15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

kumanuka ngo yinjire mu nzu ye, bona yemwe no kwinjiramo ajyanywe no kuvanamo<br />

ubutunzi burusha ubundi agaciro mu bwo yari kuba afite bwose. Abari kuba bari gukora mu<br />

mirima yabo cyagwa mu mizabibu yabo, ntibagombaga gusubira inyuma ngo bajye gufata<br />

imyambaro barambitse hasi mu gihe bari kuba bahinga ku manywa hariho icyokere.<br />

Ntibagombaga kugira akanya na gato bapfusha ubusa kugira ngo batarimbukana na rubanda<br />

rwose.<br />

Ku ngoma y’umwami Herode, ntabwo Yerusalemu yari yararimbishijwe gusa, ahubwo<br />

bitewe n’uko kuyubakaho iminara, inkike ndetse n’ibihome byari byarongereye gukomera<br />

yari isanganywe, byari byaratumye igaragara nk’idashobora guterwa no kuvogerwa. Muri<br />

icyo gihe, uwari kuvuga ku mugaragaro ko izarimbuka yari kwitwa umuterabwoba urwaye<br />

mu mutwe nk’uko Nowa yiswe n’abo mu gihe cye. Ariko Kristo yari yaravuze ati : «Ijuru<br />

n’isi bizashira, ariko amagambo yanjye ntazashira na hato”. Matayo 24:35. Ibyaha by’ab’i<br />

Yerusalemu ni byo byari byaratumye ibwirwa ko izagerwaho n’uburakari bw’Imana, kandi<br />

kwinangira mu kutizera kwabo kwatumye akaga kari kayirindiriye kaba impamo.<br />

Imana yari yaravugiye mu muhanuzi Mika iti : « Nimwumve ibi batware b’inzu ya Yakobo<br />

n’abacamanza b’inzu ya Isirayeli, mwanga imanza zitabera mukagoreka ibitunganye byose.<br />

Bubakishije i Siyoni amaraso bavushije, n’i Yerusalemu bakahubakisha gukiranirwa.<br />

Abatware baho bacira imanza impongano, n’abatambyi baho bigishiriza ibihembo,<br />

n’abahanuzi baho baragurira ingemu, nyamara bisunga Uwiteka bakavuga bati « Mbese<br />

Uwiteka ntari muri twe ? Nta kibi kizatuzaho.” Mika 3:9-11.<br />

Aya magambo yerekanaga neza imiterere y’abaturage b’i Yerusalemu bari barasaye mu<br />

bibi kandi bakigira intungane. Nubwo bavugaga ko bubahiriza amategeko y’Imana<br />

badakebakeba, bacumuraga ku mahame yose ayakubiyemo. Banze Kristo bamuziza ko<br />

ubutungane n’ubuziranenge bwe bwashyiraga ahagaragara gukiranirwa kwabo; nuko<br />

bakamurega ko ari we nkuruzi y’ibyago byose byari byarabagezeho nk’ingaruka z’ibyaha<br />

byabo. Nubwo bari bazi neza ko nta cyaha agira, bari baravuze ko akwiriye gupfa kugira ngo<br />

bo nk’ishyanga babone umutekano. Abayobozi b’Abayuda baravuze bati: « Nitumureka dutya<br />

bose bazamwizera, kandi Abaroma bazaza barimbure umurwa wacu n’ubwoko bwacu. »<br />

Yohana 11:48.<br />

Bumvaga ko Kristo nabambwa bazongera bakaba ishyanga rikomeye kandi rishyize<br />

hamwe. Nguko uko bibwiraga maze bashyigikira umwanzuro wafashwe n’umutambyi<br />

mukuru wabo, ko ibyiza ari uko umuntu umwe yapfa aho kugira ngo igihugu cyose kirimbuke.<br />

Uko ni ko abakuru b’Abayuda bubakishije « Siyoni amaraso bavushije, n’i Yerusalemu<br />

bakahubakisha gukiranirwa.» Mika 3:10. Nyamara igihe babambishaga Umukiza bamuhora<br />

ko abacyaha kubera ibyaha byabo, bigize intungane ku buryo bifashe nk’ishyanga Imana<br />

yatonesheje bityo bakibwira ko izabavana mu bubata bw’abanzi babo. Umuhanuzi<br />

yarakomeje aravuga ati « Kubera ibyo mukora, Siyoni izahinduka nk’intabire. Yeruzalemu<br />

izahinduka amatongo, umusozi wubatsweho Ingoro y’Uhoraho uzahinduka ishyamba.»15<br />

13

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!