye ryatangiriye ku gushaka gufata ubutegetsi bw’Imana<br />

bugasimbuzwa ubw’Itorero. Roma yatangiye ibuzanya ibyo Imana itigeze ibuzanya maze<br />

iherukiriza ku kubuzanya ibyo Imana yategetse.<br />

Abantu benshi bashakaga cyane kugaruka ku butungane no kwiyoroshya byarangaga<br />

itorero rya mbere. Bafataga byinshi mu migenzo yahawe intebe mu Itorero ry’Ubwongereza<br />

nk’aho ari amashusho yo gusenga ibigirwamana, bityo mu mutimanama wabo ntibashoboraga<br />

kwifatanya n’iryo torero mu masengesho yaryo. Ariko kubera ko itorero ryari rishyigikiwe<br />

n’ubutegetsi bwa Leta, ntiryashoboraga kwemera ko habaho ibitekerezo bihabanye biba mu<br />

mihango yaryo. Itegeko ryasabaga ko abantu bose baboneka mu gihe cyo gusenga kandi<br />

rikabuzanya amateraniro yose mu by’idini atatangiwe uburenganzira, ubirenzeho wese akaba<br />

yahanishwa igifungo, gucibwa mu gihugu, cyangwa kwicwa.<br />

Mu itangira ry’ikinyejana cya cumi na karindwi, umwami wari umaze kwima ingoma mu<br />

Bwongereza yatangaje ko yiyemeje guhatira “Abaharanira Ubutungane” 330 “gukurikiza<br />

amategeko y’Itorero ry’Ubwongereza, bitaba ibyo bakameneshwa mu gihugu cyangwa<br />

bakagerwaho n’ishyano.” 331 Kubera ko bahigwaga, bagatotezwa kandi bagafungwa,<br />

ntibabonaga ko ahazaza hazigera haba heza ku buryo benshi muri bo bageze ubwo babona<br />

“ko Ubwongereza butakiri ahantu ho guturwa n’abantu bashaka gukorera Imana bakurikije<br />

ibyo umutimanama wabo ubategeka.” 332 Amaherezo bamwe biyemeje guhungira mu<br />

Buholandi. Bahuye n’ingorane, ibihombo, ndetse no gufungwa. Imigambi yabo yakomwaga<br />

mu nkokora maze bakagambanirwa bagashyikirizwa abanzi babo. Nyamara amaherezo<br />

207

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!