15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igihe Ubufaransa bwangaga Imana ku mugaragaro kandi bukamagana Bibiliya, abantu<br />

b’abagome n’imyuka y’umwijima banejejwe n’uko bageze ku cyo bifuje kuva kera ari cyo:<br />

ubutegetsi butagira ibyo bubuzwa n’amategeko y’Imana. Kubera ko iteka ricirwaho imigirire<br />

mibi ritihutishwaga, ni cyo cyatumye imitima y’abantu “ishishikarira gukora ibibi.” 320<br />

Nyamara kugomera amategeko atunganye kandi y’ukuri byanze bikunze bigomba<br />

gukurikirwa n’ingaruka mbi z’ubuhanya no kurimbuka. Nubwo ibihano by’Imana bitahitaga<br />

bibaho, ubugome bw’abantu ntibwabuze guteza ingaruka zabwo mbi. Ibinyejana byinshi<br />

by’ubuhakanyi n’ubugome byagiye birundanya uburakari kugeza umunsi wo guhabwa<br />

ibihano; kandi ubwo ibicumuro byabo byabaga bimaze kugwira, abasuzuguraga Imana<br />

basobanukirwaga batinze ko kuba barakerenseje kwihangana kw’Imana ari ikintu giteye<br />

ubwoba. Mwuka w’Imana ukumira abantu, kandi utsinda imbaraga y’ubugome bwa Satani<br />

yakuweho mu buryo bukomeye bityo Satani unezezwa n’amakuba y’abantu gusa ahabwa<br />

uburenganzira bwo gukora ibyo ashaka. Abantu bari barahisemo umurimo w’ubwigomeke<br />

bararetswe basarura ingaruka zabwo kugeza ubwo igihugu cyuzuyemo ubwicanyi bukabije<br />

umwanditsi atashobora kurondora. Mu ntara zabaye umusaka n’imijyi yabaye amatongo<br />

humvikanaga ijwi ryo gutaka gukomeye — kwari ugutaka gutewe n’ishavu ryinshi.<br />

Ubufaransa bwahinze umushyitsi nk’ubutigishijwe n’umutingito w’isi. Idini, amategeko,<br />

gahunda mu bantu, umuryango, Leta n’itorero byose byasenywe n’ikiganza gihumanye cyari<br />

cyarahagurukiye kurwanya amategeko y’Imana. Umunyabwenge yavuze ukuri ubwo<br />

yagiraga ati: “Umunyabyaha azagushwa n’ibyaha bye.” “Nubwo umunyabyaha ashobora<br />

gukora ibikorwa bibi ijana akarenga akaramba, nzi neza ko abubaha Imana bazagubwa neza.”<br />

321 “Kuko banze kumenya, kandi ntibahisemo kubaha Uwiteka;” “ni cyo gituma bazarya<br />

ibiva mu ngeso zabo, kandi bazahazwa n’imigambi yabo.” 322<br />

Kwicwa kw’abahamya b’Imana b’indahemuka bishwe na bwa butegetsi butuka Imana<br />

“bwavuye ikuzimu,” ntibyajyaga kumara igihe kirekire bicecetswe. “Iyo minsi itatu n’igice<br />

ishize, umwuka w’ubugingo uva ku Mana winjira muri bo, baherako barahaguruka: ubwoba<br />

bwinshi butera ababibonye.” 323 Mu mwaka wa 1793 ni ho itegeko rikuraho iby’idini kandi<br />

rikabuzanya Bibiliya ryatowe n’Inama nkuru y’igihugu cy’Ubufaransa. Hashize imyaka itatu<br />

n’igice, iyo nama yaje kwivuguruza maze iha umudendezo Ibyanditswe Byera. Abatuye isi<br />

bari baratewe ubwoba n’ibibi bikomeye byari byarabaye ingaruka zo kwirengagiza<br />

Ibyanditswe Byera, kandi abantu bamenya akamaro ko kwizera Imana n’ijambo ryayo<br />

nk’ishingiro ry’ubutungane n’imico-mbonera. Uhoraho yaravuze ati: “Uwo watonganije<br />

ukamutuka ni nde? Ni nde wakanitse ukamureba igitsure? Ni Uwera wa Isirayeli.” 324 “Dore<br />

noneho ngiye kubamenyesha, ni ukuri ngiye kubamenyesha ukuboko kwanjye n’imbaraga<br />

zanjye; na bo bazamenya yuko izina ryanjye ari Yehova.” 325<br />

Ku byerekeye ba bahamya babiri umuhanuzi yongeraho ati: “Bumva ijwi rirenga rivugira<br />

mu ijuru ribabwira riti, “Nimuzamuke muze hano.” Nuko bazamukira mu gicu, bajya mu<br />

ijuru, abanzi babo babireba.” 326 Kuva igihe Ubufaransa burwanyirije abahamya babiri<br />

b’Imana, nibwo barushijeho kubahwa kuruta mbere. Mu mwaka wa 1804 niho Umuryango<br />

205

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!