15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

bari bamaze igihe kirekire bubaha ikinyoma cyasigirijwe, maze ukuri n’ikinyoma babyangira<br />

icyarimwe. Kubera kwitiranya uburenganzira n’umudendezo, abantu bari barabaye imbata<br />

z’ingeso mbi bishimiye cyane umudendezo bibwiraga ko bafite.<br />

Mu itangira ry’Impinduramatwara, kubw’uburenganzira bahawe n’umwami, abaturage<br />

bahawe amahirwe yo kugira ababahagararira mu Nteko y’igihugu baruta ubwinshi umubare<br />

w’abakomeye ndetse n’abayobozi b’idini bose hamwe. Kubw’ibyo, uruhare runini<br />

rw’ububasha rwari mu maboko yabo nyamara ntabwo bari biteguye kubukoresha mu buryo<br />

bw’ubwenge n’ubushishozi. Bari bashishikariye cyane gukosora ibibi byari byarabababaje<br />

maze biyemeza gutangira kongera kubaka umuryango mugari w’Abafaransa. Rubanda rwari<br />

rwarasuzuguwe kandi intekerezo zabo zuzuyemo ibitekerezo bibabaje kandi bibamazemo<br />

igihe kirekire by’ibibi bagiriwe, biyemeje kwiganzura ubutindi bari batagishoboye<br />

kwihanganira ndetse biyemeza no kwihorera ku bo bafataga ko ari bo ntandaro y’imibabaro<br />

bari barimo. Abari barakandamijwe bashyize mu bikorwa inyigisho bari barize igihe<br />

bategekeshwaga igitugu maze nabo bihimura ku bari barabakandamije.<br />

Ubufaransa bwasaruye amaraso mu mbuto bwari bwarabibye. Kumvira ubutegetsi bw’i<br />

Roma kwabubyariye ingaruka zibabaje cyane. Mu itangira ry’Ubugorozi, ahantu Ubufaransa<br />

bwari bwarashinze imambo zo gutwikiraho abantu bukoreshejwe n’ubupapa, ni ho<br />

Impinduramatwara yashinze icyuma cya mbere cyakoreshwaga mu guca abantu imitwe.<br />

Ahantu abazize kwizera kwabo ba mbere b’Abaporotesitanti batwikiwe mu kinyejana cya<br />

cumi na gatandatu ni naho abantu ba mbere baciriwe imitwe mu kinyejana cya cumi<br />

n’umunani. Mu kwanga ubutumwa bwiza buba bwarazaniye Ubufaransa umuti w’ikibazo,<br />

Ubufaransa bwakinguriye amarembo guhakana Imana no kurimbuka. Ubwo ibyo amategeko<br />

y’Imana abuza abantu byari bikuweho, byagaragaye ko amategeko yashyizweho n’abantu<br />

adashoboye gukoma mu nkokora ibyifuzo bibi bya muntu; maze igihugu kigwa mu kaga<br />

k’imyivumbagatanyo no kwigira ibyigenge. Urugamba rwo kurwanya Bibiliya rwatangije<br />

igihe cyiswe “Ingoma y’Iterabwoba”mu mateka y’isi . Amahoro n’umunezero byari<br />

bitakirangwa mu mitima y’abantu no mungo zabo. Nta muntu n’umwe wari ufite umutekano.<br />

Umuntu wabaga afite insinzi uyu munsi, ejo yarakekwaga maze agacirwa urwo gupfa.<br />

Ubugizi bwa nabi no gutwarwa n’irari byari gikwira.<br />

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera<br />

amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe<br />

cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira.<br />

Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara.<br />

Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana<br />

abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba.<br />

Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa<br />

buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi<br />

n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage<br />

bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.”<br />

202

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!