15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze<br />

igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu<br />

cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe,<br />

abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye<br />

umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi<br />

gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.<br />

Abaturage bari barize amasomo yo kugira nabi no kwica urubozo Roma yigishije.<br />

Amaherezo, igihe cyo gusarura ibyo babibye cyararageze. Ubu noneho ntabwo ari abigishwa<br />

ba Yesu bashyirwaga muri za kasho kandi ngo bajyanwe kwicwa. Hari hashize igihe kirekire<br />

abo bigishwa ba Yesu barabamariye ku icumu naho abandi barahunze. Noneho Roma<br />

itaragiraga imbabazi yumvise imbaraga zirimbura z’abo yari yaratoje kwishimira gukora<br />

ibikorwa byo kuvusha amaraso. “Urugero rubi rwo gutoteza abayobozi b’idini bo mu<br />

Bufaransa batanze mu myaka myinshi, noneho rwabagarukiye rufite imbaraga zikomeye. Aho<br />

biciraga abantu hatembaga imivu y’amaraso y’abapadiri. Amato na za gereza byari byarigeze<br />

kuzuramo Abahugeno (Huguenots), noneho byari byuzuyemo ababatotezaga. Abayobozi<br />

b’itorero Gatolika ry’i Roma babohewe ku ntebe zo mu mato, bakagashya mu buryo<br />

bubaruhije maze nabo bagerwaho n’akaga itorero ryabo ryari ryaranyujijemo abantu bari<br />

abagwaneza ryitaga abahakanyi.”<br />

“Noneho haje kubaho igihe ubwo abari inkozi z’ibibi kurusha abandi mu nkiko zose ari<br />

bo bashyiraga mu bikorwa amategeko yuzuye ubugome bw’indengakamere. Icyo gihe nta<br />

muntu washoboraga gusuhuza mugenzi we cyangwa ngo ashobore gusenga ngo bibure<br />

kumubera icyaha kimwicisha. Ingenza zabaga zihishe ahantu hose; buri gitondo inkerezo<br />

zakoreshwaga baca abantu imitwe zakoraga ubudahwema. Za kasho zabaga zuzuye imfungwa<br />

nk’uko ibyumba by’ubwato bwatwaraga inkoreragahato byabaga bimeze; icyo gihe<br />

imiyoboro yatembaga imivu y’amaraso iyohereza mu ruzi rwitwa Seine. . . .Muri icyo gihe<br />

ibimodoka bitunda abantu bagiye kwicwa byanyuraga buri munsi mu duhanda tw’i Paris<br />

bibajyanye aho bari bwicirwe. Abayobozi batandukanye bari baroherejwe n’inama y’ibwami<br />

ngo bajye gukora mu nzego zitandukanye, bishimiraga kwishora mu bwicanyi bukomeye<br />

budakekwa kugeza no mu murwa mukuru. Cya cyuma cyakoreshwaga baca abantu imitwe<br />

cyarazamukaga kikamanuka buboro buhoro maze kikarangiza umurimo bagikoreshaga.<br />

Imirongo miremire y’ababaga bagiye kwicwa yanyuzwagamo urusasu bakarambarara hasi.<br />

Amato yuzuwemo abajya kwicwa yatoborwagamo imyobo hasi. Umujyi wa Lyons<br />

wahindutse ubutayu. Mu karere ka Arras, imfungwa zasabaga kwicwa urupfu rubi ariko<br />

rwihuse nyamara ntibabyemererwe. Ahazengurutse Loire hose uhereye i Saumur ukageza ku<br />

nyanja, ibisiga byose n’inkongoro byahazwaga no kurya imirambo yanamye ku gasozi nta<br />

kenda kayikingirije, ihambiranije. Nta mpuhwe zishingiye ku gitsina cyangwa ku myaka<br />

y’ubukuru zabagaho. Umubare w’abana b’abahungu n’abakobwa b’imyaka cumi n’irindwi<br />

bishwe n’ubwo butegetsi bubi ubarirwa mu magana menshi. Impinja zikuwe ku mabere ya ba<br />

203

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!